• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 26 Mar 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Abasesengura politiki yo mu Karere k’Ibiyaga Bigari, bemeza ko igihe cyose bamwe mu bategetsi bo muri aka karere bazaba bakibaswe n’irondabwoko, umutekano uzakomeza kuba kure nk’ukwezi.

Ibimenyetso bigaragarira buri wese byerekana ko ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, ryubakiye ku myumvire ya”Hutu pawa”, urwango n’umutima wo kwihorera ku Batutsi, bahozwa ku nkeke n’incyuro ngo”ingoma yabo(UPRONA)yarahirimye”.

Urugero ni ibyo bise “isukura” mu gisirikari, aho Abatutsi bicwa, bagafungwa, abandi bakirukanwa nta makosa abarangwaho.

Mu gisiviri naho “Hutu pawa” iravuza ubuhuha. Ibyegeranyo by’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa CNDD-FDD, ndetse n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, byerekana ko mu Burundi hejuru ya 95% by’ukukungu bw’igihugu biri mu biganza by’abambari ba CNDD-FDD, mu gihe abadashyigikiye ikandamiza na politiki y’inda nini, by’umwihariko abahejwe nk’ Abatutsi, birukanywe mu nzego hafi ya zose, hagamijwe kubakenesha no kubapfukamisha.

Ibyo byegeranyo bivuga ko abenshi biswe abanzi ba “Leta mbyeyi”, barahunga, abasigaye baba inkomamashyi ngo barebe ko bwacya kabiri.

Iryo gwingira mu bitekerezo, Perezida Evariste Ndayishimiye “NEVA” anarisangiye na mugenzi we Tshisekedi wa Kongo-Kinshasa, dore ko bombi bananywanye n’abajenosideri bo muri FDLR. Aba bicanyi nibo rutirigongo rw’igisirikari, haba kwa Ndayishimiye, haba no kwa Tshisekedi. Barakiza bakica uwo bashaka, bashingiye ku isura n’ indeshyo y’izuru!

Gusangira ingengabitekerezo ya Jenoside, aba bagome bombi ubu barabigaragariza mu ihohoterwa rikorerwa Abatutsi bo muri Kongo. Biswe abanyamahanga iwabo, abatarishwe ngo baribwemo imishito, barameneshejwe. Ubu baricira isazi mu jisho aho bandagaye mu mahanga, inka zabo zikamwa n’abagaragu ba Ndayishimiye na Tshisekedi.

Uretse kuba umufatanyacyaha mu itsembabatutsi, NEVA ni n’incabiranya, Perezida uciriritse cyane mu mivugire no mu migirire.

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, aherutse gusetsa ikinyamakuru mpuzamahanga, Jeune Afrique, uko yabajije NEVA niba koko abasirikari b’Abarundi bafatanya n’aba Kongo ku rugamba, binyuranye n’ibyo Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba wari wumvikanyeho, maze NEVA ngo akirenga akarahira ku babyeyi, avuga ko rwose ayo mahano atayatinyuka!

Nyamara se wahisha inzu ugahisha umwotsi?

Nyuma y’iminsi mike cyane, ibimenyetso simusiga byerekanye ko NEVA na Tshisekedi bafatanya kwica Abakongomani b’Abatutsi, Abahema n’Abanyamulenge, kubera ya ngengabitekerezo ya Jenoside basangiye.

Ikimwaro cyaramukoze, maze abuze uko asobanurira bagenzi be bo mu Muryango w’Afrika y’Uburasirazuba uko yijanditse mu bwicanyi bwo muri Kongo, cyane ko yanabugiyemo ari nawe uyobora uwo muryango, NEVA atangira kubeshyera u Rwanda ngo rushyigikiye, RED-TABARA, umutwe urwanya ubutegetsi mu Burundi!

Uretse ko nta n’impamvu ndetse akaba yaranabiburiye ibimenyetso, ubundi u Rwanda ruramutse koko runashyigikiye RED-TABARA, Abatutsi b’Abakongomani babizira bate?

Igisobanuro kirumvikana: Abajenosideri n’ababashyigikiye babaswe n’amacakubiri, bahora babeshya ngo u Rwanda ruyobowe n’Abatutsi. Bivuze ko wishe Umututsi wo muri Kongo uba wihimuye ku butegetsi bw’u Rwanda! Akabi gasekwa nk’akeza koko.

Mu gihe tugezemo, ibindi bice by’isi birajwe ishinga no kuvanaho imipaka itanya abantu, kugirango bashobore kuzuzanya, bityo barusheho kuzamurana. Ikibabaje, muri Afrika, by’umwihariko mu Karere k’Ibiyaga Bigari, niho hasigaye umwiryane ushingiye ku bwoko, nyirabwo atasabye kuvukana.

Niba dushaka gutera imbere, biradusaba kwitandukanya n’abayobozi nka NEVA na Tshisekedi bagwingiye mu bitekerezo. Bitabaye ibyo, ubwo imibereho myiza ivugwa ahandi, izakomeza kwimukira ubwicanyi, twibere abakene nyakujya ubuziraherezo.

2024-03-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Jul 2022
Umukobwa uherutse kwiyahura asimbutse igorofa muri ULK yaba yari atwite,yaranandujwe Sida

Umukobwa uherutse kwiyahura asimbutse igorofa muri ULK yaba yari atwite,yaranandujwe Sida

Ubwanditsi 25 Jul 2016
Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

RUSHYASHYA 18 May 2026
Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Ubwanditsi 30 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni akomeje kwica amategeko mpuzamahanga, cyane cyane ku birebana n’ingendo zikorwa n’Abanyarwanda bajya Uganda
INKURU NYAMUKURU

Museveni akomeje kwica amategeko mpuzamahanga, cyane cyane ku birebana n’ingendo zikorwa n’Abanyarwanda bajya Uganda

Ubwanditsi 22 Jul 2019
Gaby Kamanzi w’imyaka 36 yasubije abarambiwe no kuba atarashaka umugabo
SHOWBIZ

Gaby Kamanzi w’imyaka 36 yasubije abarambiwe no kuba atarashaka umugabo

Ubwanditsi 15 Oct 2017
Ibyo gushimwa no kunengwa ku gitaramo cy’amateka Patient Bizimana yatumiyemo Sinach
SHOWBIZ

Ibyo gushimwa no kunengwa ku gitaramo cy’amateka Patient Bizimana yatumiyemo Sinach

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru