• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umunyarwanda arabundabunda muri ‘New Zealand’ akwepa ubutabera

Umunyarwanda arabundabunda muri ‘New Zealand’ akwepa ubutabera

Editorial 04 Jan 2017 ITOHOZA

Pheneas Nzaramba, Umunyarwanda ukekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi kuri ubu akaba yarahungiye muri New Zealand yashyizwe ku karubanda n’urwego rw’igihugu rw’ubushinjacyaha (NPPA).

Abashinjacyaha ntibaramenya niba uyu mugabo akoresha andi mazina ngo abone uko atazatabwa muri yombi cyangwa niba atarmutse, ariko umuvugizi w’uru rwego, Faustin Nkusi avugana na The New Times dukesha iyi nkuru, yavuze ko boherereje New Zealand impapuro zo kumuta muri yombi.

Faustin Nkusi yagize ati: “Ubwo twoherezaga impapuro zimuta muri yombi yari hariya (Muri New Zealand) ariko aba bantu bahora bahindura aderese“

Pheneas Nzaramba ashinjwa ibyaha bya jenoside n’itsembatsemba nk’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Amakuru yakusanyijwe akaba agaragaza uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 muri Nyakizu. Aha akaba ari mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare.

Mu mwaka ushize, Nkusi yavuze ko abantu batatu bagize uruhare muri jenoside bahunze harimo Eugene Uwimana, wahoze ari umwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (Kaminuza y’u Rwanda kuri ubu), hatanzwe impapuro zo kumuta muri yombi mu 2004 na Enock Ruhigira hatanzwe impapuro zo kumuta muri yombi mu 2007, bose hizerwaga ko batuye muri iki gihugu cya New Zealand.

-5244.jpg

Faustin Nkusi, Umuvugizi w’Ubushinjacyaha

Icyo gihe ikinyamakuru, The Dominion Post, gikorera mu mujyi wa Wellington, kikaba cyaratangaje ko umwe muri aba bashinjwa yari arimo aragerageza no gushakisha mu buryo bw’ibanga abatangabuhamya bo kumushinjura. Nyuma, kuwa 20 Nyakanga, 2016, abayobozi b’u Budage baje guta muri yombi Enock Ruhigira agikandagira ku Kibuga cy’indege cya Frankfurt.

U Rwanda rwarakurikiranye, rwohereza u Budage ibirego Ruhigira ashinjwa. Kuri ubu ari ahantu afungiye mu gihe hagitekerezwa uko yakoherezwa mu Rwanda. Uyu mugabo w’imyaka 65 akaba yarakoze mu biro bya perezida nk’Umuyobozi wa cabinet mu gihe cya jenoside.

Amakuru avuga ko mu gihe cya jenoside uyu Nzaramba yari umucungamutungo w’Ihuriro ry’Amatorero y’Ababatisita mu Rwanda ahitwa Nyatanga muri Paruwasi ya Nyakizu.

Avugwaho kuba yaragize ubwe uruhare mu bwicanyi, atwika amazu y’abicwaga ndetse no kuba yarafashe abagore ku ngufu.

Nubwo bitoroshye kuvuga ubufatanye buri hagati y’u Rwanda na New Zealand kuri iki kibazo, ngo abashinzwe iperereza n’abashinjacyaha bo muri iki gihugu bamaze kugera mu Rwanda inshuro 4 bakora iperereza ku bashinjwa.

-5243.jpg

Pheneas Nzaramba n’umuryango we

2017-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura  ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi

Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi

Editorial 05 Oct 2016
U Rwanda ku mwanya wa cyenda ku Isi mu bihugu bifite umutekano usesuye

U Rwanda ku mwanya wa cyenda ku Isi mu bihugu bifite umutekano usesuye

Editorial 17 Apr 2017
RIB yatangiye iperereza ku bujura bwa miliyoni zisaga 400 Frw arimo ayibwe ibiro by’ivunjisha

RIB yatangiye iperereza ku bujura bwa miliyoni zisaga 400 Frw arimo ayibwe ibiro by’ivunjisha

Editorial 06 Aug 2018
Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir

Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir

Editorial 14 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bamwe mu bana bo mu muhanda bashinja ababyeyi babo kuba ba nyirabayazana b’ubuzima barimo
Mu Mahanga

Bamwe mu bana bo mu muhanda bashinja ababyeyi babo kuba ba nyirabayazana b’ubuzima barimo

Editorial 07 Oct 2016
Shampiyona y’u Rwanda igiye guhagarara ibyumweru bibiri bitewe n’imikino ya gicuti y’Amavubi
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda igiye guhagarara ibyumweru bibiri bitewe n’imikino ya gicuti y’Amavubi

Editorial 24 Dec 2021
Perezida Kim Jong-un yitwaje umutekano udasanzwe mu biganiro na Moon Jae-in wa Koreya y’Epfo
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Kim Jong-un yitwaje umutekano udasanzwe mu biganiro na Moon Jae-in wa Koreya y’Epfo

Editorial 27 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru