• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki zungutse miliyari 23Frw, ibigo by’imari iciriritse byivana mu bihombo byasigiwe na 2017

Banki zungutse miliyari 23Frw, ibigo by’imari iciriritse byivana mu bihombo byasigiwe na 2017

Ubwanditsi 27 Jul 2018 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko urwego rw’imari mu gice cya mbere cy’umwaka wa 2018 rwakomeje guhagarara neza, kuko umutungo warwo wazamutseho 11.2% ukagera kuri miliyari 4,278 Frw, nubwo izamuka ryagenze gahoro kuko umwaka ushize ryari 12.4%.

Ibi byatangajwe nyuma y’Inama ngarukagihembwe y’Akanama Gashinzwe ubusugire bw’urwego rw’imari (Financial Stability Committee, FSC) kuri uyu wa 26 Nyakanga, yagaragaje ko kugeza muri Kamena 2018 urwego rw’imari rwari ruhagaze neza haba ku mabanki, ibigo by’imari iciriritse n’ibigo by’ubwishingizi.

BNR yatangaje ko umutungo w’amabanki wazamutseho 9.8% ukagera kuri miliyari 2,824Frw, gusa iri zamuka riri munsi ya 12.9% ryagaragaye kugeza muri Kamena 2017.

Yakomeje igira iti “Inyungu y’amabanki nyuma yo kwishyura imisoro yavuye kuri miliyari 21.5Frw muri Kamena 2017 igera kuri miliyari 22.9 Frw muri Kamena 2018. Muri icyo gihe kandi inyungu y’ibigo by’imari iciriritse yavuye ku gihombo cya miliyari 0.12 Frw igera ku nyungu ya miliyari 3.3Frw.”

“Ku rundi ruhande, inyungu y’ibigo by’ubwishingizi byigenga nayo yarazamutse igera kuri miliyari 2.7 Frw mu gice cya mbere cy’umwaka wa 2018 ugereranyije na miliyari 0.6 mu gihe nk’icyo mu 2017.”

Izamuka ry’iyi nyungu ngo ahanini rishingiye ku buryo bwashyizweho mu kugaruza inguzanyo banki zitanga n’izamuka ry’amafranga asohoka riri munsi y’amafaranga yinjizwa, haba ku mabanki n’ibigo by’imari iciriritse.

Yakomeje igira iti “Inguzanyo zitishyurwa mu mabanki zaragabanyutse ziva ku 8.2 zabarwaga muri Kamena 2017 zigera kuri 6.9% muri Kamena 2018, mu gihe mu rwego rw’imari iciriritse zagabanyutse zikava kuri 12.3% zikagera ku 8%.”

Ibyo ngo byatewe ahanini n’uburyo ubukungu bw’igihugu muri rusange bwifashe neza mu gihembwe cya mbere cya 2018 ndetse na banki zitandukanye zikaba zarahagurukiye ikibazo cy’inguzanyo zishyurwa nabi.

Binashingira ku buryo n’ibigo by’ubwishingizi byakomeje kwitwara neza urebye ku mafaranga byinjije n’ayo byagiye bisohora byishyura abishinganishije cyangwa bashinganishije ibyabo.

BNR kandi yagaragaje ko banki cyangwa ibigo by’imari iciriritse, bifite amafaranga ahagije ku mari shingiro yo gukomeza gukoresha mubikorwa byabo.

Urebye uburyo izindi nzego z’imari zazamutse mu mezi atandatu ya mbere ya 2018, urw’imari iciriritse rwazamutseho 14.3% (mu 2017 yari 7.6%) rugera kuri miliyari 283Frw, urw’ubwishingizi ruzamuka 15.4% (mu 2017 yari 10.2%) rugera kuri miliyari 423Frw naho urw’ubwiteganyirize ruzamuka 19.2% (mu 2017 yari 8.2%) rugera kuri miliyari 749Frw.

BNR yanzuye ko urwego rw’inguzanyo rukeneye gukomeza gukurikiranirwa hafi haba mu mabanki n’ibigo by’imari iciriritse. Yagaragaje ko hari icyizere ko n’aho inyungu itazamutse, ko hari impinduka bitewe n’izamuka ry’ubukungu, impinduka mu mitangire y’inguzanyo no gukurikirana izatanzwe.

Kugeza ku wa 31 Werurwe 2017 BNR yabaruraga ibigo by’imari iciriritse bigera kuri 18, Umurenge Sacco 416, Ibigo byo kubitsa no kuguriza bitari UMURENGE SACCO 38; mu gihe kugeza ku wa 31 Kamena 2017 habarurwaga banki z’bucuruzi 11, banki ziciriritse enye, Banki y’Iterambere imwe, na Cooperative Bank imwe.

Mu bigo by’ubwishingizi, kugeza ku wa 30 Gicurasi habarurwaga ibigo bya leta (RSSB na MMI) n’ibigo byigenga 14.

Ubushakashatsi bwakozwe ku buryo Abanyarwanda bagerwaho na serivisi z’imari, FinScope Survey 2016, bwagaragaje ko 89% bagerwaho na serivisi z’imari, barimo 26% bakoresha amabanki, 65% bagakoresha ubundi buryo nka Konti za telefoni, Umurenge Sacco, Ibigo by’ubwishingizi n’ibigo by’imari iciriritse, mu gihe 72% bakoresha uburyo bw’imari butanditse nk’ibimina no kugurizanya mu matsinda.

2018-07-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Ubwanditsi 18 May 2018
Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku mpuzandengo ya 4.6% mu bihembwe bitatu bya mbere bya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku mpuzandengo ya 4.6% mu bihembwe bitatu bya mbere bya 2017

Ubwanditsi 06 Mar 2018
“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye
POLITIKI

Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye

Ubwanditsi 17 May 2017
Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo
INKURU NYAMUKURU

Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo

Ubwanditsi 14 May 2020
AZAM Rwanda Premier League: Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatanu
IMIKINO

AZAM Rwanda Premier League: Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatanu

Ubwanditsi 12 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru