• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ukuvuguruzanya hagati ya Nkurunziza n’umugore we uvuga ko yeretswe iby’ubwicanyi bubera mu Burundi

Ukuvuguruzanya hagati ya Nkurunziza n’umugore we uvuga ko yeretswe iby’ubwicanyi bubera mu Burundi

Editorial 09 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Pierre Nkurunziza w’igihugu cy’u Burundi, ntavuga rumwe n’umugore we Denise Nkurunziza ku bijyanye n’ubwicanyi bubera muri iki gihugu dore ko umugore ashimangira ibyaha ndengakamere bihabera mu gihe umugabo we atangaza ko umutekano ari wose. Uyu mugore, ngo yaneretswe abantu bihishe inyuma y’ibyo bikorwa by’ubwicanyi.

Ubwo Perezida Nkurunziza yagezaga ku baturage be ijambo yabageneye mu mpera z’umwaka ushize wa 2018, yavuze ko umutekano ari wose mu gihugu ayobora ndetse asaba impunzi zahungiye mu bihugu nk’u Rwanda na Tanzania ko zataha kuko ituze n’amahoro bitemba mu Burundi. Perezida Nkurunziza yagaragaje ko amakuru avuga iby’ubwicanyi bubera mu Burundi ari ibihuha bidafite ishingiro.

Ikinyamakuru La Libre Belgique cyo mu Bubiligi, cyatangaje ko Perezida Nkurunziza avuguruzanya n’umugore we Denise Nkurunziza ku bijyanye n’ubwicanyi bubera mu Burundi, kuko uyu mugore aherutse kuvuga ko yaneretswe ababikora akanabasabira imbabazi ku Mana.

Ubwo yari mu masengesho, Denise Nkurunziza yavuze ko mu Burundi hari ibikorwa byinshi by’ubwicanyi, anongeraho ko Imana yamuhishuriye amazina y’ababikora. Yanashimangiye ko atakambira Imana mu mwanya wabo kugirango ibababarire ibyo byaha byo kuvutsa rubanda ubuzima, amahoro n’umudendezo.

Denise Nkurunziza kandi ati: “Imana yanyeretse n’abakire bakomeza kongera ubukire bwabo babikesha kunyaga abakene ibyabo, inanyereka ubwirasi n’ubwishongozi bwa bamwe mu bayobozi bakuru muri Guverinoma y’u Burundi.”

Ibyo aba bombi batangaje bishimangira kuvuguruzanya ariko ibyatangajwe na Denise Nkurunziza nibyo bihuye n’ibikomeza gutangazwa n’Imiryango mpuzamahanga irengera uburenganzira bwa muntu ndetse na bimwe mu binyamakuru mpuzamahanga bigaragaza ko mu Burundi hari ubwicanyi bukorerwa ahanini abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza.

Uku kuvuguruzanya gukomeje gutuma umuvugizi wa Perezida Nkurunziza w’u Burundi, Jean Claude Karerwa Ndenzako, akomeje gushoza intambara y’amagambo n’umuyobozi mukuru wa Radiyo RPA (Radio Publique Africaine), Bob Rugurika n’abandi ku mbuga nkoranyambaga, ahakana ubwicanyi n’ibindi byaha bashinja Leta.

Ku wa 31 Ukuboza 2018, abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Jean Claude yatangaje ubutumwa mw’izina rya Perezida Nkurunziza, bugira buti “Umwaka wa 2019 ni umwaka w’Urugendo rushya ruzatugeza ku masezerano Imana ishobora byose yasezeranyiye u Burundi n’Abarundi”.

Ubu butumwa bamwe mu batavuga rumwe na Leta y’u Burundi babusamiye hejuru, bagira icyo babuvugaho bashimangira ko Leta yihisha inyuma y’amasengesho igakora ibyaha birimo ubwicanyi.

Bob Rugurika yagize ati “Igihugu cyabaye indiri y’imyuka mibi y’ubwicanyi, ubujura, amacakubiri, abana b’u Burundi birirwa batangwaho ibitambo, ababyeyi, ibibondo, mwirirwa mushimuta. Wabonye urutonde rwa kampagne Ndondeza? Bariya bantu mubashyira he?

Yakomeje agira ati “Bwana Karerwa, mu byo mugomba kuzirikana iminsi yose na hose, izina ry’Imana ntirikinishwa. Na cyane cyane mu bikorwa bigayitse by’ubwicanyi n’ayandi mahano. Ku bwanjye, mwaba muvuga iyindi Mana”

Nyuma y’ibi, umuvugizi wa Nkurunziza na we yahise asubiza Bob, agira ati “Tuzirikana cyane ko Imana idakinishwa kuko yadukuye ahabi. Ihita iducira icyanzu umwanzi aducira icyobo. Ni cyo cyatumye tuyisubiza agaciro yahoranye cyera igihe bavugaga ngo “Imana, Umwami, u Burundi. Abakinisha Imana babage bifashe”.

Jean Claude Ndenzako Karerwa, Umuvugizi wa leta y’u Burundi

Ku bwa Bob, avuga ko Imana nyayo ari iyamukuye muri gereza i Burundi atishwe, ati “Sha iyo itaba Imana nya Mana bari bandiye. Ibaze kuba barahise birukana na Diregiteri wa gereza ngo ntiyantanze ngo banyice, na we atazi uburyo Imana yankingiye”.

Kuva mu mwaka wa 2015, Raporo z’inzobere za Loni zagiye zishinja Leta y’u Burundi ubwicanyi, mu mpera z’umwaka ushize BBC isohora filimi mbarankuru igaragaza ubwicanyi bukorwa mu Burundi. Ku ruhande rwa Leta ikaba yaragiye itera utwatsi ibyo byegeranyo biyishinja ubwicanyi, igashimangira ko ari abayirwanya bakoresha ababisohora.

2019-01-09
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

Editorial 24 Mar 2020
Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Editorial 16 Oct 2023
Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo

Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo

Editorial 19 Jun 2020
Nyuma yo guhohotera Abanyarwanda muri Uganda, Col (Rtd) Frank Kaka Bagyende nawe yisanze mu gihome akurikiye Gen Tumukunde

Nyuma yo guhohotera Abanyarwanda muri Uganda, Col (Rtd) Frank Kaka Bagyende nawe yisanze mu gihome akurikiye Gen Tumukunde

Editorial 10 Jul 2020
U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

Editorial 24 Mar 2020
Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Editorial 16 Oct 2023
Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo

Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo

Editorial 19 Jun 2020
Nyuma yo guhohotera Abanyarwanda muri Uganda, Col (Rtd) Frank Kaka Bagyende nawe yisanze mu gihome akurikiye Gen Tumukunde

Nyuma yo guhohotera Abanyarwanda muri Uganda, Col (Rtd) Frank Kaka Bagyende nawe yisanze mu gihome akurikiye Gen Tumukunde

Editorial 10 Jul 2020
U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

Editorial 24 Mar 2020
Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Editorial 16 Oct 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru