• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Ubwanditsi 31 May 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu gihugu cya Uganda haravugwa inkuru y’itabwa muri yombi ry’uwishe uwahoze ari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda, AIGP Andrew Kaweesi bivugwa ko nawe yahoze mu gipolisi cya Uganda.

Uwatawe muri yombi ni Abel Kitagenda wahoze mu mutwe ushinzwe gutabara byihuse w’igipolisi (Rapid Response Unit ) ndetse akaba yaranabaye mu mutwe kabuhariwe wa Flying Squad uherutse gusenywa, akaba ashinjwa uruhare mu rupfu rwa AIGP Andrew Kaweesi na Joan Namazzi Kagezi.

Amakuru agera ku rubuga Spyreports rukunze kwandika inkuru ruvana mu bantu bakora mu nzego z’ubutasi, aravuga ko uyu Kitagenda yatawe muri yombi ku bufatanye bw’inzego z’umutekano nyuma yo gushyirwa mu majwi ashinjwa kwica Kaweesi.

Nyakwigendera AIGP Andrew Kaweesi

Uyu Kitagenda ngo hakaba hari amakuru avuga ko afite aho ahuriye n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byo ku rwego rwo hejuru muri Uganda, akaba yafashwe ku mabwiriza y’umukuru w’urwego rushinzwe umutekano imbere mu gihugu (ISO), Frank Kaka Bagyenda.

Iyi nkuru iravuga ko iri tabwa muri yombi rya Abel Kitagenda ryaje rikurikira itabwa muri yombi ry’uwitwa Minana n’undi muntu baherutse gufungurwa muri gereza, ngo mu buryo budasobanutse, bamaze kwemera ko bagenzaga Kagezi na Kaweesi bari kumwe na Abel Kitagenda bita Abby.

Iyi nkuru iravuga ko Kitagenda yafatiwe ku muhanda wa Nasser ari kumwe na mushiki we ariko nyuma uyu wa nyuma bakamurekura. Ngo akaba yari arimo aragerageza gusaba ubuhungiro muri Canada nyuma y’uko yari yarahungiye I Dubai ariko akagaruka muri Uganda ashaka ibyangombwa .

Ubwo yatabwaga muri yombi, Kitagenda ngo yemeye ko ari we watumye imodoka ya Kaweesi ihagarara mbere y’uko abamwishe bamufunguraho urufaya rw’amasasu hagapfa abantu batatu bari mu modoka barimo Kaweesi, umushoferi n’uwamurindaga.

Kitagenda Abel

Usibye gushinjwa uruhare mu iyicwa rwa AIGP Andrew Kaweesi, Abel Kitagenda anashinjwa kuba yaragize uruhare mu iyicwa ry’uwari umushinjacyaha wa leta wungirije wari ushinzwe ibyaha mpuzamahanga witwa Joan Kagezi, wishwe kuwa 30 Mata 2014 ubwo yari mu nzira ataha ahitwa Kyaliwajala.

AIGP Andrew Kaweesi wari umuvugizi w’igipolisi cya Uganda kuva mu 2016 kugeza mu 2017 ubwo yicwaga, yishwe kuwa 17 Werurwe 2017 mu masaha ya saa yine za mugitondo ubwo yari avuye iwe agiye ku kazi, agategwa n’abantu bitwaje imbunda na n’ubu bataramenyekana neza bamwicanye n’umushoferi we ndetse n’undi mupolisi wamurindaga.

2018-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icy’ingenzi si imyaka 14 y’igifungo yahawe umujenosideri Claude Muhayimana, igikuru ni ubutumwa bukomeje guhabwa abajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera

Icy’ingenzi si imyaka 14 y’igifungo yahawe umujenosideri Claude Muhayimana, igikuru ni ubutumwa bukomeje guhabwa abajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera

Ubwanditsi 18 Dec 2021
Perezida  Museveni yahaye amabwiriza Brigadier Abel Kandiho yo kunga Kayumba Nyamwasa wa  RNC na Sankara wa  FLN

Perezida  Museveni yahaye amabwiriza Brigadier Abel Kandiho yo kunga Kayumba Nyamwasa wa  RNC na Sankara wa  FLN

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2019
Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire

Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 19 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23
Amakuru

Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Ubwanditsi 16 Jan 2023
REG ifite umuyobozi mushya. Mugiraneza yasimbuwe na Weiss
Mu Rwanda

REG ifite umuyobozi mushya. Mugiraneza yasimbuwe na Weiss

Ubwanditsi 17 May 2017
Iyicwa rya Hafsa Mossi rikomeje gushyira Leta y’u Burundi mu bibazo kubera uruhare barugizemo
Mu Rwanda

Iyicwa rya Hafsa Mossi rikomeje gushyira Leta y’u Burundi mu bibazo kubera uruhare barugizemo

Ubwanditsi 18 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru