• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Ubwanditsi 23 Dec 2022 Amakuru, IMIKINO

Ubwo hakinwaga umunsi wa nyuma w’imikino ibanza muri shampiyona y’u Rwanda izwi nka Primus National League, ikipe ya  Rayon Sports yatsinzwe na Gasogi igitego kimwe ku busa naho Kiyovu SC itsindira i Rubavu Marines FC.

Mu mukino wabereye kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo, Rayon Sports yari yakiriye Gasogi United yari yahize gutsinda uyu mukino bitewe n’ihatana rikunze kumvikana hagati y’impande zombi.

Rayon Sports yari yakiriye  uyu mukino, yari yakoze impinduka kubakinnyi bamwe na bamwe babanjemo, aha twavuga nka Nkurunziza Felicien usanzwe akina ku ruhande inyuma yakinishiwe mu mutima w’abugarira naho Kanamugire Roger udasanzwe abanzamo yatangiye uyu mukino.

Mu ntangiriro z’uyu mukino watangiye amakipe yombi asatirana ariko cyane cyane Gasogi United niyo yari imbere y’izamu rya Rayon cyane, ibi byaje no gukurikirwa no kugongana kwa Maxwell n’umunyezamu Hakizimana Adolphe wanahise asimbuzwa ndetse anajyanwa kwa Muganga ako kanya.

 

Gusimburwa kw’abakinnyi bitewe n’imvune byakomereje kuri Leandre Onana nawe wakorewe ikosa n’umukinnyi wa Gasogi United, ibi byatumye uyu mukinnyi ava mu kibuga asimburwa n’umunyakenya Paul Were.

Igice cya mbere kigiye kurangira ubwo hari muminota y’inyongera, nibwo Gasogi United yabonye igitego cyatsinzwe na Malipangu Christian bityo amakipe yombi ajya kuruhuka Gasogi United iyoboye ku gitego kimwe ku busa.


Igice cya Kabiri cy’uyu mukino cyaranzwe no guhanahana kw’ikipe ya Rayon Sports ndetse na Gasogi United ikanyuzamo igasatira, ariko ntakintu byatanze kuko uyu mukino warangiye ntazindi mpinduka zigaragayemo, umukino ukaba warangiye Gasogi United itsinze Rayon Sports igitego kimwe ku busa.

Muwundi mukino w’umunsi wa 15 wabaye kuri uyu wa gatanu, Marines FC yatsinzwe na Kiyovu SC igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Muhoozi Fred wataindaga igitego cye cya mbere muri uyu mwaka w’imikino wa 2022-2023.

Igice kibaza cya shampiyona y’u Rwanda kikaba kirangiye AS Kigali iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 30, Kiyovu SC ikaba ku mwanya wa kabiri nayo banganya amanota naho APR FC yo ikaba ku mwanya wa gatatu n’amanota 28.

Amakipe abiri ya nyuma ni Marines FC ya cumi na Gatanu, na Espoir FC ya nyuma ya 16.

Biteganyijwe ko shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura izagaruka mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gashyantare 2023.

 

2022-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Eyob Metkel yongeye kwegukana agace ka tour du Rwanda Areruya Joseph agumana Maillot jaune

Eyob Metkel yongeye kwegukana agace ka tour du Rwanda Areruya Joseph agumana Maillot jaune

Ubwanditsi 18 Nov 2017
PSD yemeje ko umukandida izatanga mu matora ari Paul Kagame

PSD yemeje ko umukandida izatanga mu matora ari Paul Kagame

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Mbere yo gutokora u Rwanda, abategetsi b’Ububiligi bajye babanza bikize umugogo uri mu jisho ryabo!

Mbere yo gutokora u Rwanda, abategetsi b’Ububiligi bajye babanza bikize umugogo uri mu jisho ryabo!

Ubwanditsi 31 Jul 2021
Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Ubwanditsi 06 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo
Amakuru

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Ubwanditsi 30 Apr 2022
Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda uwashakishwaga akekwaho ubujura
ITOHOZA

Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda uwashakishwaga akekwaho ubujura

Ubwanditsi 05 Jan 2017
Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13
Amakuru

Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13

Ubwanditsi 03 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru