• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Ubwanditsi 31 May 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu gihugu cya Uganda haravugwa inkuru y’itabwa muri yombi ry’uwishe uwahoze ari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda, AIGP Andrew Kaweesi bivugwa ko nawe yahoze mu gipolisi cya Uganda.

Uwatawe muri yombi ni Abel Kitagenda wahoze mu mutwe ushinzwe gutabara byihuse w’igipolisi (Rapid Response Unit ) ndetse akaba yaranabaye mu mutwe kabuhariwe wa Flying Squad uherutse gusenywa, akaba ashinjwa uruhare mu rupfu rwa AIGP Andrew Kaweesi na Joan Namazzi Kagezi.

Amakuru agera ku rubuga Spyreports rukunze kwandika inkuru ruvana mu bantu bakora mu nzego z’ubutasi, aravuga ko uyu Kitagenda yatawe muri yombi ku bufatanye bw’inzego z’umutekano nyuma yo gushyirwa mu majwi ashinjwa kwica Kaweesi.

Nyakwigendera AIGP Andrew Kaweesi

Uyu Kitagenda ngo hakaba hari amakuru avuga ko afite aho ahuriye n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byo ku rwego rwo hejuru muri Uganda, akaba yafashwe ku mabwiriza y’umukuru w’urwego rushinzwe umutekano imbere mu gihugu (ISO), Frank Kaka Bagyenda.

Iyi nkuru iravuga ko iri tabwa muri yombi rya Abel Kitagenda ryaje rikurikira itabwa muri yombi ry’uwitwa Minana n’undi muntu baherutse gufungurwa muri gereza, ngo mu buryo budasobanutse, bamaze kwemera ko bagenzaga Kagezi na Kaweesi bari kumwe na Abel Kitagenda bita Abby.

Iyi nkuru iravuga ko Kitagenda yafatiwe ku muhanda wa Nasser ari kumwe na mushiki we ariko nyuma uyu wa nyuma bakamurekura. Ngo akaba yari arimo aragerageza gusaba ubuhungiro muri Canada nyuma y’uko yari yarahungiye I Dubai ariko akagaruka muri Uganda ashaka ibyangombwa .

Ubwo yatabwaga muri yombi, Kitagenda ngo yemeye ko ari we watumye imodoka ya Kaweesi ihagarara mbere y’uko abamwishe bamufunguraho urufaya rw’amasasu hagapfa abantu batatu bari mu modoka barimo Kaweesi, umushoferi n’uwamurindaga.

Kitagenda Abel

Usibye gushinjwa uruhare mu iyicwa rwa AIGP Andrew Kaweesi, Abel Kitagenda anashinjwa kuba yaragize uruhare mu iyicwa ry’uwari umushinjacyaha wa leta wungirije wari ushinzwe ibyaha mpuzamahanga witwa Joan Kagezi, wishwe kuwa 30 Mata 2014 ubwo yari mu nzira ataha ahitwa Kyaliwajala.

AIGP Andrew Kaweesi wari umuvugizi w’igipolisi cya Uganda kuva mu 2016 kugeza mu 2017 ubwo yicwaga, yishwe kuwa 17 Werurwe 2017 mu masaha ya saa yine za mugitondo ubwo yari avuye iwe agiye ku kazi, agategwa n’abantu bitwaje imbunda na n’ubu bataramenyekana neza bamwicanye n’umushoferi we ndetse n’undi mupolisi wamurindaga.

2018-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo

Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo

Ubwanditsi 26 Jan 2021
Perezida Kagame yahaye imbabazi abagororwa 52

Perezida Kagame yahaye imbabazi abagororwa 52

Ubwanditsi 11 Oct 2019
Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro

Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro

Ubwanditsi 30 Jan 2018
David Himbara agenda yububa kubera umutima w’ubuhemu umucira urubanza

David Himbara agenda yububa kubera umutima w’ubuhemu umucira urubanza

Ubwanditsi 16 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.
Amakuru

Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Ubwanditsi 11 Mar 2024
Dian Forsey “Nyiramacibiri” amaze imyaka 36 ahitanywe na Leta ya Yuvenali Habyarimana
Amakuru

Dian Forsey “Nyiramacibiri” amaze imyaka 36 ahitanywe na Leta ya Yuvenali Habyarimana

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye gushya ubwoba nyuma y’uko N. Koreya igerageje ikindi gisasu karahabutaka
HIRYA NO HINO

Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye gushya ubwoba nyuma y’uko N. Koreya igerageje ikindi gisasu karahabutaka

Ubwanditsi 04 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru