• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera

Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera

Editorial 13 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Amakuru agera ku rubuga Virungapost aravuga ko Augustin Rutayisire, umwe mu Banyarwanda benshi bafungiwe muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ngo yaba ari hafi kubura ubuzima bwe.

Abamubonye baratangaza ko Rutayisire, kuri ubu ufungiye muri Gereza ya Luzira, yahuye n’iyicarubozo no gufatwa nabi bikabije birimo gukubitwa, kwicishwa inzara no guhatirwa kuryama ku isima ikonje.

Umwe muri aba ati: “Kuva Augustin yafatwa, muri Gicurasi 2018 na Mukama Moses Kandiho, umuvandimwe w’Umuyobozi w’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Abel Kandiho, yabayeho mu buzima bubi nyuma yo gukorerwa iyicarubozo.”

Uyu yakomeje agira ati: “Mu cyumweru gishize muri Luzira, bwana Augustin ntiyemerewe matora ubu ari kurara ku ibaraza rikonje. Yarakubiswe aterwa imigeri na bamwe mu bacungagereza ndetse agira ibikomere mu gatuza, mu mayasha no mu mugongo, none ubu arimo gukorora amaraso,” 

Rutayisire kandi ngo afunze mu buryo nta muntu uvugana nawe ndetse akaba atemerewe no kuvugana n’umuryango we.

Muri Gicurasi uyu mwaka, nibwo urubuga dukesha iyi nkuru rwasohoye inkuru yavugaga ko Rutayisire yari agiye kwicirwa muri gereza ubwo umuntu yashyiraga ibimene by’amacupa mu byo kurya bye. Icyo gihe yagize amahirwe kuko ngo yihutanywe akajyanwa kwa muganga akarokoka.

Akaga Rutayisire arimo ndetse n’Abandi Banyarwanda batari bacye bafungiye muri Uganda ko gukorerwa iyicarubozo no gufungirwa ahantu hatandukanye hatemewe n’amategeko bakunda kwita mu Cyongereza ‘Safe House’ ngo katangiye ubwo Uganda yafataga icyemezo cyo gushyigikira imitwe irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, cyane cyane uwa Kayumba Nyamwasa.

Kuva ubwo Abanyarwanda benshi bajya cyangwa batuye muri Uganda bagiye batabwa muri yombi bagafungwa binyuranyije n’ammategeko, mu buryo ngo nk’ubwakoreshwaga na Idi Amin, bagakorerwa iyicarubozo ndetse bagafungwa mu buryo butesha agaciro ikiremwamuntu.

Inzego z’umutekano za Uganda. Izizwi cyane nka CMI na ISO, bivugwa ko zikorana bya hafi n’abayoboke ba RNC, zakunze kwibasira Abanyarwanda ku mpamvu eshatu z’ingenzi.

Iya mbere, kwari ukubashakamo abafite ubushake bwo kuba abarwanyi ba RNC. Amakuru akavuga ko gushimuta no gukora iyicarubozo ari bumwe mu buryo bukoreshwa mu kumvisha abafatwa ko bagomba kwiyunga ku nyeshyamba za kayumba nubwo ngo ubu buryo butakunze kubahira.

Ngo byagaragaye ko Abanyarwanda benshi bahitamo kubabara aho kugambanira igihugu cyabo.

Iya kabiri, ngo CMI, ISO na RNC, usanga bazenguruka mu bantu bavuga Ikinyarwanda muri Uganda, bashaka urubyiruko binjiza mu barwanyi. Ngo banashakisha ariko Abanyarwanda b’abahinzi bakomeye, abanyemari n’abandi nkabo, bakabinjiza muri gahunda yabo ngo bajye batera inkunga z’ibyo bakeneye nk’ibikoresho.

Abanze kumva ibyo basabwa rero ngo bakunze kwisanga batotezwa, bakangishwa kwicwa ndetse bagateguzwa ko bazitabwaho.

Iya gatatu, ngo Umunyarwanda w’umunyabyago agera mu maboko y’inzego z’umutekano za Uganda ni nk’iyo bamubonyemo igipimo kiza cyo kwiba. Abasesenguzi bakaba bemeza ko umubano wifashe nabi hagati y’u Rwanda na Uganda wabaye icyuho gikomeye cy’ubujura bukorwa n’abashinzwe umutekano.

Tugarutse kuri Rutayisire, ngo ibibazo bye byihariye byatangiye ubwo yavaga iwe I Kigali, muri Gicurasi 2018 agiye muri Uganda mu rugendo rwa business. Ubwo yageraga I Mbarara nk’uko byatangajwe n’umugore we, yahuye na Rwamucyo, wari inshuti ye kandi bakoranaga business. Rwamucyo yari afite amafaranga menshi mu modoka ye agera kuri miliyoni 140 z’Amashilingi yashakaga kubitsa muri banki ifite ishami muri Mbarara.

Akimara guparika imodoka, bahise bagotwa n’umuvandimwe wa Brig. Gen. Abel Kandiho witwa Moses Kandiho ukorera urwego rushinzwe umutekano ruzwi nka GISO (Government Internal Security Officer) muri Mbarara.

Kandiho yabwiye Rwamucyo na Rutayisire ko bakekwaho uruhare mu mugambi w’ubujura abategeka kwicara hasi batabwa muri yombi.

Ubwo rero ngo GISO yari kuri telephone ivugana n’undi muntu nk’uko abo mu muryango wa Rwamucyo bavuga, hashize akanya gato haba hageze imodoka hasohokamo Major Mushambo, wo mu ishami rya UPDF rishinzwe kurwanya ubutasi ndetse n’abandi basirikare.

Nk’abari bazi icyo bariho, ngo bahise baka Rwamucyo urufunguzo rw’imodoka ye barayifungura. Muri kanya gato, amafaranga Rwamucyo yari afite yahise anyerezwa ahubwo berekana ko imodoka ye bayisanzemo imbunda maze ibirego babaregaga (Rwamucyo na Rutayisire), bihindukamo gutunga imbunda binyuranyije n’amategeko.

Nguko uko Rutayisire yafashwe kuva icyo gihe none ubuzima bwe bukaba buri mu marembera aho afungiwe muri Gereza ya Luzira ihereye Kampala.

2019-09-13
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Editorial 01 Jul 2025
Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere [ RDB ]

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere [ RDB ]

Editorial 05 Jan 2019
Burundi : Gerenade yatewe mu kabari k’urwagwa ikomeretsa abantu 11

Burundi : Gerenade yatewe mu kabari k’urwagwa ikomeretsa abantu 11

Editorial 12 Feb 2018
Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye

Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye

Editorial 11 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire, umuhanzi Amalon yatandukanye na sosiyete icunga inyungu z’abahanzi ya 1K Entertainment iyoborwa na DJ Pius.
Amakuru

Nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire, umuhanzi Amalon yatandukanye na sosiyete icunga inyungu z’abahanzi ya 1K Entertainment iyoborwa na DJ Pius.

Editorial 17 Apr 2021
Kiyovu yazanye umunya-Afurika y’Epfo, Rutahizamu w’umunya-Nigeria Nanbur Gabriel na Eloundou Ngono uvuye muri Cameroon basinyiye Gasogi United
Amakuru

Kiyovu yazanye umunya-Afurika y’Epfo, Rutahizamu w’umunya-Nigeria Nanbur Gabriel na Eloundou Ngono uvuye muri Cameroon basinyiye Gasogi United

Editorial 04 Aug 2022
Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC
ITOHOZA

Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC

Editorial 11 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru