• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umuyobozi agira abantu be n’abandi batari abe gute?-Kagame

Umuyobozi agira abantu be n’abandi batari abe gute?-Kagame

Editorial 29 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiriye inama abayobozi yo gukorera mu mucyo, bakirinda kurangwa n’ikimenyane aho usanga hari abafite abantu b’inshuti zabo n’abo bita abanzi mu kazi, ahubwo umuyobozi akaba uwa bose aho kurobanura.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Werurwe 2018 nibwo Perezida Kagame yabigarutse atangiza Umwiherero w’Abayobozi b’Inzego z’ibanze ugiye kumara iminsi itatu ubera mu ishuri rya FAWE mu Karere ka Gasabo.

Uyu mwiherero w’abayobozi b’inzego z’ibanze uri muri gahunda yiswe ‘Umuturage ku isonga’, watangirijwe kuri Petit Stade i Remera. Uhurije hamwe abayobozi barenga 1300 barimo Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge, abajyanama b’uturere n’Umujyi wa Kigali; Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’uturere ndetse n’abakuriye inzego zitandukanye mu turere.

Mu kuwutangiza, Umukuru w’Igihugu yaganiriye n’abayobozi bawitabiriye abagira inama ku bijyanye n’uburyo bakwiriye kunoza inshingano zabo.

Perezida Kagame yavuze ko hari ikibazo gikunze kugaruka cyane aho abayobozi badashyira mu bikorwa inshingano zabo uko bikwiye ariko nyuma hakabura n’umuntu ubibaryozwa.

Ibi ahanini ngo biterwa n’uko n’umuyobozi ukwiye gusaba uwo ayobora ibisobanuro ku ishyirwa mu bikorwa rya gahunda runaka, nawe aba afite intege nke mu mikorere.

Ati “Uzajya guhana uwo mwibana? Ibyo byashoboka se? Uzamugezayo akuvuge. Ati nimubanze mubaze uri hejuru hariya. Iyo bimeze bityo, buri wese araceceka agasahura ibyo ashoboye.”

Yakomoje kandi ku bayobozi usanga bafite abo bita inshuti zabo mu kazi ku buryo babibonamo kurusha abandi. Kuri we, ngo nta kibazo gikwiye kubaho mu kugira inshuti ariko izo mu kazi zikwiye gucika burundu.

Ati “Nta muntu usumba inzego kandi sinzi impamvu umuntu ahora abivuga bigahora biba. Ugasanga mufite abantu mugenda mukaramya mukagira ibitangaza, n’uwo amakosa yagizeho ingaruka imvugo ikaba buriya hari abamugambaniye, nta muntu utagira abanzi […] ngo buriya nta mugabo utagira abanzi sinzi! Niba hari n’abanzi icya mbere ni ugusuzuma ko atari wowe wabiteye […] iyo uri umuyobozi, ujya kugira abantu ugira abanzi n’abandi ugira inshuti gute? Ntabwo ushobora kugira abantu inshuti n’abandi ugira abanzi. “

Yakomeje agira ati “Umuyobozi yagira abantu be n’abandi batari abe gute? Ni abantu ugiye kuyobora, urabifuriza ineza. Ntabwo wajya mu bantu uyobora ngo utangire ubarememo ibice. Ntabwo ari ubuyobozi. Ntabwo ubuyobozi bushinzwe ngo mfite abanzi, niba ari abanzi bakuziza ko ukora ibintu bizima abo ntabwo ukwiye kubatekereza. Ugiye kuvuga ngo uranyaga ngo ni uko nakubujije ko ukora amafuti, ninabimenya birakugirira nabi; uratuma ibyo wita umwanzi ubyumva, ndakugerekaho urusyo.”

Perezida Kagame yagiriye abayobozi inama yo gukorera mu mucyo, bakirinda kurangwa n’ikimenyane

Perezida Kagame yabwiye abitabiriye uyu mwiherero ko abantu bayobora bakagira abanzi n’inshuti bakwiye kuba babikorera hanze y’akazi ariko bagera mu biro bigahagarara burundu.

Ati “Nzagutumira iwanjye dusabane, tunywe inzoga ariko nibigera mu kazi, bihagarare. Iby’akazi ni iby’akazi. Waza tukarara inkera, tukaririmba ariko nibirenga aho […] iyo bikomeje uba wapfuye n’akazi kaba kapfuye. Bigira ingaruka ku bantu, ku bo uyobora, bishobora kutagira ingaruka kuri ba bandi wita inshuti kuko aribo uhora ugwizaho ibyiza ariko icyo ni icyaha.”

Umukuru w’Igihugu yaburiye kandi abayobozi badatinyuka kureba umuntu mu maso ngo bamubwire bati ‘sigaho’ n’ababaye imbata y’ikimenyane, ababwira ko bikwiye gucika kuko byoreka igihugu.

Ati “Wajya muri minisiteri runaka, minisitiri n’abamukurikiye bose bakaba abantu yitoranyirije ari abavandimwe, ari inshuti, baturuka mu cyaro kimwe; byashoboka? Ikintu kiganisha aho mucyemera mute? Kuki ntawe uvamo ngo avuge ati ibintu dufite hano ntabwo ari byiza. Ntibishobora kuba ahantu ngo byihishire kandi n’imikorere yabyo iraboneka.”

Abitabiriye uyu mwiherero bahawe umwanya wo kubaza ibibazo bitandukanye aho nk’Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François, yasabye ko abayobozi bari ku rwego rw’akarere n’imirenge bagabanywa hakongererwa ubushobozi utugari.

Perezida Kagame yashyigikiye iki giterezo avuga ko nta mpamvu yo kugira abantu benshi hejuru hasi nta bahari, ndetse Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, avuga ko iyo gahunda ihari mu gihe cya vuba hazaba impinduka.

Ikindi kibazo cyabajijwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare, wavuze ko hari ibibazo biri kugaragara muri iki gihe byo kurangiza imanza ku bantu bari barahunze ariko batahuka bagasanga amasambu yabo yaratujwemo abandi.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko iki kibazo kidakwiye kujya mu nkiko kuko ibyakozwe hatuzwa abatari bafite aho kuba, byari umwanzuro wa politiki. Yashimangiye ko mu gihe iki kibazo cyagera mu nkiko, cyasenya ibyakozwe byose bigatera akavuyo gakomeye mu gihugu.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, yavuze ko mu mwiherero uheruka kubera i Rubavu; abakora mu nzego z’ubutabera bemeje ko iki kibazo kigiye gufatirwa umuti wa burundu.

Kagame yaganiriye n’abayobozi abagira inama y’uburyo bakwiriye kunoza inshingano zabo

Perezida Kagame yatangije ku mugaragaro Umwiherero w’Abayobozi b’Inzego z’ibanze uzamara iminsi itatu

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François atanga igitekerezo cyo kongera abakozi ku rwego rw’akagari

Bamwe mu bitabiriye umwiherero w’abayobozi b’inzego z’ibanze

Perezida Kagame yakira ibitekerezo by’abitabiriye Umwiherero

Perezida Kagame yabwiye abayobozi ko bakwiye kumenya ibibazo igihugu gifite

Perezida Kagame yaburiye abayobozi bahora basaba imbabazi ku makosa amwe

Umwiherero w’iminsi itatu witabiriwe n’abayobozi 1300 b’inzego z’ibanze

Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, yavuze ko ikibazo cyo kurangiza imanza ku bantu bari barahunze ariko batahuka bagasanga amasambu yabo yaratujwemo abandi kigiye gufatirwa umuti wa burundu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yavuze ko umwiherero ugamije gusuzuma aho abayobozi bagize intege n’aho batashoboye gutanga serivisi nziza ku baturage

Bari bafite akanyamuneza mu itangizwa ry’umwiherero

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Nyamurinda Pascal mu bitabiriye itangizwa ry’umwiherero w’abayobozi b’inzego z’ibanze

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Marie Rose Mureshyankwano (hagati) mu gutangiza umwiherero

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney (ibumoso) n’uw’Intara y’Uburasirazuba, Mufulukye Fred

Umwiherero w’abayobozi b’inzego z’ibanze uri muri gahunda yiswe ‘Umuturage ku isonga’

Amafoto: Village Urugwiro

2018-03-29
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Ingabo za RDC zaburijemo ibitero bibiri bya FDLR

Uko Ingabo za RDC zaburijemo ibitero bibiri bya FDLR

Editorial 24 Jul 2019
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Editorial 16 Sep 2019
Nkurunziza yongeye gusaba Museveni, gutumiza inama yiga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi

Nkurunziza yongeye gusaba Museveni, gutumiza inama yiga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi

Editorial 30 Dec 2018
Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Editorial 25 Oct 2023
Uko Ingabo za RDC zaburijemo ibitero bibiri bya FDLR

Uko Ingabo za RDC zaburijemo ibitero bibiri bya FDLR

Editorial 24 Jul 2019
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Editorial 16 Sep 2019
Nkurunziza yongeye gusaba Museveni, gutumiza inama yiga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi

Nkurunziza yongeye gusaba Museveni, gutumiza inama yiga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi

Editorial 30 Dec 2018
Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Editorial 25 Oct 2023
Uko Ingabo za RDC zaburijemo ibitero bibiri bya FDLR

Uko Ingabo za RDC zaburijemo ibitero bibiri bya FDLR

Editorial 24 Jul 2019
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Editorial 16 Sep 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru