• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Editorial 15 Mar 2017 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino w’amagare iri mu gihugu cya Cameroun muri irushanwa ryo kuzenguruka iki gihugu ryatangiye kuwa 11 Werurwe 2017, ntawavuga ko ihagaze nabi kuko ku rutonde rusange (General Classification) ruheruka gusohoka barebeye hamwe uduce tune tumaze gukinwa, Ndayisenga Valens ahagaze ku mwanya wa karindwi (7).

Ubwo iri rushanwa ryatangiraga kuwa 11 Werurwe 2017, abasiganwa bakoze intera ya kilometro 121 (121 KM) bava mu mujyi wa Yaounde bagana Bafia. Icyo gihe Cisse Isiaka (Ivory Coast) ni we wahize abandi akoresheje amasaha abiri, iminota 53’ n’amasegonda 38” (2h53’38”). Uyu yaje akurikiwe na Tybor Patrick umunya-Slovakia ukinira Dukla Banska Bystrica bakoresheje ibihe bingana.

Van Englen Adne Umuholandi ukinira Global Cycling Team yafashe umwanya wa gatatu akoresheje amasaha abiri, iminota 53 n’amasegonda 30’ (2h53’30”) imbere ya Jean Claude Uwizeye umunyarwanda waje ku mwanya wa 10 akoresheje amasaha abiri, iminota 53’ n’amasegonda 45” (2h53’45”).

Ndayisenga Valens watwaye Tour du Rwanda iheruka (2016) yaje ku mwanya wa wa 13 (2h53’45”), Tuyishime Ephraim yafashe umwanya wa 18 (2h53’45”), Ukiniwabo Rene Jean Paul yafashe umwanya wa 23 (2h53’45”) mu gihe Uwizeyimana Bonaventure yafashe umwanya wa 26 (2h53’45”).

Mu gace ka kabiri abasiganwa bahagurutse Bafoussam bagana Dschang mbere yo kugaruka Bafoussam ku ntera ya kilometero 101, urugendo rwabaye rwiza kuri Holler Nikodemus (BikeAid/Germany) waje ku mwanya wa mbere akoresheje 2h24’9”. Muri aka gace, Kangangi Suleiman (BikeAid/Kenya) yatahanye umwanya wa gatanu (5) akoresheje 2h25’6”.

Ndayisenga Valens yafashe umwanya wa cyenda (9) akoresheje 2h25’12”, Uwizeye Jean Claude aza amukurikiye ku mwanya wa cumi (10) akoresheje 2h25’25”. Ukiniwabo Rene Jean Paul yabaje inyuma ku mwanya wa 11 akoresheje 2h26’17” imbere ya Uwizeyimana Bonaventure waje ku mwanya wa 12 akoresheje 2h26’17”.
Kuri uyu wa Kabiri ubwo iri siganwa ryari rigeze ku munsi waryo wa kane (Etape4), abasiganwa bavaga ahitwa Limbe bagana Kumba ku ntera ya kilometero 98 (98Km). Aka gace katwawe na Mraouni Salahedine (Maroc) akoresheje 2h28’39” wakurikiwe na Holler Nikodemus (BikeAid) banganyije ibihe.

Umunyarwanda wa hafi yabaye Ukiniwabo Rene Jean Paul waje ku mwanya wa gatatu akoresheje 2h28’44”, Uwizeye Jean Claude watwaye umwanya wa 17 akoresheje 2h29’52’ imbere ya Kangangi Suleiman (Kenya) waje ku mwanya wa 18 banganya ibihe.

Kamzong Clovis watwaye iri rushanwa mu 2015, yafashe umwanya wa 19 akoresheje 2h29’52”. Tuyishime Ephrem yabaye uwa 30 akoresheje 2h29’52”, Ndayisenga Valens aba uwa 31 akoresheje ibihe bingana n’ibya Nsengimana Jean Bosco (2h29’52”). Uwizeyimana Bonaventure yafashe umwanya wa 34 akoresheje 2h30’9”.
Ku rutonde rusange ruyobowe na Holler Nikodemus(BikeAid) umaze gukoreshe 10h30’36”, Mraouni Selahedine aza ku mwanya wa kabiri kuko amurusha umunota umwe n’amasegonda atanu. Ndayisenge Valens ni uwa karindwi (7) kuko amaze gukoresha 10h33’18”.

Kangangi Suleiman ujya anitabira Tour du Rwanda, ahagaze ku mwanya wa munani kuko amaze gukoresha 10h33’42”. Ukiniwabo Rene Jean Paul ni uwa cyenda (9) kuko amaze gukoresha 10h33’4”, Uwizeye Jean Claude ni uwa cumi (10) dore ko amaze gukoresha 10h34’4” mu gihe Uwizeyimana Bonaventure ari ku mwanya wa 12 kuko amaze gukoresha 10h34’40”.

-6104.jpg

Tour du Cameroun ni imwe mu masiganwa amaze kubaka izina muri Afurika kuva yakinwa bwa mbere mu 2003 kugeza magingo aya aho iri gukinwa ku nshuro ya 14 nubwo mu 2013 itabaye. Iri siganwa rigira uduce umunani (Etapes 8) rikaba kuri uyu wa kabiri ryari rigeze ku gace ka Kane kasize Ndayisenga Valens ari ku mwanya wa karindwi ku rutonde rusange (General Classification).

2017-03-15
Editorial

IZINDI NKURU

NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

Editorial 07 Jun 2018
PSG yatsinze Chealsea umikno ubanza

PSG yatsinze Chealsea umikno ubanza

Editorial 17 Feb 2016
Umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda mu nzira ya Kigali-Rwamagana-Kigali

Umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda mu nzira ya Kigali-Rwamagana-Kigali

Editorial 24 Feb 2019
Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Editorial 14 Jun 2022
NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

Editorial 07 Jun 2018
PSG yatsinze Chealsea umikno ubanza

PSG yatsinze Chealsea umikno ubanza

Editorial 17 Feb 2016
Umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda mu nzira ya Kigali-Rwamagana-Kigali

Umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda mu nzira ya Kigali-Rwamagana-Kigali

Editorial 24 Feb 2019
Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Editorial 14 Jun 2022
NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

Editorial 07 Jun 2018
PSG yatsinze Chealsea umikno ubanza

PSG yatsinze Chealsea umikno ubanza

Editorial 17 Feb 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru