• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mukino wa mbere wo gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’isi, Mali yatsinze Amavubi y’uRwanda igitego kimwe ku busa

Mu mukino wa mbere wo gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’isi, Mali yatsinze Amavubi y’uRwanda igitego kimwe ku busa

Editorial 02 Sep 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Ubwo hakinwaga umukino wa mbere wo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi kizaba umwaka utaha kikabera mu gihugu cya Quatar, mu mukino wo mu itsinda rya gatanu, u Rwanda rwatsinzwe na Mali igitego kimwe ku busa.

Ni mumukino wabereye mu mujyi wa Agadir wo mu Morocco bitewe n’uko mu gihugu cya Mali, impuzamashirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika CAF itangaje ko nta sitade yemerewe kwakira imikino yo ku rwego nk’uru iri muri icyo gihugu.

Muri uyu mukino watangiye ku isaha ya saa tatu z’ijoro ku isaha ya Kigali, u Rwanda rwatangiye uyu mukino rusatirwa cyane na Mali kugeza ubwo hari ku munota wa 16 w’umukino iyi kipe yabonye Penaliti maze itewe ikurwamo neza na Mvuyekure Emery wari mu izamu ry’Amavubi.

Hadashize umunota umwe gusa iyo penaliti ayikuyemo, nibwo rutahizamu Adama Traoré yasize myugariro w’Amavubi Ngwabije Clovis, maze ubwo yari mu rubuga rw’amahina acenga umunyezamu ndetse aboneza uyu mupira mu rushundura bitamugoye, iki gitego akaba ari nacyo cyabonetse muri uyu mukino cyo nyine.

Igice cya mbere kitararangira umutoza Mashami Vincent yakoze impinduka akuramo bamwe mu bakinnyi bari babanjemo aho yakuyemo myugariro Ngwabije Brayn asimburwa na Byiringiro Lague, naho Yannick Mukunzi asimburwa na Niyonzima Olivier uzwi nka Seif ndetse Haruna Niyonzima we asimbura Hakizimana Muhadjiri.

Izi mpinduka zabaye nk’izitanga umusaruro ku Rwanda kuko igice cya kabiri cyagaragaje ko Amavubi yarimo yitwara neza nubwo ntacyo byatanze umukino warangiye ari igitego kimwe ku busa.

Gutakaza uyu mukino ku Amavubi biratuma iyi kipe y’igihugu iri bugere i Kanombe kuri uyu wa gatanu aho yitegura gukina na Kenya ku cyumweru bagakinira kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi.

Usibye uyu mukino waraye ubaye, kuri uyu wa kane muri iri tsinda ikipe ya Kenya irakira ikipe y’igihugu ya Uganda, naho ku munsi wa Kabiri izakire ikipe y’igihugu ya Mali.

Abakinnyi ba Mali babanje mu kibuga: Bosso Ibrahim, Kiki Kouyaté, Falaye Sacko, Charles Traoré, Hamari Traoré, Lassana Coulibaly, Alion Dieng, Amadou Haidara, Adama Traoré, Moussa Djenepo, Ibrahima Koné.

Abakinnyi b’Amavubi babanje mu kibuga: Mvuyekure Emery, Ngwabije Bryan Clovis, Rwatubyaye Abdul, Nirisarike Salomon, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Bizimana Djihad, Mukunzi Yannick, Hakizimana Muhadjiri, Kagere Meddie na Tuyisenge Jacques.

2021-09-02
Editorial

IZINDI NKURU

Nyanza: Abakaraningufu  bashyizeho ihuriro ryo kurwanya ibyaha

Nyanza: Abakaraningufu bashyizeho ihuriro ryo kurwanya ibyaha

Editorial 07 Jun 2016
Nyaruguru:Umusaza w’imyaka 70 yiciwe iwe n’abantu bataramenyekana

Nyaruguru:Umusaza w’imyaka 70 yiciwe iwe n’abantu bataramenyekana

Editorial 25 Nov 2016

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Editorial 01 May 2024
Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Editorial 03 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza
Amakuru

Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza

Editorial 14 Jan 2022
Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu
Mu Rwanda

Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu

Editorial 30 Jan 2017
Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO
IMIKINO

Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO

Editorial 24 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru