• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uko Gen. Kabarebe yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ibihugu bibiri

Uko Gen. Kabarebe yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ibihugu bibiri

Editorial 24 Feb 2019 ITOHOZA

Gen. James Kabarebe yagarutse ku buryo u Rwanda rwigeze kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bigatuma agirwa Umugaba mukuru w’ingabo z’ibyo bihugu byombi, ibintu bidakunze kubaho.

Mu 1996 inyeshyamba AFDL (Alliance des forces démocratiques pour la libération du Congo) ziyobowe na Laurent Desiré Kabila zatangije intambara yo guhirika Mobutu Sese Seko wari umaze imyaka isaga 30 ku butegetsi zibifashwamo n’Ingabo z’u Rwanda.

U Rwanda rwemeye gufasha Kabila kugira ngo rubone uko ruburizamo umugambi w’Interahamwe n’abahoze mu ngabo z’u Rwanda bisuganyirizaga muri Zaїre, bashakaga gukomeza umugambi wa Jenoside yari imaze imyaka ibiri ihagaritswe n’Ingabo zari iza FPR Inkotanyi.

Kabila amaze gufata ubutegetsi, ingabo ze zasaga nk’aho nta bunararibonye zifite, zitabaje u Rwanda rubatiza Gen James Kaberebe wari inararibonye mu ntambara ngo azibere Umugaba mukuru.

Kuwa Kane w’iki Cyumweru mu kiganiro Gen Kabarebe yahaye urubyiruko muri gahunda ya ‘Rubyiruko Menya Amateka yawe’ cyitabiriwe n’abagera kuri 606 bo mu Ntara y’Amajyepfo, yasabwe kugira icyo avuga ku kuba yarabaye umugaba mukuru w’ingabo mu bihugu bibiri, Congo n’u Rwanda.

Gen Kabarebe usanzwe ari Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, yagize ati “Nabaye Chef d’état Major (Umugaba Mukuru w’Ingabo) w’ibihugu bibiri. Nabaye Chef d’état Major w’Ingabo z’u Rwanda na Congo mu gihe kimwe, ariko ubwo ni u Rwanda rwari rwatsinze Congo rwakuyeho Mobutu rushyiraho Chef d’état Major ari we njye, ubwo ni ukuvuga ko ari u Rwanda rwayoboraga Congo.”

Kabarebe ahavuye ibintu byahinduye isura

Muri Kanama 1998 Laurent Desiré Kabila yahagaritse umubano n’u Rwanda, asezerera ingabo z’u Rwanda ku butaka bwa Congo ndetse atangira gucudika na Ex-FAR n’Interahamwe zari mu buhungiro mu gihugu cye, zaranashinze umutwe wari ugamije gutera u Rwanda wiswe ALIR [Armée pour la Libération du Rwanda] waje guhindurirwa izina ukitwa FDLR.

Byatangiye ku itariki 14 Nyakanga 1998 ubwo Laurent Kabila yasezereraga Gen Kabarebe ku mwanya w’Umugaba w’ingabo, asimbuzwa Gen Celestin Kifwa ku buryo butunguranye.

Ni ikintu cyabaye nk’ikizana icyokotsi cy’intambara, ahanini kubera ko Kabila yabikoze atabiganiriyeho n’u Rwanda rwari rwaramugejeje ku butegetsi. Icyo gihe Kabarebe yagizwe umujyanama wa Kifwa.

Ntibyamaze Kabiri, Kabila yasezereye Gen Kabarebe mu gihugu anasaba ko Ingabo z’u Rwanda na Uganda kuva igitaraganya ku butaka bwa Congo, mu gihe hashingiwe ku mibereho y’ingabo, yagombaga kuzishimira ko zamufashije. Ibyo yabikoze Ingabo z’u Rwanda zitaragera ku mugambi wo kurwanya imitwe irimo ALIR.

Mu kwisuganya ngo zive ku butaka bwa Congo, itsinda rito ry’ingabo z’u Rwanda riyobowe na Gen Kabarebe wari wavuye i Kinshasa, ryigaruriye indege eshatu ku kibuga cy’indege i Goma, zipakiramo abasirikare bo mu Ngabo z’u Rwanda na RCD Goma (umutwe wari uyobowe na Laurent Nkunda warwanyaga Kabila), zigaba igitero cy’akataraboneka ku Kigo cya Kitona giherereye mu birometero 350 mu majyepfo ya Kinshasa ari naho hagizwe ibirindiro bishya by’ingabo zirwanya Kabila.

Impuguke, umwanditsi, umwarimu akaba n’umurwanyi mu Ngabo za Amerika, Comer Plummer mu 2008 yanditse ko igitero cy’Ingabo z’u Rwanda kuri Kitona kiri mu byabayeho bitazibagirana, ndetse ahamya ko kiri mu biherwaho hatangwa amasomo muri za kaminuza zikomeye zigisha ibya gisirikare.

Myuma y’iminsi itandatu, izo ngabo zari zafashe icyambu cya Matadi intego ari ukuvanaho Desiré Kabila, zikurikizaho urugomero rwa Inga rugaburira amashanyarazi umujyi wa Kinshasa, kuva ubwo Kinshasa ihinduka icuraburindi.

Iyo ntambara yiswe iya Congo ya kabiri, yaje kwinjirwamo n’ibihugu icyenda, bimwe biri ku ruhande rwa Kabila ibindi biri ku rw’u Rwanda. Intambara yarangiye mu 2003 nyuma y’imyaka ibiri Desiré Kabila apfuye, hasinywa amasezerano y’amahoro.

Gen Kabarebe yavutse mu 1959, ubu amaze imyaka isaga 35 mu bikorwa by’igisirikare cy’umwuga. Mu 1983 nibwo yinjiye mu gisirikare cya NRA muri Uganda cyayoborwaga na Museveni, barangaza imbere urugamba rwo guhirika Milton Obote rwanimitse Museveni.

Yabaye umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda mu 2002, umwanya yavuyeho mu 2010 agirwa Minisitiri w’ingabo.

Src : IGIHE

2019-02-24
Editorial

IZINDI NKURU

Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine  avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000

Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000

Editorial 05 May 2017
Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.

Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.

Editorial 14 Apr 2019
New Zealand: Depite Ghahraman akomeje kwibasirwa anengwa ko yaburaniye abakoze jenoside mu Rwanda

New Zealand: Depite Ghahraman akomeje kwibasirwa anengwa ko yaburaniye abakoze jenoside mu Rwanda

Editorial 28 Nov 2017
Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Editorial 18 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame
Mu Rwanda

Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Editorial 15 Jul 2017
Col Aaron Nyamushebwa yahakanye amakuru avuga ko yatorotse igisirikare cya FARDC
POLITIKI

Col Aaron Nyamushebwa yahakanye amakuru avuga ko yatorotse igisirikare cya FARDC

Editorial 22 Jan 2020
Uherutse gufungwa azira gupfobya jenoside yarashwe agerageza gucika bimuviramo urupfu
ITOHOZA

Uherutse gufungwa azira gupfobya jenoside yarashwe agerageza gucika bimuviramo urupfu

Editorial 21 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru