• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uko Kigeli bashakaga kumutabariza muri Portugal, n’ uko yazanywe mu Rwanda bujura

Uko Kigeli bashakaga kumutabariza muri Portugal, n’ uko yazanywe mu Rwanda bujura

Ubwanditsi 13 Jan 2017 ITOHOZA

Umuryango w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa wasobanuriye abanyamakuru uko wagejeje umurambo wa nyakwigendera mu Rwanda, mu gihe urundi ruhande ngo rwashakaga kumutabariza i Burayi.

Pasiteri Ezra Mpyisi wari umujyanama wa Kigeli ni we wabisobanuye mu izina ry’umuryango. Ikiganiro cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, kuri Minisiteri y’Umuco na Siporo i Remera.

Mpyisi yavuze ko nyuma y’aho urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Kigeli atabarizwa mu Rwanda, bakomereje ku bitaro ngo bahabwe umurambo, havuka ikibazo mu byangombwa by’umurambo.

Ngo umuzungu wari ushinzwe iby’uwo murambo yababwiye ko ugomba kurizwa indege ukajya gutabarizwa muri Portugal ahari amarimbi y’abami, kuko ngo hari n’Abanyaportugal bafashaga Kigeli.

Uwo muzungu ngo yababwiye ko badashobora guhabwa uwo murambo ngo bawujyane mu Rwanda, ko guhindura aho kumujyana bishoboka ariko ko byasaba gutegereza ibyumweru bine.

-27.gif

Isanduku y’umugoro w’Umwami yinjizwa mu modoka

Mpyisi yavuze ko ngo bamukuye muri Amerika basa nk’abamwiba, kuko bahendahenze uwo muzungu abibafashamo, babona ko nibategereza ibyo byumweru bine uruhande bari bahanganye ruzajurira.

Uruhande rutifuzaga ko Kigeli atabarizwa mu Rwanda, rwavugaga ko we ubwe mbere yo gupfa yasize avuze ko atifuza gutabarizwa mu Rwanda, ariko ibi urukiko rwabitesheje agaciro.

Mpyisi yavuze ko bashakaga ko atabarizwa muri Portugal mu rwego rwo kumucuruza kuko abantu bajya baza kumusura bakishyura, avuga ariko ko igishimishije ari uko byarangiye azanwe mu Rwanda.

Azatabarizwa i Mwima mu Karere ka Nyanza tariki 15 Mutarama 2017, nk’uko uyu mukambwe amaze kubibwira itangazamakuru. Muri ako gace ni na ho misa yo kumusezera izabera, ariko ngo ntizabera mu kiliziya.

Uruhande rutavuga rumwe na bo, nyuma y’icyemezo cy’urukiko rwatangaje ko himitswe undi mwami witwa Bushayija Emmanuel, izina ry’ubwami rye rikaba Yuhi VI. Ngo ni umwuzukuru wa Yuhi Musinga.

Mpyisi yabwiye abanyamakuru ko uyu Bushayija adakwiye gufatwa nk’umwami kuko nta mwami wimikwa n’abantu babiri, avuga ko amakuru y’iyimikwa rye bayumvise bari mu ndege bazanye umurambo.

Nyuma y’urupfu rwa Kigeli, Leta y’u Rwanda yatangaje ko izafasha umuryango w’umwami kumutabariza nuramuka ubyifuje. Mpyisi yabajijwe n’abanyamakuru icyo Leta irimo kubafasha, iki kibazo aragikikira, ntiyagira ibisobanuro agitangaho.

Jean Baptiste Ndahindurwa ‘Kigeli V Ndahindurwa’ yimye ingoma mu 1959 afite imyaka 23, asimbuye mukuru we Mutara III Rudahigwa watangiye i Bujumbura. Hari abakeka ko yarozwe.

Kigeli IV Ndahindurwa yaguye muri Amerika aho yari amaze imyaka 25 ari impunzi. Umurambo we wagejejwe mu Rwanda kuwa 9 Mutarama 2016.

-5337.jpg

Pasiteri Ezra Mpyisi wari umujyanama wa Kigeli nabo mumuryango wa Kigeli

2017-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 04 Jun 2025
Umunyarwanda Butare Esdras niwe ushinzwe ubucuruzi no kwinjiza Interahamwe mu ngabo z’ u Burundi.

Umunyarwanda Butare Esdras niwe ushinzwe ubucuruzi no kwinjiza Interahamwe mu ngabo z’ u Burundi.

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ubwanditsi 11 Feb 2025
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Ubwanditsi 24 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Batanu mu bahatanira MissRwanda2016  batsinze ikizamini cya Leta
IMIKINO

Batanu mu bahatanira MissRwanda2016 batsinze ikizamini cya Leta

Ubwanditsi 21 Feb 2016
Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo
Amakuru

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Ubwanditsi 02 Mar 2024
Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)
INKURU NYAMUKURU

Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)

Ubwanditsi 10 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru