• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyarwanda Camille Nkurunziza wishwe arashwe mu bushyamirane na Polisi ya Afurika y’Epfo, yashyinguwe

Umunyarwanda Camille Nkurunziza wishwe arashwe mu bushyamirane na Polisi ya Afurika y’Epfo, yashyinguwe

Editorial 08 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Camille Nkurunziza, umuyoboke wa RRM ya Nsabimana Callixte wabaga i Cape Town, yishwe arashwe mu bushyamirane na Polisi ya Afurika y’Epfo, yashyinguwe ku munsi w’ejo i Kensington muri Afrika y’Epfo.

Kuwa 30 Gicurasi, Camille Nkurunziza yaguye mu mirwano yahuje abapolisi n’abajura ahagana saa kumi ku muhanda wa Milton, hapfamo babiri abandi barakomereka.

Aneth Kabasindi, umugore wa Camille Nkurunziza, yakuyeho urujijo ahamya ko umugabo we yarashwe na Polisi ya Afurika y’Epfo.

Kabasindi avuga ko umunsi umugabo we yarashwe yari yagiye ku kazi bisanzwe, saa munani z’ amanywa baravugana ariko bigeze saa kumi n’ ebyiri z’ umugoroba mu rugo iwe muri Afurika y’ Epfo haza abapolisi bamubwira ko umugabo we yashimuswe. Saa tanu z’ ijoro nibwo ngo bamubwiye ko umugabo we yapfuye byarangiye.

Uyu mugore avuga ko umugabo we yahoranaga ubwoba ariko agahora yitwararika. Ngo ubwo bwoba yabuterwaga n’ uko yahoze muri politiki gusa ngo yageze aho abivamo yisengera Imana.

Kabasindi avuga ko umugabo we yafashwe n’ abapolisi batatu, bamushyira mu modoka inyuma undi ajya kuri vola arakomeza aratwara, ngo byaje kurangira abo bapolisi bamurashe amasasu umunani.

Ati “Ni byo igipolisi cyaje kunsaba imbabazi, bambwira ngo habayeho ko umupolisi yaje kurasa, kandi ngo yarashe amasasu menshi kuko bamurashe amasasu umunani. Ubwo rero barambwira bati rwose tugusabye imbabazi wowe n’ umuryango wawe ku bw’ ibyo byabaye bati ariko turacyakora iperereza”.

Uyu mugore yabwiye BBC ko atizeye umutekano kuko ku irembo ry’urugo rwe abantu bataramenyekana baharasiye Umurundi wari ugiye mu kiriyo cya Camille Nkurunziza. Uyu murundi ntabwo yapfuye ari kwitabwaho n’ abaganga bo muri Afurika y’ Epfo. Kabasindi akomeza avuga ko iki kirego yakimenyesheje polisi ya Afurika y’ Epfo igitangiraho iperereza.

Yagize ati “Umutekano wanjye ntabwo mu by’ ukuri umeze neza kuko mu ijoro ryakeye hari umuntu wari uje mu kiriyo baramurasa ntitwamenya abamurashe abo ari bo. Ntiyapfuye ari mu bitaro. Iruhande rwa gate (urugi rw’ igipangu) yacu nta bantu bari bahari mu by’ ukuri nanjye mfite gutinya kwinshi cyane”.

Kabasindi avuga ko polisi ya Afurika y’ Epfo itamurindira umutekano. Avuga ko tariki 5 Kamena 2019, abashinzwe iperereza basuzumye uko umugabo we yishwe bamubwira ko baza kumubwira icyo bagezeho.

Aya makuru y’urupfu rw’uyu mugabo yuririweho n’abacengezamatwara barwanya u Rwanda, bihutira kurukura ku kuba yariciwe mu bujura bw’imodoka barushyira ku kuba yarazize politiki, mu gihe Afurika y’Epfo, nta na kimwe yari yagatangaje.

Ibitangazamakuru bikwirakwiza ibihuha, byahimbye umubano wa hafi wa Nkurunziza na Perezida Kagame, nk’uburyo bwo gushaka ko abantu babyitaho cyane bakabiha umwanya.

Mu buryo bwihuse, ibitangazamakuru bikorana na RNC muri Afurika y’Epfo na Uganda, byasohoye inkuru kuri paji za mbere zifite umutwe ugira uti “Uwahoze ari umurinzi wa Kagame yiciwe muri Afurika y’Epfo” cyangwa izo bijya kumera kimwe.

Gusa bamwe bibajije impamvu bashakishije urwego bamushyiramo yapfuye nyamara akiri muzima ntawigeze arumushyiramo.

Amakuru yizewe ni uko Nkurunziza yagiye mu gisirikare cya RPA mu 1994, agasezererwa mu 2000. Iyi myaka itandatu niyo abakwirakwiza ibihuha byo kurwanya u Rwanda bagenderaho bavuga ko yari muri RPA nk’umurinzi wa Perezida wa Repubulika. Ntiyigeze aba mu barinzi b’Umukuru w’Igihugu habe n’umunsi umwe.

Mu myaka itandatu yamaze muri RPA, Nkurunziza yoherejwe ku kibuga cy’indege i Kanombe muri Gendarmerie. Ni urwego muri icyo gihe rwari rushinzwe iyubahirizwa ry’amategeko, mbere yo gushyiraho Polisi y’Igihugu.

Amakuru kandi avuga ko Nkurunziza yanakunze kuvuga ko yabaye umurinzi w’umukuru w’igihugu agendeye ku gaciro kurinda ikibuga cy’indege byari bifite ndetse no kuba byarakorwaga n’abapolisi [ari ho yabarizwaga] n’abarinzi b’Umukuru w’Igihugu.

Mu yandi magambo, kuvuga ko Nkurunziza yari umwe mu barinda Umukuru w’Igihugu ni uko yakoze hafi yabo bisa n’uko umuntu yavuga ko yize muri Havard University kuko yabaye hafi yayo mu Mujyi wa Cambridge.

Ni kimwe kandi n’uko umuntu yavuga ko yize muri Makerere University, ashingiye ko yabaye mu bice biyegereye bya Wandegeya.

Ariko nubwo Nkurunziza yaba yarigeze gukora mu mutwe urinda Umukuru w’Igihugu ku kibuga cy’indege, ni gute bimugira umurinzi wa Perezida. Ni uguhimba inkuru.

Amateka aciriritse ya Nkurunziza, biragoye ku bacengezamatwara kubona ibyo bamuvugaho bihwanye n’uko babyifuza. Urugero ntabwo yari Karegeya. Icyo bakora ni ukumuhimbira amateka kugira ngo babone ibyo buririraho, ari byo kumwita umurinzi wa Kagame.

Abarwanya u Rwanda mu ruhame bakorana na RNC nk’umunyamakuru wo muri Afurika y’Epfo, Sonia Rolley wa RFI n’abandi, bakwirakwije iyi nkuru bashize amanga.

Byanakozwe kandi n’ibindi bitangazamakuru bifite intumbero yo kurwanya u Rwanda nka Daily Maverick, BBC Gahuzamiryango n’ibyo muri Uganda byatakarijwe icyizere nka The Daily Monitor na The New Vision.

Umusesenguzi witwa Ali Naka, yanditse kuri Twitter, ibisa n’ibyerekana uko ibitangazamakuru by’icengezamatwara byahurijwe hamwe ngo bihindure urupfu rw’uwarashwe arwana n’abapolisi, rube ukwicwa kubera izindi mpamvu.

Yagize ati “Icyerekana uburyo itangazamakuru ryakolonijwe muri Afurika y’Epfo, rikorana bya hafi n’ihuriro ry’abavangura, Afriforum, umutwe wa RNC n’ibinyamakuru binengwa muri Uganda, birimo gukoreshwa mu kwibasira u Rwanda”.

“Umugambi wanyu wagaragaye kandi uzatsindwa”

Naka yakomeje ahamiriza Carien du Plessis, wiyita umucancuro w’ijambo n’umukoresha we The Daily Maverick, ko “Camille yishwe na polisi kubera gutwara imodoka nta rutangira, urujijo ku kuba yari yibwe cyangwa ari ukuri ntabwo rurakurwaho. Polisi yiseguye ku byabaye”.

Ni gute ibi byagira ingaruka ku mubano wa Afurika y’Epfo n’u Rwanda? Muhagarike gukwirakwiza amakuru y’ibihuha.

Ihuriro Afriforum, rikorana na RNC mu kugereka ku Rwanda iraswa rya Karegeya, ryagerageje guhuza ibi bikorwa byombi [urupfu rwa Nkurunziza n’urwa Karegeya].

Bakoze ibishoboka byose ngo bashishikarize Guverinoma ya Afurika y’Epfo guhindura urupfu rwa Nkurunziza ikibazo cya dipolomasi, bitandukanye n’uruhande polisi y’iki gihugu irimo.

Muri Uganda, byiyongera ku byo ibitangazamakuru twavuze haruguru byanditse, inkuru y’Umurinzi wa Kagame yishwe’ yakwirakwijwe cyane n’Urwego rwa Uganda rw’Ubutasi (CMI), binyuze muri blogs zo kurwanya u Rwanda n’ibitangazamakuru byo kuri internet, byamamaye mu gukwirakwiza amakuru y’ibihuha.

Byageragezaga kwenyegeza ikinyoma cy’uko abicanyi bahunze bava muri Afurika y’Epfo, batwawe n’indege yihariye ya Perezida. Babonye ko ibi ari ikinyoma giciriritse baragihindura batangira kuvuga ko Polisi ya Afurika y’Epfo, yarashe abishe umurinzi ubwo bageragezaga guhungana uwo bishe. Biteye isoni.

Uburyo ibitangazamakuru byo muri Uganda bishyize umutima ku rupfu rwa Nkurunziza biratangaje. Byageze aho ibitangazamakuru bitandukanye byatangiye gutangaza ko umuryango we usaba ko umurambo we ujya gushyingurwa muri Uganda.

Uru ni urugero rw’aho ubutegetsi bwa Uganda burazwa ishinga n’imirambo y’abanyarwanda. Ibi bigashimangira umubano yari afitanye n’igisirikare cya Uganda (UPDF).

Umuvandimwe we Major Hadji Abubaker Karume, uri muri UPDF, yashyizwe imbere nk’umwe mu bo mu muryango wa Nkurunziza, usaba ko kumushyingura byabera muri Uganda.

KT Press yanditse ko hari abavuga ko bishoboka ko impamvu CMI yashyize umutima ku rupfu rwa Nkurunziza ari uko batakaje umwe muri bo.

Nyuma yo gusezererwa muri RPA mu 2000, Nkurunziza yambutse umupaka ajya muri Uganda atura i Mbarara. Amakuru avuga ko nyuma yo gushingwa kwa RNC, yakoranye na Pastor Deo Nyirigira wa AGAPE Church, ifite intego yo gukingira ikibaba ibikorwa bya RNC no guhuza ibikorwa by’uyu mutwe w’iterabwoba muri Mbarara.

Imikoranire y’Urwego rw’ubutasi rwa Uganda na RNC, yafashije Nkurunziza kujya muri Afurika y’Epfo. Agezeyo, yaje kujya muri FLN ya Callixte Nsabimana watawe muri yombi.

Amakuru avuga ko umwiryane yasanzeyo watumye Nkurunziza ahava mu Ukwakira 2017, yisunga Noble Marara bashinga ikitwa Rwanda Revolutionary Movement (RRM). Ntabwo yamazemo igihe kuko yirukanywe na Marara wamukekagaho gushaka kuyobora RRM.

Amakuru aturuka ahantu hatandukanye, avuga ko muri iki gihe muri Afurika y’Epfo, ari bwo Nkurunziza yinjiye wese mu barwanya u Rwanda binyuze ku mbuga nkoranyambaga, ibintu abacengezamatwara arwanya u Rwanda bahereyeho bamwita ‘impirimbanyi ya politiki’ bakirengagiza ko yari umwe mu bagize imitwe y’iterabwoba.

Ku bw’ibyo abacengezamatwara arwanya u Rwanda batagira imipaka, ntibamubona uko yari ari ahubwo byose babihurije mu kumuha izina rihimbano ‘ry’uwahoze ari umurinzi wa Kagame’.

Nkurunziza Camille yarashwe ashaka kurwanya polisi
2019-06-08
Editorial

IZINDI NKURU

CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

Editorial 26 Aug 2016
Nyamata: Mme J.Kagame yabwiye iki urubyiruko ‘ruzaba abayobozi’ ?

Nyamata: Mme J.Kagame yabwiye iki urubyiruko ‘ruzaba abayobozi’ ?

Editorial 13 Jan 2016
Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?

Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?

Editorial 21 Mar 2020
“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

Editorial 05 Jan 2022
CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

Editorial 26 Aug 2016
Nyamata: Mme J.Kagame yabwiye iki urubyiruko ‘ruzaba abayobozi’ ?

Nyamata: Mme J.Kagame yabwiye iki urubyiruko ‘ruzaba abayobozi’ ?

Editorial 13 Jan 2016
Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?

Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?

Editorial 21 Mar 2020
“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

Editorial 05 Jan 2022
CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

Editorial 26 Aug 2016
Nyamata: Mme J.Kagame yabwiye iki urubyiruko ‘ruzaba abayobozi’ ?

Nyamata: Mme J.Kagame yabwiye iki urubyiruko ‘ruzaba abayobozi’ ?

Editorial 13 Jan 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru