• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Uko Kambanda yemereye urukiko ko Guverinoma ye ari yo yakoze Jenoside

Uko Kambanda yemereye urukiko ko Guverinoma ye ari yo yakoze Jenoside

Editorial 09 Apr 2020 POLITIKI

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr. Jean Damascene Bizimana, yatanze ibihamya by’uko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yashyizwe mu bikorwa na Guverinoma yari iyobowe na Jean Kambanda ufungiwe muri Mali.

Dr. Bizimana avuga ko Kambanda ubwe yemereye Urukiko Mpuzamahanga rwakoreraga i Arusha muri Tanzania, ko Guverinoma yayoboraga yiswe iy’abatabazi, yashyize mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, mu kiganiro yatanze mu bitangazamakuru binyuranye ku munsi wo gutangiza icyunamo tariki 07 Mata 2020, yagize ati “Ibyaha 11 Kambanda yemeye (imbere y’urukiko) ko yabifatanyije n’abaministiri bakoranaga, ni byo ngira ngo nubakireho”.

Dr. Bizimana avuga ko Kambanda yemeye ko habayeho ibitero byagabwe ku basivili b’Abatutsi biturutse ku mugambi wo kubarimbura, kandi ko ngo yayoboye inama z’abaminisitiri zari zifite ububasha bwo guha amabwiriza abagize Guverinoma, abayobora inzego z’ibanze , ingabo z’Igihugu n’abajandarume.

Jean Kambanda kandi ngo yemeye ko yayoboye inama za Guverinoma zarimo ba Perefe (abayobozi ba perefegitura) zari zishinzwe gukurikirana uko Jenoside yakorwaga, ariko ati “nta cyemezo na kimwe nafashe cyo kuyihagarika”.

Dr. Bizimana akomeza asubiramo amagambo Kambanda ngo yabwiye Urukiko ati “nagize uruhare mu ifatwa ry’icyemezo cya Guverinoma cyo kohereza muri za perefegitura bamwe muri ba minisitiri mu butumwa bwo gukangurira abaturage guhiga umwanzi n’ibyitso bye, ni ko byagenze tuvanaho Perefe wa Butare wari waranze ko Jenoside ishyirwa mu bikorwa”.

Icyaha cya kane ngo kiri mu nyandiko yiswe “Directives sur la Defense Civile (Amabwiriza yo kwirwanaho kw’abaturage umuntu agenekereje mu Kinyarwanda), yo ku itariki 25 Gicurasi 1994, “yashishikarizaga interahamwe gukora ubwicanyi ku baturage b’abasivili b’Abatutsi”.

Dr. Bizimana akomeza asoma ibi birego bisubiramo kwirega kwa Jean Kambanda, ati “Guverinoma ni yo yagize uruhare mu bikorwa by’ubwicanyi bwakozwe n’Interahamwe”.

Icyaha cya gatanu Kambanda yireze ngo kigaragaza uburyo Leta ya Habyarimana yateguye Jenoside yakorewe Abatutsi kuva mu mwaka wa 1990, kuko “yatangiye gutegura urubyiruko rw’interahamwe zo mu ishyaka MRND na CDR hagamijwe kurukoresha mu bwicanyi bwakurikiyeho”.

Mu cyaha cya gatandatu Kambanda ngo yavuze ko mbere y’iyicwa rya Perezida Habyarimana, Guverinoma ngo yatanze intwaro zirimo n’amasasu ku Nterahamwe, ishyiraho za bariyeri zikumira Abatutsi zacungwaga n’abasirikare bafatanyije n’Interahamwe.

Kambanda kandi ngo yemeye ko Itangazamakuru ryakoreshejwe mu bukangurambaga mu baturage bahamagarirwa gutsemba Abatutsi, ndetse ko mu gisirikare ngo hari harinjijwemo Interahamwe zo kwica Abatutsi vuba na vuba.

Dr. Bizimana akomeza asoma icyaha cya karindwi Kambanda yemeye, agira ati “Jyewe Kambanda nashyigikiye ishingwa rya radio RTLM kandi nyishishikariza guhamagarira iyicwa ry’Abatutsi b’abasivile”.

Mu magambo ye bwite, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG agakomeza agira ati “aba yahamagarizaga kugira ngo bicwe bari abaturage batarwana, kubera iyo mpamvu Leta iba igomba kubarinda ikoresheje ingabo”.

Dr. Bizimana akomeza asoma inyandiko igira ati “Minisitiri w’Intebe n’abari bagize Guverinoma nari nyoboye, twazengurutse Perefegitura ya Butare, Gitarama, Gikongoro, Gisenyi na Kibuye, dushishikariza ba perefe, ba burugumesitiri n’abaturage muri rusange, kwica Abatutsi n’Abahutu batari bashyigikiye uwo mugambi.

Jyewe Jean Kambanda ndemera ko niboneye iyicwa ry’Abatutsi kandi nkaba naragiye mbimenyeshwa muri za raporo zatangwaga na ba Perefe no mu nama zitandukanye zahuzaga abaminisitiri.

Jean Kambanda, ndemera ko nari mfite ubushobozi bwo kumenya ko abo nayoboraga bakoraga ubwicanyi ku Batutsi, kandi nkaba ntacyo nakoze ku bushake ngo mbuze cyangwa mpane ababukoraga;

Uyu Minisitiri w’Intebe akavuga ati ‘Jyewe nk’uwayoboraga Guverinoma nari mbizi, nari nzi uwo mugambi wose ko ugamije kwica kandi ntacyo nakoze ngo mbihagarike, nyamara nari mbifitiye ububasha”.

Umunyamananga Nshingwabikorwa wa CNLG, asoza gusoma iyi nyandiko ikubiyemo kwemera ibyaha kwa Jean Kambanda, avuga ko bidakwiriye guca hirya no hino abantu bashaka ibindi bimenyetso by’amateka ya Jenoside.

Ati “Uwashaka yajya asoma ibi byaha Kambanda yemeye, uburyo yagaragaje umugambi wa Jenoside, uko wateguwe n’uburyo washyizwe mu bikorwa, yabonamo Jenoside yose uko yagenze”.

2020-04-09
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Editorial 12 Sep 2019
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola

Editorial 14 Aug 2019
Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Editorial 20 Jul 2019
U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi

U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi

Editorial 23 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amahoro ku isi: u Rwanda rwazamutseho imyanya 24, u Burundi umwanya 1
HIRYA NO HINO

Amahoro ku isi: u Rwanda rwazamutseho imyanya 24, u Burundi umwanya 1

Editorial 12 Jun 2019
Polisi yafashe magendu n’imiti yarangije igihe mu mikwabu itandukanye.
Mu Mahanga

Polisi yafashe magendu n’imiti yarangije igihe mu mikwabu itandukanye.

Editorial 04 Jun 2016
Kigali: Umwarimu ukekwaho gusambanya umunyeshuri yigishaga ari gushakishwa uruhindu
ITOHOZA

Kigali: Umwarimu ukekwaho gusambanya umunyeshuri yigishaga ari gushakishwa uruhindu

Editorial 09 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru