• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura   |   15 Mar 2026

  • Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’   |   12 Mar 2026

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose   |   11 Mar 2026

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije   |   11 Mar 2026

  • U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽   |   10 Mar 2026

  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umunyamakuru Shyaka Kanuma aracyagundagurana n’Ubutabera, ahakana ibyaha ashinjwa

Umunyamakuru Shyaka Kanuma aracyagundagurana n’Ubutabera, ahakana ibyaha ashinjwa

Ubwanditsi 15 Jun 2017 Mu Rwanda

Umunyamakuru Shyaka Kanuma kuri uyu wa Kabiri yitabye urukiko rwa Gasabo aburana urubanza rwe mu mizi aho yabwiye umucamanza ko atemera icyaha ashinjwa cyo gukoresha inyandiko mpimbano ashimangira ko we yakoresheje inyandiko ibyo zitari zigenewe.

Shyaka Kanuma wigeze kuba umunyamakuru ukomeye mu Rwanda n’Umuyobozi w’Ikompanyi Rwanda Focus Limited, yagaragaye mu ikabutura n’ishati by’iroza afite n’amapingu mu maboko, aregwa icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano.

Radio Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ivuga ko ubushinjacyaha bwavuze ko Shyaka yakoze sheki ziriho imishahara za bamwe mu banyamakuru yakoreshaga, aho yavugaga ko bahembwaga amafaranga ibihumbi 500 Frw buri kwezi kandi batarayagezagaho.

Ubushinjacyaha buvuga ko izo nyandiko yazikoze ashaka gupiganirwa isoko muri Komisiyo yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero agira ngo ahuze n’ibyo iyo komisiyo yasabaga; isoko yaje kuritsindira bikavugwa ko ryari rifite miliyoni 44 z’amafaranga y’u Rwanda byose ngo abikora abakozi be batabizi.

Shyaka Kanuma yongeye kumvikana mu rukiko ahakana ko atigeze agira igitekerezo cyo guhimba inyandiko agamije kwiba, yavuze ko yanditse izo sheki ari kumwe na bagenzi be bakoranaga kandi ko bari babyumvikanye kuko bashakaga gupiganira iryo soko.

Shyaka yavuze ko nta n’umwe mu bamureze yigeze yigana umukono we ngo amusinyire. Ahakana ko yigeze akora inyandiko mpimbano, kuko yari yemerewe gusinya ku masheki byanatumye abwira ubucamanza ko nta mpamvu yari kumutera kwigana amasinya ya bagenzi be. Yagize ati “Bariya bari abakozi banjye narabategekaga, ntacyo nari kubasaba ngo bacyange.”

Yasabye ko hazakoreshwa abahanga kugira ngo bazerekane ko imikono y’abamushinja ari iyabo, atigeze asinya mu mwanya wabo maze ashyikiriza ubushinjacyaha izo sheki ngo bazazijyane kuzipimisha umwimerere y’imikono yazo.

Mu gihe abahanga baramuka berekanye ko imikono atari iya Shyaka Kanuma gusa,yaba akuweho icyaha gikomeye cyo gukora inyandiko mpimbano gihanishwa kuva ku myaka itanu kugeza kuri irindwi y’igifungo n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 300frw.

Urukiko rwanzuye kohereza ayo masheki bivugwa ko yasinywe na Shyaka akigana n’imikono ya bagenzi be ngo abahanga bazayasuzume berekane ko koko imikono iriho yiganwe na Shyaka Kanuma nk’uko bivugwa.

Urubanza rwimuriwe mu Ukwakira, ariko bibabaza abo mu muryango we bagaragaje ko urubanza ruri gutinda; umucamanza yasobanuye ko baba bafite imanza nyinshi, mu gihe baba bakeneye ko rwigizwa hafi ngo babisaba perezida w’iburanisha.

-6977.jpg

Umunyamakuru Shyaka Kanuma

2017-06-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe 20 atarimo Gisagara VC niyo azitabira imikino yo kwibuka Padiri Kayumba igiye gukinwa ku ncuro ya 12

Amakipe 20 atarimo Gisagara VC niyo azitabira imikino yo kwibuka Padiri Kayumba igiye gukinwa ku ncuro ya 12

Ubwanditsi 04 Mar 2022
Uruzinduko Kagame agiye gukorera muri Tanzania rusobanuye byinshi

Uruzinduko Kagame agiye gukorera muri Tanzania rusobanuye byinshi

Ubwanditsi 23 Jun 2016
Amagambo atangaje ya Twagiramungu  ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Amagambo atangaje ya Twagiramungu ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Ubwanditsi 13 Aug 2017
Huye: Polisi n’urubyuruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha(RYVCP) bifatanyije mu bikorwa byo kurengera ibidukikije

Huye: Polisi n’urubyuruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha(RYVCP) bifatanyije mu bikorwa byo kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 05 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi: Umuyobozi mu Mbonerakure yishwe acibwa umutwe
ITOHOZA

U Burundi: Umuyobozi mu Mbonerakure yishwe acibwa umutwe

Ubwanditsi 20 Sep 2018
Rujugiro Ayabatwa Tribert yahawe amahirwe yanyuma
ITOHOZA

Rujugiro Ayabatwa Tribert yahawe amahirwe yanyuma

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Nyuma yo gucuruza imva kuri internet, ikiryabarezi Thomas Nahimana cyiyemeje gutanga pasiporo z’ibicupuri
Amakuru

Nyuma yo gucuruza imva kuri internet, ikiryabarezi Thomas Nahimana cyiyemeje gutanga pasiporo z’ibicupuri

Ubwanditsi 25 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru