• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»ULK yakiriye abanyeshuri bashya mu mwaka wa 2017/18

ULK yakiriye abanyeshuri bashya mu mwaka wa 2017/18

Editorial 04 Oct 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Kaminuza yigenga ya Kigali ULK, Prof. Dr Rwigamba Balinda, yasabye abanyeshuri bashya batangiye mu mwaka wa mbere w’amashuri, kwita ku cyabajyanye ku ishuri bagamije kugera ku ntsinzi nyakuri mu masomo yabo.

Yabibasabye kuri uyu wa mbere tariki ya 2 Ukwakira 2017, ubwo hafungurwaga ku mugaragaro umwaka w’amashuri wa 2017/18 no gutangiza icyumweru cyo kumenyereza abanyeshuri bashya (Induction week).

Yabasabye ko icya mbere bagomba kumenya ari icyabajyanye, bakaboneka mu masomo iminsi yose, bakirinda ibibarangaza kandi bagakorera hamwe.

Yagize ati “Ikibazanye ntabwo ari ukwirirwa mwandikirana ubutumwa kuri Facebook na WhatsApp, ahubwo mugomba kwitabira amasomo, gusubiramo ibyo mwize, gukorera mu matsinda, gukoresha ururimi n’ikoranabuhanga kuko aribyo muzifashisha mu gukora ubushakashatsi”.

-8206.jpg

Prof. Dr Rwigamba Balinda

Yavuze ko Kaminuza ifite amasomo asobanutse, abarimu bazi icyo gukora, ibikoresho bihagije, abayobozi beza, ku buryo nta rwitwazo na ruto ku banyeshuri rwo gutsindwa.

Umuyobozi w’Icyubahiro ( Chancellor ) wa ULK, Prof. Dr Kalisa Mbanda, yashimiye ubuyobozi bwa ULK ku ntabwe ihora itera iba iya mbere muri Kaminuza zigenga mu Rwanda kandi anabashimira uburyo bateguye neza gahunda yo gutoza abanyeshuri bashya umuco w’ubutore ubafasha kugira uburere bubereye u Rwanda.

Yagize ati “Ndashimira Ubuyobozi bwa Kaminuza bwateguye neza kandi ku gihe igikorwa cyo kwakira Intore mu zindi, abanyeshuri bashya, tubatoza kwimakaza Indangagaciro na Kirazira z’Umuco Nyarwanda “.

Yakomeje agira ati “Iki cyumweru kizarangwa n’ibikorwa bitandukanye kandi byose bizagirira akamaro uwo ariwe wese uzabikurikirana. Kandi twizeye neza ko bizabubaka mu gihe bazaba bakiri hano muri Kaminuza, ndetse no hanze, mu buzima busanzwe bwa buri munsi, aho bazaba bari hose.”

Umuyobozi wa Kaminuza Yigenga ya Kigali,ULK, Dr Sekibibi Ezechiel, mu ijambo rye ry’ikaze yashimiye abanyeshuri bashya igitekerezo cyiza bagize cyo kwiga muri ULK abizeza ko Kaminuza itazabatenguha kandi ko nabo batazicuza uguhitamo kwiza bagize.

Umunyeshuri mushya mu mwaka wa mbere, Mukanteko Karinda Shemsa, yavuze ko yahisemo kwiga muri iri shuri kuko hari amashami meza kandi akenewe ku isoko ry’umurimo, avuga ko ku bwe azahakura ubumenyi bwinshi kandi bukenewe.

Yagize ati “ULK ifite ibintu byinshi byiza, ifite amasomo menshi kandi meza, ifite ibikoresho byiza, kandi iyo ugenda uganira n’abize muri ULK bakubwira ko yigisha neza.”

Abanyeshuri bashya baje kwiga muri ULK babanza kumara icyumweru cyo kumenyerezwa bita “ Icyumweru cyo kwinjiza intore mu zindi”, bakuramo ubumenyi butandukanye burimo kwiga indangagaciro na kirazira z’umuco nyarwanda, kwiga ikinyabupfura, kumenya kubana no kumenya kwihangira imirimo. Na none kandi muri iki cyumweru bahabwa ibiganiro bitandukanye by’abatumirwa b’inararibonye.

-8205.jpg

Abanyeshuri baje gutangira mu mwaka wa mbere basobanurirwa imyitwarire ikwiye kubaranga

Source : IGIHE

2017-10-04
Editorial

IZINDI NKURU

‘ Afurika yabanye n’u Rwanda mu gihe twari tubakeneye’- Kagame

‘ Afurika yabanye n’u Rwanda mu gihe twari tubakeneye’- Kagame

Editorial 17 Aug 2017
Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito

Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito

Editorial 04 Jun 2021
‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

Editorial 17 Jul 2016
APR FC yujuje umubare w’amakipe 8 azakina ikimino ya 1/4 cy’Imikino y’igikombe cy’Amahoro, iyi kipe ibigezeho nyuma yo gusezerera Amagaju

APR FC yujuje umubare w’amakipe 8 azakina ikimino ya 1/4 cy’Imikino y’igikombe cy’Amahoro, iyi kipe ibigezeho nyuma yo gusezerera Amagaju

Editorial 22 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.
Mu Rwanda

Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.

Editorial 05 Sep 2017
Rutahizamu w’Amavubi Kagere Medie yamaze kugera i Nyamata aho ikipe y’igihugu iri gukorera umwiherero ahita yishyira mu kato
Amakuru

Rutahizamu w’Amavubi Kagere Medie yamaze kugera i Nyamata aho ikipe y’igihugu iri gukorera umwiherero ahita yishyira mu kato

Editorial 20 Mar 2021
Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano
Mu Mahanga

Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano

Editorial 09 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru