• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

 
You are at :Home»Amakuru»Umutwe w‘iterabwoba wa RNC ukomeje kwiyubaka muri Uganda ubifashijwemo n’inzego z’umutekano muri icyo gihugu 

Umutwe w‘iterabwoba wa RNC ukomeje kwiyubaka muri Uganda ubifashijwemo n’inzego z’umutekano muri icyo gihugu 

Editorial 06 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi w’urwego rushinzwe iperereza mu gisirikari cya Uganda CMI rukaba ruri n’inyuma y’iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda ariwe Gen Abel Kandiho ntakura mu rujye mu mugambi wo guhohotera abanyarwanda b’inzirakarengane.  Umwe  mubaherutse kujugunywa ku mupaka wa Kagitumba ariwe Steven  Mugwaneza agaragaza uburyo abanyamuryango ba RNC ya Kayumba Nyamwasa  babayeho mu mudendezo nkaho ari mu rugo naho Abanyarwanda b’inzirakarengane bashimuswe na CMI bakomeje guhura n’iyicarubozo rikabije cyane.

Mu minsi ishije,Steven Mugwaneza , umwe mu banyarwanda batandatu bajugunywe ku mupaka wa Kagitumba yemeje ko umutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa (RNC), wongeye gusubukura ibikorwa  byo gutegura ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda bo bakabyita gukina politiki.

Vuba aha, urubuga rwa Virunga post rwasohoye raporo y’iperereza yerekana uburyo abategetsi b’igihugu cya Uganda babinyujije ku buyobozi bukuru bw’ubutasi bwa gisirikare (CMI), bakajije umurego mu kubaka umutwe w’abasirikare barwanya u Rwanda . Nk’uko Mugwaneza akomeza kubitangaza,  Abanyarwanda bo mu mutwe w’iterabwoba wa RNC wa Kayumba Nyamwasa  baranezerewe cyane ndetse bahabwa ibyo bifuza byose kugirango bashyiremo imbaraga mu kurwanya ubuyobozi bw’u Rwanda. yagize ati: “Abanyamuryango ba RNC bamerewe neza muri Uganda bigatuma bumva bameze neza nk’abari mu rugo bikabatera n’imbaraga zo guhohotera abo batari mu murongo umwe cyangwa abo batavuga rumwe, kandi ntabwo bikiri ibanga n’umwana muto arabizi arabibona!”

Mugwaneza yashimuswe ku ya 17 Ukwakira 2020, arafatwa arafungwa nta rubanza ndetse n’ubundi burenganzira bureba imfungwa . Avuga uburyo abantu bambaye gisirikare bamushimuse apfutse mu maso atazi iyo yerekezwa. Bamuhambiriye mu modoka isa na tagisi ya Kampala,afunze n’amapingu, bamupfuka amaso. Avuga ko babanje kumujyana mu nzu bafungiramo zitemewe zizwi nka Safe house, hanyuma bamujyana ku cyicaro gikuru cya CMI i Mbuya.

Abamufashe bamushinjaga “ubutasi” nk’ibisanzwe, biherekejwe n’iyicarubozo bamukoreraga we n’abo bari bafunganywe. Avuga ko yabwiye abamubajije ko atazi ibyo bamubaza atanabizi habe na mba. Mugwaneza avuga ko aho i Mbuya yagaragaje ko hakiri ibikorwa byinshi byakozwe na CMI hamwe n’abakozi ba RNC bakomeje gushakisha cyane abayoboke bo gutwara mu itsinda rya Kayumba Nyamwasa. Avuga ko yabonye ibimenyetso byinshi byibyo avuga ku cyicaro gikuru cya CMI aho yabonye abanyamuryango ba RNC benshi barimo gukora ibyo avuga ko ari imyitozo.

Mugwaneza yagize ati: “Niba umunyamuryango wa ‘nyawe’ wa RNC atabwa muri yombi ku bw’impanuka, agahita ahamagara abamukuriye kugira ngo arekurwe ntituzasiba natwe  kwerekana ukuri k’uburyo CMI irekura abanyamuryango ba RNC  mu gihe abapolisi bo akenshi bo batazi n’ibijya mbere mu by’ukuri ntibaba bazi ko CMI ibiri inyuma bucece ubwo ufashwe CMI ihita yitambika akarekurwa.
Mugwaneza avuga ko yamenye kandi ko Frank Ntwali, umuyobozi mukuru wa RNC uturuka muri Afurika y’Epfo akaba na muramu wa Nyamwasa Kayumba, ahorana itumanaho na CMI bivuganira indorane ababwira uko abyumva maze bagakomeza kumufasha kwica no gufata uwo ashaka wese, na RNC muri Uganda. Umwe mu bayobozi ba RNC ukora akazi ka CMI ‘vetting’ ko kumenya inkomoko ya buri munyamuryango  yabwiye Mugwaneza ati: “Igihe cyose habaye ikibazo, Frank yohereza amafaranga yo kugikemura. Abashaka akazi  nabo baragasaba bikamenyeshwa Frank Ntwali.

Inshuti ya Mugwaneza yitwa Fred bari bafunganywe yamweretse ubutumwa bwe bwo guhanahana amakuru na Ntwali bwanditse muri ubu buryo
(Yaranditse ati: “[CMI] baradufashe”. Ntwali asubiza, “hamagara Ayub”)

Mugwaneza avuga ko yamenye kandi ko benshi mu bashakishwa na RNC bakomoka mu nkambi y’impunzi ya Nakivale,hanyuma bakagabanywa mu matsinda mato y’abantu icumi. Abashaka akazi barafotorwa amafoto akabikwa ku buryo bidatinze, yatangaje ko RNC igomba gutangira guha indangamuntu abanyamuryango bayo indangamuntu ariko ubwo twayita Indangabwihebe.

Mugwaneza ntiyari azi neza niba “Fred” yashakaga kumushakamo amakuru ariko icyo yabonaga neza ni uko RNC rwose yamaze kwinjira no kwinjirirwa na CMI. Mugwaneza avuga ko ku biyita umutwe w’ingabo za RNC, ubuzima bwo mu kigo cya CMI bwari bworoshye. Ati: “Bafite terefone zigendanwa n’umuntu ubazanira ibiryo, kandi ntibakangishwa cyangwa ngo bakorerwe iyicarubozo”. Akomeza avuga ko hateye ubwoba akahagereranya  ni ikuzimu!
“Twakorewe iyicarubozo, kandi ntitwemerewe kuvugana n’umuntu uwo ari we wese. ”

Mugwaneza avuga uko yari abayeho ndetse n’uburyo bamwicishije inzara iminsi atabara. Abanyamuryango ba RNC bo bafunganywe bahise barekurwa nyuma yo guhamagara Ntwali. Mugwaneza ibyo yatangaje bisa n’ibindi byavuzwe n’abandi banyarwanda barekurwa muri Uganda bavuga kuruhare rwa CMI mu guhohotera Abanyarwanda no gufasha RNC.

2020-11-06
Editorial

IZINDI NKURU

Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Editorial 19 Mar 2020
Kwa Petoro Nkurunziza haranuka urunturuntu

Kwa Petoro Nkurunziza haranuka urunturuntu

Editorial 29 Apr 2018
VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

Editorial 30 Nov 2019
Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Editorial 20 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru