• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Ubwanditsi 31 May 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu gihugu cya Uganda haravugwa inkuru y’itabwa muri yombi ry’uwishe uwahoze ari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda, AIGP Andrew Kaweesi bivugwa ko nawe yahoze mu gipolisi cya Uganda.

Uwatawe muri yombi ni Abel Kitagenda wahoze mu mutwe ushinzwe gutabara byihuse w’igipolisi (Rapid Response Unit ) ndetse akaba yaranabaye mu mutwe kabuhariwe wa Flying Squad uherutse gusenywa, akaba ashinjwa uruhare mu rupfu rwa AIGP Andrew Kaweesi na Joan Namazzi Kagezi.

Amakuru agera ku rubuga Spyreports rukunze kwandika inkuru ruvana mu bantu bakora mu nzego z’ubutasi, aravuga ko uyu Kitagenda yatawe muri yombi ku bufatanye bw’inzego z’umutekano nyuma yo gushyirwa mu majwi ashinjwa kwica Kaweesi.

Nyakwigendera AIGP Andrew Kaweesi

Uyu Kitagenda ngo hakaba hari amakuru avuga ko afite aho ahuriye n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byo ku rwego rwo hejuru muri Uganda, akaba yafashwe ku mabwiriza y’umukuru w’urwego rushinzwe umutekano imbere mu gihugu (ISO), Frank Kaka Bagyenda.

Iyi nkuru iravuga ko iri tabwa muri yombi rya Abel Kitagenda ryaje rikurikira itabwa muri yombi ry’uwitwa Minana n’undi muntu baherutse gufungurwa muri gereza, ngo mu buryo budasobanutse, bamaze kwemera ko bagenzaga Kagezi na Kaweesi bari kumwe na Abel Kitagenda bita Abby.

Iyi nkuru iravuga ko Kitagenda yafatiwe ku muhanda wa Nasser ari kumwe na mushiki we ariko nyuma uyu wa nyuma bakamurekura. Ngo akaba yari arimo aragerageza gusaba ubuhungiro muri Canada nyuma y’uko yari yarahungiye I Dubai ariko akagaruka muri Uganda ashaka ibyangombwa .

Ubwo yatabwaga muri yombi, Kitagenda ngo yemeye ko ari we watumye imodoka ya Kaweesi ihagarara mbere y’uko abamwishe bamufunguraho urufaya rw’amasasu hagapfa abantu batatu bari mu modoka barimo Kaweesi, umushoferi n’uwamurindaga.

Kitagenda Abel

Usibye gushinjwa uruhare mu iyicwa rwa AIGP Andrew Kaweesi, Abel Kitagenda anashinjwa kuba yaragize uruhare mu iyicwa ry’uwari umushinjacyaha wa leta wungirije wari ushinzwe ibyaha mpuzamahanga witwa Joan Kagezi, wishwe kuwa 30 Mata 2014 ubwo yari mu nzira ataha ahitwa Kyaliwajala.

AIGP Andrew Kaweesi wari umuvugizi w’igipolisi cya Uganda kuva mu 2016 kugeza mu 2017 ubwo yicwaga, yishwe kuwa 17 Werurwe 2017 mu masaha ya saa yine za mugitondo ubwo yari avuye iwe agiye ku kazi, agategwa n’abantu bitwaje imbunda na n’ubu bataramenyekana neza bamwicanye n’umushoferi we ndetse n’undi mupolisi wamurindaga.

2018-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutwe w‘iterabwoba wa RNC ukomeje kwiyubaka muri Uganda ubifashijwemo n’inzego z’umutekano muri icyo gihugu 

Umutwe w‘iterabwoba wa RNC ukomeje kwiyubaka muri Uganda ubifashijwemo n’inzego z’umutekano muri icyo gihugu 

Ubwanditsi 06 Nov 2020
Niba Inteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza yaremeje ko mu Rwanda hubahirizwa uburenganzira bwa muntu, ni iki cyabuza icyo gihugu koherereza u Rwanda abajenosideri gicumbikiye?

Niba Inteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza yaremeje ko mu Rwanda hubahirizwa uburenganzira bwa muntu, ni iki cyabuza icyo gihugu koherereza u Rwanda abajenosideri gicumbikiye?

Ubwanditsi 29 Apr 2024
Burundi: Abahamijwe uruhare mu kwica Gen Nshimirimana baravugwaho kwigaragambya

Burundi: Abahamijwe uruhare mu kwica Gen Nshimirimana baravugwaho kwigaragambya

Ubwanditsi 15 Oct 2018
Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Ubwanditsi 06 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda  rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga
POLITIKI

U Rwanda rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU
Mu Mahanga

Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Ubwanditsi 18 Jul 2016
Patriots BBC yasubiriye GNBC imbere ya Perezida Kagame isoza irindi jonjora rya BAL idatsinzwe
IMIKINO

Patriots BBC yasubiriye GNBC imbere ya Perezida Kagame isoza irindi jonjora rya BAL idatsinzwe

Ubwanditsi 23 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru