• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ukuri guca muziko ntigushye: Uruhare rw’Ubufaransa muri jenoside rukomeje kugaragazwa

Ukuri guca muziko ntigushye: Uruhare rw’Ubufaransa muri jenoside rukomeje kugaragazwa

Editorial 06 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Ukuri guca muziko ntigushye!

Aya ni amagambo Ministiri w’ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Leta, Louise Mushikiwabo yagarutseho kuri Twitter ubwo yavugaga k’uruhare rw’Ubufaransa muri jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Ibi yabitangaje nyuma yaho umuryango Survie wajyanye, kuri uyu wa Kane, ikimenyetso cy’’isanduku y’intwaro’, ahahoze icyicaro cya Minisiteri y’Ingabo y’u Bufaransa mu gusaba ko u Bufaransa bwagira icyo bukora bukemera uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iyi sanduku ikoze mu biti, yari iteruwe n’abanyamuryango ba Survie, ijyanwa kuri icyo cyicaro, hagaragaraho amagambo yerekana ko u Bufaransa bwoherereje intwaro Ingabo zari iza Leta y’u Rwanda, FAR, buzinyujije muri Zaïre (Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo).

Nk’uko tubikesha Le Parisien, umwe mu bagize Survie, Thomas Borrel, yatangaje ko ibi byakozwe mu rwego rwo guhamagarira Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macro, kwemera uruhare igihugu ayoboye cyagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Ni ukongera kwibutsa Perezida uriho ku bufasha Leta y’u Bufaransa yahaye ubutegetsi bwateguye, bukanakora Jenoside. Turasaba ko Leta y’u Bufaransa yemera ku mugaragaro buriya bufasha. Hejuru y’amakosa yemewe na Nicolas Sarkozy mu 2010 ari i Kigali. Hakenewe igikorwa gikomeye.”

Umuryango Surivie uharanira ko u Bufaransa bwakwemera uruhare rwabwo muri Jenoside, muri Gashyantare, wasohoye raporo igaragaza imikoranire ya Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’umucanshuro w’Umufaransa Bob Denard wakoreshaga amazina atari aye, akishyurwa binyuze muri banki ikomeye y’i Paris, BNP.

Ikimenyetso cy’Isanduku y’intwaro ijyanwa ahahoze icyicaro cya Minisiteri y’Ingabo y’u Bufaransa

Uretse gushinjwa kugira uruhare muri Jenoside, u Bufaransa buri mu bihugu u Rwanda rushinja gukingira ikibaba abayigizemo uruhare, ntibakurikiranwe n’ubutabera.

Si Abanyarwanda gusa bahungiyeyo, mu Ugushyingo 2016 Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda bwasohoye itangazo ko bwatangiye iperereza ku basirikare bakuru b’u Bufaransa 20 bakekwaho ko bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ariko bugomba gukorana n’ubutabera bw’icyo gihugu.

Uretse Nicolas Sarkozy wayoboye u Bufaransa akemera ko igihugu cye cyagize ikosa ry’uburangare no kwibeshya ku byakozwe, ntiburegera bwemera ko bwagize uruhare muri Jenoside.

Uretse mbere ya Jenoside aho Perezida François Mitterrand yakoranaga n’ubutegetsi bwa Juvenal Habyarimana wayoboraga u Rwanda, u Bufaransa bwohereje ingabo muri Zone Turquoise mu gihe cya Jenoside ariko zinengwa ko nta cyo zakoze mu kurokora abicwaga.

Umuryango Survie wokeje igitutu u Bufaransa mu gihe u Rwanda n’Isi bagiye kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi, igahitana abarenga miliyoni.

2018-04-06
Editorial

IZINDI NKURU

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Editorial 23 Jan 2019
Uganda: Inteko yemeje ingingo yemerera Museveni kongera kwitoza

Uganda: Inteko yemeje ingingo yemerera Museveni kongera kwitoza

Editorial 21 Dec 2017
Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye ibera muri Ghana

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye ibera muri Ghana

Editorial 11 Dec 2017
Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Editorial 11 Mar 2023
Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Editorial 23 Jan 2019
Uganda: Inteko yemeje ingingo yemerera Museveni kongera kwitoza

Uganda: Inteko yemeje ingingo yemerera Museveni kongera kwitoza

Editorial 21 Dec 2017
Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye ibera muri Ghana

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye ibera muri Ghana

Editorial 11 Dec 2017
Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Editorial 11 Mar 2023
Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Editorial 23 Jan 2019
Uganda: Inteko yemeje ingingo yemerera Museveni kongera kwitoza

Uganda: Inteko yemeje ingingo yemerera Museveni kongera kwitoza

Editorial 21 Dec 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru