• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Editorial 18 Sep 2019 UBUKUNGU

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko mu gihembwe cya kabiri cya 2019 (Mata-Kamena), umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) wiyongereye ku rugero rwa 12.2 %, ugereranyije n’igihembwe cya kabiri cya 2018, ukava kuri miliyari 2001 Frw ukagera miliyari 2255 Frw.

Umuyobozi Mukuru wa NISR, Murangwa Yusuf, yavuze ko umusaruro w’ubuhinzi wazamutse ku kigero cya 5%, inganda uzamuka kuri 21% naho serivisi uzamuka ku kigero cya 12%.

Mu buhinzi umusaruro w’ibihingwa ngandurarugo wiyongereye ku rugero rwa 4%, umusaruro w’ibihingwa ngengabukungu wiyongereyeho 6%. Iri zamuka ryatewe ahanini n’umusaruro w’ikawa wiyongereyeho 21% naho umusaruro w’icyayi wo wagabanutseho 3%.

Murangwa yasobanuye ko mu nganda umusaruro wazamutseho 21% bitewe n’imirimo y’ubwubatsi yazamutseho 32%, bikazamura umusaruro umusaruro w’ubucukuzi bw’imicanga n’amabuye y’ubwubatsi ku rugero rwa 36%.

Iyi raporo yerekana ko umusaruro w’inganda zitunganya ibintu bitandukanye wazamutseho 16% hagati ya Mata na Kamena 2019.

Umusaruro w’inganda zitunganya ibyuma by’ubwubatsi wazamutse ku rugero rwa 43% uw’izitunganya ibindi bitari ibyuma higanjemo sima uzamuka ku rugero rwa 42%, uw’izikomoka ku butabire na pulasitiki uzamuka ku rugero rwa 32% uzamuwe ahanini no gukora amarangi ndetse n’amasabune.

NISR itangaza ko umusaruro w’inganda zitunganya ibiribwa wazamutse ku rugero rwa 8% naho uw’inganda zikora ibinyobwa uzamuka ku rugero rwa 6%. Umusaruro wa serivisi z’ubwikorezi wazamutseho 17%, uwa serivisi z’ibigo by’imari n’ubwishingizi uzamukaho 13% naho umusaruro wa serivisi zo gucumbikira no kugaburira abantu uzamukaho 13%.

Minisitiri w’imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yavuze ko bishimiye iri zamuka ry’ubukungu rirenze ibyo bari bateganyije, ariko ari ngombwa kureba uko ibindi bihembwe bizagenda kugira ngo hamenyekane igipimo ubukungu bw’u Rwanda buzazamukaho uyu mwaka.

Ati “Umusaruro mbumbe wazamutseho 12.2%, bikaba birenze ibyo twari twateganyije ariko ntabwo tugiye guhindura igipimo giteganyijwe cy’izamuka ry’ubukungu kuko turacyafite ibihembwe bibiri byo kubanza kureba uko bigenda, ariko iyo urenze intego biba ari byiza”.

Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 8.6% mu 2018 ugereranyije na 7.2% cyari giteganyijwe. Biteganyijwe ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.8% mu 2019, bukazamuka 8.1% mu 2020 na 8.2% mu 2021.

2019-09-18
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Editorial 27 Nov 2019
Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Editorial 26 Sep 2018
Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Editorial 28 Aug 2019
Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Editorial 29 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye
IMIKINO

Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye

Editorial 02 Feb 2016
Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994
Amakuru

Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994

Editorial 03 Jun 2025
Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS
Mu Mahanga

Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Editorial 25 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru