• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki zungutse miliyari 23Frw, ibigo by’imari iciriritse byivana mu bihombo byasigiwe na 2017

Banki zungutse miliyari 23Frw, ibigo by’imari iciriritse byivana mu bihombo byasigiwe na 2017

Ubwanditsi 27 Jul 2018 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko urwego rw’imari mu gice cya mbere cy’umwaka wa 2018 rwakomeje guhagarara neza, kuko umutungo warwo wazamutseho 11.2% ukagera kuri miliyari 4,278 Frw, nubwo izamuka ryagenze gahoro kuko umwaka ushize ryari 12.4%.

Ibi byatangajwe nyuma y’Inama ngarukagihembwe y’Akanama Gashinzwe ubusugire bw’urwego rw’imari (Financial Stability Committee, FSC) kuri uyu wa 26 Nyakanga, yagaragaje ko kugeza muri Kamena 2018 urwego rw’imari rwari ruhagaze neza haba ku mabanki, ibigo by’imari iciriritse n’ibigo by’ubwishingizi.

BNR yatangaje ko umutungo w’amabanki wazamutseho 9.8% ukagera kuri miliyari 2,824Frw, gusa iri zamuka riri munsi ya 12.9% ryagaragaye kugeza muri Kamena 2017.

Yakomeje igira iti “Inyungu y’amabanki nyuma yo kwishyura imisoro yavuye kuri miliyari 21.5Frw muri Kamena 2017 igera kuri miliyari 22.9 Frw muri Kamena 2018. Muri icyo gihe kandi inyungu y’ibigo by’imari iciriritse yavuye ku gihombo cya miliyari 0.12 Frw igera ku nyungu ya miliyari 3.3Frw.”

“Ku rundi ruhande, inyungu y’ibigo by’ubwishingizi byigenga nayo yarazamutse igera kuri miliyari 2.7 Frw mu gice cya mbere cy’umwaka wa 2018 ugereranyije na miliyari 0.6 mu gihe nk’icyo mu 2017.”

Izamuka ry’iyi nyungu ngo ahanini rishingiye ku buryo bwashyizweho mu kugaruza inguzanyo banki zitanga n’izamuka ry’amafranga asohoka riri munsi y’amafaranga yinjizwa, haba ku mabanki n’ibigo by’imari iciriritse.

Yakomeje igira iti “Inguzanyo zitishyurwa mu mabanki zaragabanyutse ziva ku 8.2 zabarwaga muri Kamena 2017 zigera kuri 6.9% muri Kamena 2018, mu gihe mu rwego rw’imari iciriritse zagabanyutse zikava kuri 12.3% zikagera ku 8%.”

Ibyo ngo byatewe ahanini n’uburyo ubukungu bw’igihugu muri rusange bwifashe neza mu gihembwe cya mbere cya 2018 ndetse na banki zitandukanye zikaba zarahagurukiye ikibazo cy’inguzanyo zishyurwa nabi.

Binashingira ku buryo n’ibigo by’ubwishingizi byakomeje kwitwara neza urebye ku mafaranga byinjije n’ayo byagiye bisohora byishyura abishinganishije cyangwa bashinganishije ibyabo.

BNR kandi yagaragaje ko banki cyangwa ibigo by’imari iciriritse, bifite amafaranga ahagije ku mari shingiro yo gukomeza gukoresha mubikorwa byabo.

Urebye uburyo izindi nzego z’imari zazamutse mu mezi atandatu ya mbere ya 2018, urw’imari iciriritse rwazamutseho 14.3% (mu 2017 yari 7.6%) rugera kuri miliyari 283Frw, urw’ubwishingizi ruzamuka 15.4% (mu 2017 yari 10.2%) rugera kuri miliyari 423Frw naho urw’ubwiteganyirize ruzamuka 19.2% (mu 2017 yari 8.2%) rugera kuri miliyari 749Frw.

BNR yanzuye ko urwego rw’inguzanyo rukeneye gukomeza gukurikiranirwa hafi haba mu mabanki n’ibigo by’imari iciriritse. Yagaragaje ko hari icyizere ko n’aho inyungu itazamutse, ko hari impinduka bitewe n’izamuka ry’ubukungu, impinduka mu mitangire y’inguzanyo no gukurikirana izatanzwe.

Kugeza ku wa 31 Werurwe 2017 BNR yabaruraga ibigo by’imari iciriritse bigera kuri 18, Umurenge Sacco 416, Ibigo byo kubitsa no kuguriza bitari UMURENGE SACCO 38; mu gihe kugeza ku wa 31 Kamena 2017 habarurwaga banki z’bucuruzi 11, banki ziciriritse enye, Banki y’Iterambere imwe, na Cooperative Bank imwe.

Mu bigo by’ubwishingizi, kugeza ku wa 30 Gicurasi habarurwaga ibigo bya leta (RSSB na MMI) n’ibigo byigenga 14.

Ubushakashatsi bwakozwe ku buryo Abanyarwanda bagerwaho na serivisi z’imari, FinScope Survey 2016, bwagaragaje ko 89% bagerwaho na serivisi z’imari, barimo 26% bakoresha amabanki, 65% bagakoresha ubundi buryo nka Konti za telefoni, Umurenge Sacco, Ibigo by’ubwishingizi n’ibigo by’imari iciriritse, mu gihe 72% bakoresha uburyo bw’imari butanditse nk’ibimina no kugurizanya mu matsinda.

2018-07-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Ubwanditsi 26 Jun 2019
BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

Ubwanditsi 26 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano
Mu Mahanga

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Ubwanditsi 29 Oct 2016
APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya
Amakuru

APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

Ubwanditsi 23 Jul 2021
Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016
Mu Mahanga

Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016

Ubwanditsi 11 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru