• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe

UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe

Editorial 02 Nov 2016 Mu Rwanda

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo y’abanyeshuri n’abarimu yatangiye gukorwa mu mpera z’icyumweru gishize aho bagaragazaga byinshi bitagenda neza muri iyi kaminuza harimo no kuba bagaburirwa nabi, abarimu nabo bakavuga ko badahembwa ibirarane byabo.

Nkuko tubikesha Newvison imyigaragambyo yatangijwe n’abarimu bigisha muri iyo Kaminuza nyuma y’igihe kinini bari bamaze badahembwa dore ko bavuga ko bafite ibirarane by’amezi 9 batahembwe by’agahimbazamusyi, ibyo bigatuma bamwe bareka kwigisha. Abanyeshuri nabo baje kwifatanya n’abarimu mu myigaragambyo, basaba ubuyobozi bwa Makerere University ko bwagira ibyo buhindura bidatunganye dore ko nabo bavugaga ko bagaburirwa nabi ukongeraho no kuba abarimu baranze kwigisha kubera badahembwa.

Kuri uyu wa mbere nibwo ihuriro ry’abarimu ba Makerere University (Makerere University Academic Staff Association (MUASA) ryakoze inama ryemeza ko rigomba gukomeza imyigaragambyo. Ku wa kabiri nibwo abanyeshuri nabo bifatanyije na bo bazenguruka icyo kigo bahamagarira buri wese kwifatanya na bo kugeza ubwo bazibonanira na Perezida Museveni nk’uko bitangazwa Charles Wana-Etyemukuriye inama y’ubutegetsi bwa Makerere University, nyuma y’aho kaminuza yari yemeye kwishyura abarimu ukwezi kumwe ariko abarimu bakanga kunyurwa n’uwo mwanzuro.

Makerere Universuty yahise itumiza inama y’abarimu n’abanyeshuri ngo baganire ku bibazo byose ariko abandi ntibabyshimira kuko bo bifuzaga guhura na Perezida Museveni bakamugezaho ibibazo byose bafite. Kuri ubu amakuru agezweho ni uko iyi kaminuza yamaze gufungwa na Perezida Museveni kubwo gushaka umutekano w’ibintu n’abantu dore ko abanyeshuri bari basigaye bagendana amabuye n’ibindi bikoresho byabafasha kugirira nabi abayobozi b’iyi kaminuza. Biteganyijwe ko iyi kaminuza izafungurwa mu gihe kizatangazwa na Perezida Museveni nk’uko itangazo yashyize hanze ribivuga.

-4556.jpg

-4557.jpg

-4558.jpg

-4559.jpg

-4560.jpg

2016-11-02
Editorial

IZINDI NKURU

Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo

Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo

Editorial 23 Jan 2018
Kigali: Abasore batinda kurongora bahorana impamvu nyinshi

Kigali: Abasore batinda kurongora bahorana impamvu nyinshi

Editorial 24 Mar 2017
Umukozi wa MTN Rwanda yitabye Imana avuye mu gitaramo cya Gentil Misigaro

Umukozi wa MTN Rwanda yitabye Imana avuye mu gitaramo cya Gentil Misigaro

Editorial 11 Mar 2019
Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Editorial 07 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba
Mu Mahanga

Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba

Editorial 18 Aug 2016
Eric Nshimiyimana yabonye intsinzi ya mbere kuva agizwe umutoza mukuru wa Bugesera FC
Amakuru

Eric Nshimiyimana yabonye intsinzi ya mbere kuva agizwe umutoza mukuru wa Bugesera FC

Editorial 18 Feb 2023
Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora
Amakuru

Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora

Editorial 29 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru