• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Ubwanditsi 23 Dec 2022 Amakuru, IMIKINO

Ubwo hakinwaga umunsi wa nyuma w’imikino ibanza muri shampiyona y’u Rwanda izwi nka Primus National League, ikipe ya  Rayon Sports yatsinzwe na Gasogi igitego kimwe ku busa naho Kiyovu SC itsindira i Rubavu Marines FC.

Mu mukino wabereye kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo, Rayon Sports yari yakiriye Gasogi United yari yahize gutsinda uyu mukino bitewe n’ihatana rikunze kumvikana hagati y’impande zombi.

Rayon Sports yari yakiriye  uyu mukino, yari yakoze impinduka kubakinnyi bamwe na bamwe babanjemo, aha twavuga nka Nkurunziza Felicien usanzwe akina ku ruhande inyuma yakinishiwe mu mutima w’abugarira naho Kanamugire Roger udasanzwe abanzamo yatangiye uyu mukino.

Mu ntangiriro z’uyu mukino watangiye amakipe yombi asatirana ariko cyane cyane Gasogi United niyo yari imbere y’izamu rya Rayon cyane, ibi byaje no gukurikirwa no kugongana kwa Maxwell n’umunyezamu Hakizimana Adolphe wanahise asimbuzwa ndetse anajyanwa kwa Muganga ako kanya.

 

Gusimburwa kw’abakinnyi bitewe n’imvune byakomereje kuri Leandre Onana nawe wakorewe ikosa n’umukinnyi wa Gasogi United, ibi byatumye uyu mukinnyi ava mu kibuga asimburwa n’umunyakenya Paul Were.

Igice cya mbere kigiye kurangira ubwo hari muminota y’inyongera, nibwo Gasogi United yabonye igitego cyatsinzwe na Malipangu Christian bityo amakipe yombi ajya kuruhuka Gasogi United iyoboye ku gitego kimwe ku busa.


Igice cya Kabiri cy’uyu mukino cyaranzwe no guhanahana kw’ikipe ya Rayon Sports ndetse na Gasogi United ikanyuzamo igasatira, ariko ntakintu byatanze kuko uyu mukino warangiye ntazindi mpinduka zigaragayemo, umukino ukaba warangiye Gasogi United itsinze Rayon Sports igitego kimwe ku busa.

Muwundi mukino w’umunsi wa 15 wabaye kuri uyu wa gatanu, Marines FC yatsinzwe na Kiyovu SC igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Muhoozi Fred wataindaga igitego cye cya mbere muri uyu mwaka w’imikino wa 2022-2023.

Igice kibaza cya shampiyona y’u Rwanda kikaba kirangiye AS Kigali iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 30, Kiyovu SC ikaba ku mwanya wa kabiri nayo banganya amanota naho APR FC yo ikaba ku mwanya wa gatatu n’amanota 28.

Amakipe abiri ya nyuma ni Marines FC ya cumi na Gatanu, na Espoir FC ya nyuma ya 16.

Biteganyijwe ko shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura izagaruka mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gashyantare 2023.

 

2022-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium

FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium

RUSHYASHYA 02 Mar 2026
CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba

CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba

Ubwanditsi 01 Sep 2025
Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Ubwanditsi 12 Feb 2022
Kiyovu SC yerekanye Niyonkuru Vladmir nk’umutoza mushya w’abanyezamu ndetse iha ikaze Ndayishimiye Thierry wakinaga muri Marines FC

Kiyovu SC yerekanye Niyonkuru Vladmir nk’umutoza mushya w’abanyezamu ndetse iha ikaze Ndayishimiye Thierry wakinaga muri Marines FC

Ubwanditsi 14 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo
Amakuru

U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

RUSHYASHYA 30 Oct 2025
U Bufaransa: Ngenzi na Barahira bahamwe no gukora Jenoside bakatirwa gufungwa burundu
ITOHOZA

U Bufaransa: Ngenzi na Barahira bahamwe no gukora Jenoside bakatirwa gufungwa burundu

Ubwanditsi 07 Jul 2016
Besigye yahakanye ibyo guhura na Perezida Kagame, anavuga ku bibazo by’u Rwanda na Uganda
POLITIKI

Besigye yahakanye ibyo guhura na Perezida Kagame, anavuga ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 18 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru