• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Editorial 15 Mar 2017 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino w’amagare iri mu gihugu cya Cameroun muri irushanwa ryo kuzenguruka iki gihugu ryatangiye kuwa 11 Werurwe 2017, ntawavuga ko ihagaze nabi kuko ku rutonde rusange (General Classification) ruheruka gusohoka barebeye hamwe uduce tune tumaze gukinwa, Ndayisenga Valens ahagaze ku mwanya wa karindwi (7).

Ubwo iri rushanwa ryatangiraga kuwa 11 Werurwe 2017, abasiganwa bakoze intera ya kilometro 121 (121 KM) bava mu mujyi wa Yaounde bagana Bafia. Icyo gihe Cisse Isiaka (Ivory Coast) ni we wahize abandi akoresheje amasaha abiri, iminota 53’ n’amasegonda 38” (2h53’38”). Uyu yaje akurikiwe na Tybor Patrick umunya-Slovakia ukinira Dukla Banska Bystrica bakoresheje ibihe bingana.

Van Englen Adne Umuholandi ukinira Global Cycling Team yafashe umwanya wa gatatu akoresheje amasaha abiri, iminota 53 n’amasegonda 30’ (2h53’30”) imbere ya Jean Claude Uwizeye umunyarwanda waje ku mwanya wa 10 akoresheje amasaha abiri, iminota 53’ n’amasegonda 45” (2h53’45”).

Ndayisenga Valens watwaye Tour du Rwanda iheruka (2016) yaje ku mwanya wa wa 13 (2h53’45”), Tuyishime Ephraim yafashe umwanya wa 18 (2h53’45”), Ukiniwabo Rene Jean Paul yafashe umwanya wa 23 (2h53’45”) mu gihe Uwizeyimana Bonaventure yafashe umwanya wa 26 (2h53’45”).

Mu gace ka kabiri abasiganwa bahagurutse Bafoussam bagana Dschang mbere yo kugaruka Bafoussam ku ntera ya kilometero 101, urugendo rwabaye rwiza kuri Holler Nikodemus (BikeAid/Germany) waje ku mwanya wa mbere akoresheje 2h24’9”. Muri aka gace, Kangangi Suleiman (BikeAid/Kenya) yatahanye umwanya wa gatanu (5) akoresheje 2h25’6”.

Ndayisenga Valens yafashe umwanya wa cyenda (9) akoresheje 2h25’12”, Uwizeye Jean Claude aza amukurikiye ku mwanya wa cumi (10) akoresheje 2h25’25”. Ukiniwabo Rene Jean Paul yabaje inyuma ku mwanya wa 11 akoresheje 2h26’17” imbere ya Uwizeyimana Bonaventure waje ku mwanya wa 12 akoresheje 2h26’17”.
Kuri uyu wa Kabiri ubwo iri siganwa ryari rigeze ku munsi waryo wa kane (Etape4), abasiganwa bavaga ahitwa Limbe bagana Kumba ku ntera ya kilometero 98 (98Km). Aka gace katwawe na Mraouni Salahedine (Maroc) akoresheje 2h28’39” wakurikiwe na Holler Nikodemus (BikeAid) banganyije ibihe.

Umunyarwanda wa hafi yabaye Ukiniwabo Rene Jean Paul waje ku mwanya wa gatatu akoresheje 2h28’44”, Uwizeye Jean Claude watwaye umwanya wa 17 akoresheje 2h29’52’ imbere ya Kangangi Suleiman (Kenya) waje ku mwanya wa 18 banganya ibihe.

Kamzong Clovis watwaye iri rushanwa mu 2015, yafashe umwanya wa 19 akoresheje 2h29’52”. Tuyishime Ephrem yabaye uwa 30 akoresheje 2h29’52”, Ndayisenga Valens aba uwa 31 akoresheje ibihe bingana n’ibya Nsengimana Jean Bosco (2h29’52”). Uwizeyimana Bonaventure yafashe umwanya wa 34 akoresheje 2h30’9”.
Ku rutonde rusange ruyobowe na Holler Nikodemus(BikeAid) umaze gukoreshe 10h30’36”, Mraouni Selahedine aza ku mwanya wa kabiri kuko amurusha umunota umwe n’amasegonda atanu. Ndayisenge Valens ni uwa karindwi (7) kuko amaze gukoresha 10h33’18”.

Kangangi Suleiman ujya anitabira Tour du Rwanda, ahagaze ku mwanya wa munani kuko amaze gukoresha 10h33’42”. Ukiniwabo Rene Jean Paul ni uwa cyenda (9) kuko amaze gukoresha 10h33’4”, Uwizeye Jean Claude ni uwa cumi (10) dore ko amaze gukoresha 10h34’4” mu gihe Uwizeyimana Bonaventure ari ku mwanya wa 12 kuko amaze gukoresha 10h34’40”.

-6104.jpg

Tour du Cameroun ni imwe mu masiganwa amaze kubaka izina muri Afurika kuva yakinwa bwa mbere mu 2003 kugeza magingo aya aho iri gukinwa ku nshuro ya 14 nubwo mu 2013 itabaye. Iri siganwa rigira uduce umunani (Etapes 8) rikaba kuri uyu wa kabiri ryari rigeze ku gace ka Kane kasize Ndayisenga Valens ari ku mwanya wa karindwi ku rutonde rusange (General Classification).

2017-03-15
Editorial

IZINDI NKURU

Umutoza Eric Nshimiyimana yasheshe amasezerano n’ikipe ya Bugesera FC

Umutoza Eric Nshimiyimana yasheshe amasezerano n’ikipe ya Bugesera FC

Editorial 14 Nov 2023
Police HC na Kiziguro SS begukanye igikombe cy’ubutwari cyakiniwe mu karere ka Gicumbi

Police HC na Kiziguro SS begukanye igikombe cy’ubutwari cyakiniwe mu karere ka Gicumbi

Editorial 19 Jan 2025
RDF : Uko  ikipe y’u Rwanda yarangije idatsinzwe

RDF : Uko ikipe y’u Rwanda yarangije idatsinzwe

Editorial 17 Aug 2016
FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

Editorial 13 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa 7, umukino wa Police FC na Gicumbi FC wahinduriwe amasaha
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa 7, umukino wa Police FC na Gicumbi FC wahinduriwe amasaha

Editorial 04 Dec 2021
Uko Umunyapolitiki TWAGIRAMUNGU Faustin, Ndagijimana JMV, Dr.Marara Christian  bahindutse abanzi b’igihugu n’impamvu zabyo
ITOHOZA

Uko Umunyapolitiki TWAGIRAMUNGU Faustin, Ndagijimana JMV, Dr.Marara Christian bahindutse abanzi b’igihugu n’impamvu zabyo

Editorial 04 Apr 2016
Centrafrika: Abapolisi b’u Rwanda bashimiwe kuba abanyamwunga no kugira imyitwarire myiza mu kazi
Mu Mahanga

Centrafrika: Abapolisi b’u Rwanda bashimiwe kuba abanyamwunga no kugira imyitwarire myiza mu kazi

Editorial 28 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru