• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umunyamakuru Shyaka Kanuma aracyagundagurana n’Ubutabera, ahakana ibyaha ashinjwa

Umunyamakuru Shyaka Kanuma aracyagundagurana n’Ubutabera, ahakana ibyaha ashinjwa

Editorial 15 Jun 2017 Mu Rwanda

Umunyamakuru Shyaka Kanuma kuri uyu wa Kabiri yitabye urukiko rwa Gasabo aburana urubanza rwe mu mizi aho yabwiye umucamanza ko atemera icyaha ashinjwa cyo gukoresha inyandiko mpimbano ashimangira ko we yakoresheje inyandiko ibyo zitari zigenewe.

Shyaka Kanuma wigeze kuba umunyamakuru ukomeye mu Rwanda n’Umuyobozi w’Ikompanyi Rwanda Focus Limited, yagaragaye mu ikabutura n’ishati by’iroza afite n’amapingu mu maboko, aregwa icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano.

Radio Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ivuga ko ubushinjacyaha bwavuze ko Shyaka yakoze sheki ziriho imishahara za bamwe mu banyamakuru yakoreshaga, aho yavugaga ko bahembwaga amafaranga ibihumbi 500 Frw buri kwezi kandi batarayagezagaho.

Ubushinjacyaha buvuga ko izo nyandiko yazikoze ashaka gupiganirwa isoko muri Komisiyo yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero agira ngo ahuze n’ibyo iyo komisiyo yasabaga; isoko yaje kuritsindira bikavugwa ko ryari rifite miliyoni 44 z’amafaranga y’u Rwanda byose ngo abikora abakozi be batabizi.

Shyaka Kanuma yongeye kumvikana mu rukiko ahakana ko atigeze agira igitekerezo cyo guhimba inyandiko agamije kwiba, yavuze ko yanditse izo sheki ari kumwe na bagenzi be bakoranaga kandi ko bari babyumvikanye kuko bashakaga gupiganira iryo soko.

Shyaka yavuze ko nta n’umwe mu bamureze yigeze yigana umukono we ngo amusinyire. Ahakana ko yigeze akora inyandiko mpimbano, kuko yari yemerewe gusinya ku masheki byanatumye abwira ubucamanza ko nta mpamvu yari kumutera kwigana amasinya ya bagenzi be. Yagize ati “Bariya bari abakozi banjye narabategekaga, ntacyo nari kubasaba ngo bacyange.”

Yasabye ko hazakoreshwa abahanga kugira ngo bazerekane ko imikono y’abamushinja ari iyabo, atigeze asinya mu mwanya wabo maze ashyikiriza ubushinjacyaha izo sheki ngo bazazijyane kuzipimisha umwimerere y’imikono yazo.

Mu gihe abahanga baramuka berekanye ko imikono atari iya Shyaka Kanuma gusa,yaba akuweho icyaha gikomeye cyo gukora inyandiko mpimbano gihanishwa kuva ku myaka itanu kugeza kuri irindwi y’igifungo n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 300frw.

Urukiko rwanzuye kohereza ayo masheki bivugwa ko yasinywe na Shyaka akigana n’imikono ya bagenzi be ngo abahanga bazayasuzume berekane ko koko imikono iriho yiganwe na Shyaka Kanuma nk’uko bivugwa.

Urubanza rwimuriwe mu Ukwakira, ariko bibabaza abo mu muryango we bagaragaje ko urubanza ruri gutinda; umucamanza yasobanuye ko baba bafite imanza nyinshi, mu gihe baba bakeneye ko rwigizwa hafi ngo babisaba perezida w’iburanisha.

-6977.jpg

Umunyamakuru Shyaka Kanuma

2017-06-15
Editorial

IZINDI NKURU

Bugesera: Ubufatanye mu kurwanya ikwirakwira rya Covid-19

Bugesera: Ubufatanye mu kurwanya ikwirakwira rya Covid-19

Editorial 02 Jul 2020
Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Editorial 12 Aug 2017
Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Editorial 20 Dec 2021
Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Editorial 31 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero
ITOHOZA

Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero

Editorial 13 Nov 2016
Rubanguka Steve, Yannick Mukunzi ndetse na rutahizamu Kagere Medie bahurije ku kwitwara neza ku mukino Amavubi azakina n’ikipe ya Mozambique kuri uyu wa gatatu i Kigali.
Amakuru

Rubanguka Steve, Yannick Mukunzi ndetse na rutahizamu Kagere Medie bahurije ku kwitwara neza ku mukino Amavubi azakina n’ikipe ya Mozambique kuri uyu wa gatatu i Kigali.

Editorial 23 Mar 2021
Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,
Amakuru

Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,

Editorial 17 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru