• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Mwesigye aragaragaza ukuntu Museveni ari kugana aha Kaddafi

Uganda: Mwesigye aragaragaza ukuntu Museveni ari kugana aha Kaddafi

Ubwanditsi 08 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Uwahoze ari Minisitiri w’ubuhinzi muri Uganda Hope Mwesigye aragaragaza ukuntu Perezida Yoweri Kaguta Museveni ari kugana aha Colonel Muammar Gaddafi wayoboye Libya ariko akaza kuva ku butegetsi abaturage bamuhiritse!

Amakuru dukesha ikinyamakuru The Observer cyandikirwa muri Uganda agaragaza yuko ayo magambo madamu Mwesigye, yavugiye Rukiga mu cyumweru gishize, yari afite ishingiro n’uburemere bugomba kudafatwa mu buryo bworoheje.

Mwesigye wigeze no kuba umudepite uhagarariye abagore ba Kabale mu nteko nshingamategeko ya Uganda avuga yuko igikorwa cya Perezida Museveni cyo guhindura itegeko nshinga hagakurwaho ingingo ibuza umuntu urengeje imyaka 75 kwiyamamariza umwanya wa Perezida ari ukwitegurira kuzategeka Uganda ubuzima bwe bwose nk’uko Kaddafi muri Libya yabitekerezaga ariko akaza guhirikwa n’abo yakekagaga ko bamushyigikiye!

Hope Mwesigye avuga yuko Museveni yahaye ruswa abadepite ngo bakureho ingingo yamubuzaga gukomeza kugundira ubutegetsi birakunda. Ngo Museveni  ubu abona abaturage ba Uganda bicecekeye akagira ngo nta kibazo, ngo ariko mu by’ukuri bararakaye ku buryo umunsi uwo ariwo wose bamuturikana nk’ikirunga akaba nka Kaddafi.

Kaddafi wategetse Libya imyaka 42 byari bizwi yuko akunzwe n’abaturage be ariko imyigaragabyo y’abo baturage iza kumuhirika ku butegetsi muri Kanama 2011. Mu Kwakira muri uwo mwaka wa 2011 umutwe wari wishyize hamwe ngo Kaddafi ave ku butegetsi (National Transitional Council) waje kumukacira umwica urupfu rubi cyane. Mwesigye akavuga yuko na Museveni arya ari menge kuko agana inzira ya Kaddafi.

Hope Mwesigye ni muramu wa Amama Mbabazi wigeze kuba umuntu wa hafi cyane na Perezida Museveni ku buryo yigeze no kumubera Minisitiri w’intebe. Muri 2016 Mbabazi yasabye Museveni kumureka akazaba ariwe wiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika barabipfa. Ubu Mbabazi ari muri opozisiyo iryanya ubutegetsi bwa Museveni.

Casmiry Kayumba

 

2018-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ubwanditsi 13 Jun 2024
Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Ubwanditsi 09 Dec 2022
Umutekano wa Agathon Rwasa uri mu kaga nyuma yo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Umutekano wa Agathon Rwasa uri mu kaga nyuma yo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Ubwanditsi 29 Dec 2017
Uganda: Perezida Museveni akomeje gukora impinduka zidasanzwe mu ngabo ze

Uganda: Perezida Museveni akomeje gukora impinduka zidasanzwe mu ngabo ze

Ubwanditsi 23 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutumwa bwa Perezida Kagame bwakoze ku mitima ya benshi mu Kwibuka25
INKURU NYAMUKURU

Ubutumwa bwa Perezida Kagame bwakoze ku mitima ya benshi mu Kwibuka25

Ubwanditsi 07 Apr 2020
Ruharwa Protais Mpiranya yapfuye adashyikirijwe ubutabera, bizabazwa nde?
Amakuru

Ruharwa Protais Mpiranya yapfuye adashyikirijwe ubutabera, bizabazwa nde?

Ubwanditsi 12 May 2022
Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza
Amakuru

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Ubwanditsi 13 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru