• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

  • U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari   |   30 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Editorial 10 Mar 2016 Mu Rwanda

​Nyuma yo kugirwa umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo (D2), Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo, kuri uyu wa mbere tariki ya 7 Werurwe yatangiye gusura imitwe ya Polisi ikomoka mu bihugu bitandukanye yoherejwe muri Sudani y’epfo mu rwego rwo kubungabunga no kugarura amahoro muri icyo gihugu, akaba yarahereye ku bapolisi b’u Rwanda (FPU) bakorera ahitwa Malakal.

CP Munyambo akaba yaraherekejwe na CP Girmay Gebrekidan, akaba ari n’umwe mubo bazakorana ba hafi (Police Chief of Staff), ndetse n’abandi bayoboziba Loni bakorera muri icyo gihugu.

Bakigera Malakal, bakiriwe na Assistant Commissioner of Police (ACP) Rogers Rutikanga, uyoboye Abapolisi b’u Rwanda (FPU) bakorera muri ako gace .

Uru ruzinduko rwa Commissioner Munyambo rukaba ruzakomereza mu yindi mitwe ya Polisi, rukaba rugamije kugenzura ubushobozi n’imikorere yabo, mu rwego rwo kureba niba bashobora guhangana n’ibibazo ibyo aribyo byose byavuka mu kazi kabo ko kubungabunga no kugarura amahoro muri Sudani y’epfo.

CP Munyambo yibukije abapolisi b’u Rwanda impamvu nyamukuru bari muri ubwo butumwa, anabasaba gukomeza kwita ku nshingano zabo, batitaye ku ngorane bashobora kujya bahura nazo hato na hato.

CP Munyambo yagize ati:” Ntibyoroshye kumara umwaka mu kazi gasaba ubwitange nk’aka, nta kiruhuko kandi muri kure y’imiryango yanyu. Ariko yaba u Rwanda, Loni na Sudani ‘y’epfo, ibafitemo icyizere kuko ibi byose mwaje mwarabyiteguye kandi mwabonye amahugurwa ahagije kugira ngo mushobore guhangana n’ibibazo ibyo aribyo byose, no guhesha isura nziza igihugu cyanyu n’umuryango w’abibumbye muri rusange”.

Nyuma yo kugezwaho ibyo Polisi y’u Rwanda (FPU) ikora n’ibyo yagezeho, CP Munyambo yagiye gusura aho bamwe mu bapolisi b’u Rwanda bashinze ibirindiro muri ako karere, aho bashinzwe kurinda abantu bagera ku 42 000 bakuwe mu byabo n’intambara , no gucunga umutekano w’ibiribwa n’ibikoresho by’ishuri byagenewe izo mpunzi.

Ubu Polisi y’u Rwanda ikaba ifite abapolisi bagera kuri 200 muri Sudani y’epfo.

Aha kandi CP Munyambo yiboneye ko hafi ibintu byose byasenyutse ibindi birangizwa mu bushyamirane buheruka bwavutse hagati y’ubwoko bw’aba Dinkas na Nuers batuye akarere ka Malakal

Nyuma yaho yagiranye inama n’abayobozi b’inzego z’ibanze muri iyo nkambi aho yabakanguriye kugira ubufatanye, gukorera hamwe no gufatanya n’ingabo na Polisi bashinzwe kubarinda kugirango barusheho kugira umutekano usesuye.

Mu ijambo rye, komanda wa FPU y’u Rwanda, ACP Rutikanga yahamije imikoranire myiza ndetse n’ubufatanye burangwa hagati y’umutwe ayoboye n’izindi nzego zitandukanye bakorana umunsi ku wundi, anabasaba gukomereza muri uwo murongo.

CP Munyambo yakomereje kandi urugendo ahitwa Upper Nil, aho yahuye n’umuhuzabikorwa w’ako gace, Hazel De Wet.

Hazel yashimiye ubufatanye, ingufu no gukorera hamwe birangwa hagati y’imitwe tandukanye igize Polisi y’Umuryango w’Abibumbye ikorera mu karere ka Malakal.

Komiseri Munyambo akaba yarashoje urugendo rwe ahura n’abakuriye ndetse na ba Ofisiye bakuru ba Polisi z’ibihugu bitandukanye bari mu butumwa bw’amahoro muri Malakal, maze abashimira akazi keza bakoze mu bihe bikomeye ako karere kanyuzemo.

Yarangije abizeza ko UNMISS izakomeza kubafasha mu bishoboka kugira ngo bashobore kurangiza neza inshingano zabo.

Urugendo rwe akaba azarukomereza i Bentiu mu majyaruguru y’ icyo gihugu.

RNP

2016-03-10
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda

Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda

Editorial 31 Oct 2017
Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi

Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi

Editorial 27 Nov 2017
Kwibuka24: Apotre Dr Gitwaza yatanze ubutumwa bw’ihumure ku banyarwanda abasaba guharanira kwiyubaka

Kwibuka24: Apotre Dr Gitwaza yatanze ubutumwa bw’ihumure ku banyarwanda abasaba guharanira kwiyubaka

Editorial 07 Apr 2018
Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.

Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.

Editorial 05 Sep 2017
Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda

Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda

Editorial 31 Oct 2017
Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi

Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi

Editorial 27 Nov 2017
Kwibuka24: Apotre Dr Gitwaza yatanze ubutumwa bw’ihumure ku banyarwanda abasaba guharanira kwiyubaka

Kwibuka24: Apotre Dr Gitwaza yatanze ubutumwa bw’ihumure ku banyarwanda abasaba guharanira kwiyubaka

Editorial 07 Apr 2018
Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.

Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.

Editorial 05 Sep 2017
Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda

Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda

Editorial 31 Oct 2017
Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi

Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi

Editorial 27 Nov 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru