• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Editorial 30 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Ese ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba byaba bifite imyumvire imwe ku kibazo cya Kongo, cyangwa buri gihugu gicunga inyungu zacyo gusa aho kureba inyungu z’Umuryango wose? Ubundi se, uyu Muryango ntiwaba uhihibikanira ubusa ngo urashakira Kongo ubufasha, kandi Perezida Tshisekedi adahisha ko adaha agaciro uyu Muryango?

Ibi ni bimwe mu bibazo byibazwa na buri wese ukurikiranira hafi ibibera muri aka karere k’Ibiyaga Bigari, ndetse byagarutsweho kuri uyu wa gatatu, tariki 29 Mutarama 2025, ubwo Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba(EAC) bahuriraga mu nama idasanzwe ya 24, bifashishije “iyakure”, nk’uko byari byasabwe na Perezida William Ruto wa Kenya, ari nawe uyoboye EAC muri iki gihe.

Ni inama yari yatumirijwe gusa ikibazo cy’intambara ikomeje guca ibintu muri Kongo-Kinshasa, nubwo uwa mbere ukeneye ubufasha, ariwe Perezida Tshisekedi, yanze kwitabira iyo nama. Nta bisobanuro yigeze aha bagenzi be, yewe nta n’uwari umuhagarariye mu nama.

Perezida w’uBurundi, Evariste Ndayishimiye, wiyemeje kurwanirira Tshisekedi mu ntambara ahanganyemo n’umutwe wa M23, we yitabiriye inama, ariko yanga kugira icyo avuga ubwo yari ahawe ijambo. Hari abaketse ko bwaba ari ubushobozi buke mu gukoresha ikoranabuhanga mu itumanaho. Icyakora hari n’abandi benshi bemeza ko Perezida Ndayishimiye yahisemo kwinumira, kuko atashoboraga gusobanurira bagenzi be ukuntu ingabo z’uBurundi zivanze mu kibazo kireba mbere na mbere Abanyekongo ubwabo, no gufatanya Leta ya Kongo ndetse n’abajenosideri ba FDLR, mu guhohotera Abatutsi bo muri Kongo.

Twibutse ko uyu Muryango w’Afrika y’Uburasirazuba wigeze kohereza ingabo mu kigarura amahoro muri Kongo, ariko nyuma yo kwanga kunyuranya n’ubutumwa zari zahawe bwo guhagarara hagati y’impande zishyamiranye, Perezida Tshisekedi akazirukana nabi, mbere yo kuzisimbuza iza SADC zo zari zemeye kubogama no kurasa M23. Uko Ndayishimiye w’uBurundi yaciye inyuma, aho gucyura ingabo nk’ibindi bya EAC, ahubwo akagirana amasezerano rwihishwa na Tshisekedi yo kuguma muri Kongo no kurema itsinda ririmo na FDLR, byo ntitubigarukaho.

Ubwo Perezida Kagame yafataga ijambo muri iyi nama ya 24 idasanzwe, yibajije uburyo yategerezwaho umusaruro, igihugu gishakirwa ubufasha kidahisha ko nta gaciro na gato giha uyu muryango.

Perezida Kagame yongeye kuvuga ko yatangajwe no kubona uyu muryango warabifashe nk’ibisanzwe ubwo Tshisekedi yirukanaga ingabo zawo, bikagaragaza ko ibihugu biwugize bidafite imyumvire imwe, cyangwa bidaha uburemere bungana ikibazo cy’intambara ya Kongo. Perezida Kagame ati:” Nta musaruro amagambo aryoshye gusa yatanga, igihe cyose buri gihugu kizaba kirebera inyungu zacyo gusa, aho gushyira imbere inyungu z’Umuryango muri rusange…abantu nibareke gukomeza kugwa mu mutego w’ikinyoma wa Tshisekedi, niba koko dushakira iki kibazo umuti urambye”.

Abafashe ijambo bose bongeye gushimangira ko ikibazo cya Kongo kitazigera kirangizwa n’intambara, ko ahubwo igisubizo kizava mu nzira y’ibiganiro hagati y’Abakongomani ubwabo. Ni muri urwo rwego, umwe mu myanzuro y’iyi nama uvuga ko ” ABAKURU B’IBIHUGU BY’UMURYANGO W’AFRIKA Y’UBURASIRAZUBA BASABA BAKOMEJE LETA YA KONGO KWIHUTIRA KUGIRANA IBIGANIRO NA M23, NDETSE N’ABANDI BAREBWA N’IYI NTAMBARA”.

Hagamijwe kandi gushaka uko hashyirwa imbere inzira y’amahoro aho kwenyegeza intambara, hemejwe ko hategurwa inama hagati ya EAC na SADC, Perezida William Ruto akaba yahawe inshingano zo gukora ibisabwa byose ngo iyo nama ibe mu gihe cya vuba cyane.

Ibihugu bya SADC byohereje ingabo muri Kongo, by’umwihariko Afrika y’Epfo, kimwe na Perezida Ndayishimiye bakomeje kwizeza Tshisekedi ko bazamufasha gutsinda intambara, nawe abemerera amamiliyoni y”amadolari n’ibilombe by’amabuye y’agaciro. Nyamara ibibera ku murongo w’urugamba byerekana ko bamubeshye, kuko M23 irushaho kwagura uduce igenzura.

Afrika y’Epfo yiyemerera ko mu gihe kitanageze ku cyumweru yapfushije abasirikari 13, nubwo ababyiboneye bahamya ko umubare w’abaguye ku rugamba urenga kure uwatangajwe.

Amakuru yizewe kandi anavuga ko nyuma y’aho M23 ifatiye imijyi ya Sake na Goma, hari abasirikari b’Afrika y’Epfo babarirwa mu magana bagizwe ingwate, ubu bakaba barakusanyirijwe ahantu hamwe, mu bilometero 27 uvuye i Goma.

Hagati aho abarwanyi ba M23 bakomeje urugendo, aho badasiba kwambura abarwanirira Tshisekedi ibirindiro byinshi muri Kivu y’Amajyepfo.

2025-01-30
Editorial

IZINDI NKURU

#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

Editorial 26 Jun 2019
Tanzania: Perezida Magufuli Yirukanye Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa By’imbere Mu Gihugu

Tanzania: Perezida Magufuli Yirukanye Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa By’imbere Mu Gihugu

Editorial 03 Jul 2018
Urukiko rw’Ubujurire rwashimangiye igifungo cya burundu ku mujenosideri Bernard Munyagishari, kubera amaraso y’inzirakarengane z’Abatutsi yamennye.

Urukiko rw’Ubujurire rwashimangiye igifungo cya burundu ku mujenosideri Bernard Munyagishari, kubera amaraso y’inzirakarengane z’Abatutsi yamennye.

Editorial 07 May 2021
“ Sinzakorana na CMI gusa, ahubwo nzaba umwe muri bo.” – Rugema Kayumba

“ Sinzakorana na CMI gusa, ahubwo nzaba umwe muri bo.” – Rugema Kayumba

Editorial 15 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Usibye u Bushinwa igisirikare cy’u Rwanda [ RDF ] nicyo gitunze missiles zishwanyaguza ibifaru
ITOHOZA

Usibye u Bushinwa igisirikare cy’u Rwanda [ RDF ] nicyo gitunze missiles zishwanyaguza ibifaru

Editorial 18 Dec 2018
Amarira y’ingona ya Protais Zigiranyirazo abajijwe ifatwa, ifungwa n’iyicwa ry’abanyapolitiki b’i Gitarama igihe Habyarimana yafataga ubutegetsi
INKURU NYAMUKURU

Amarira y’ingona ya Protais Zigiranyirazo abajijwe ifatwa, ifungwa n’iyicwa ry’abanyapolitiki b’i Gitarama igihe Habyarimana yafataga ubutegetsi

Editorial 18 Aug 2020
Komisiyo ishinzwe gutegura amarushanwa muri FERWAFA, yanzuye ko shampiyona y’u Rwanda mu gice cyo kwishyura ikinwa muri Mutarama, igikombe cy’Amahoro gikinwe muri Gashyantare
Amakuru

Komisiyo ishinzwe gutegura amarushanwa muri FERWAFA, yanzuye ko shampiyona y’u Rwanda mu gice cyo kwishyura ikinwa muri Mutarama, igikombe cy’Amahoro gikinwe muri Gashyantare

Editorial 27 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru