• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Editorial 05 May 2017 Mu Rwanda

Umwiherero wa kabiri uhuje abayobozi ba Polisi mu butumwa bw’amahoro bwa Loni butatu buri muri Sudani y’Epfo, Darfur na Abyei wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina nk’ibintu by’ibanze.

Avugana n’itangazamakuru, Shaowen Yang, umujyanama wa kabiri muri Polisi ya Loni, yagize ati:” Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ni kimwe mu bibazo byagaragajwe nk’imbogamizi muri ubu butumwa uko ari butatu; niyo mpamvu twarigize umwihariko kimwe no kurinda abasivili.”

Yongeyeho ati:” Twasuye hamwe muho bafashirizwa hano mu Rwanda nk’ikigo Isange One stop Center, twatangajwe n’ibyagezweho kandi byatubereye isomo ndetse tugomba kwiga no gusangiza ibice bya Polisi biri muri ubu butumwa ngo binoze uburyo birwanya ihohoterwa.”

Ikigo Isange, ubu kirakorera mu bitaro 45 mu gihugu hose, kikaba gitanga ubuvuzi, ubujyanama ndetse n’ubwunganizi mu mategeko ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Yang yagize kandi ati:” Umwiherero wanize ku bibazo ubutumwa bwa Loni burimo guhura nabyo cyane cyane muri Darfur , Sudani y’Epfo na Abyei; wanzura ko hashyirwa imbaraga mu yindi myiherero ihuriweho n’izi mpande, gukora ibijyanye n’imyanzuro y’Inama ya Loni ishinzwe amahoro ku isi mu birebana no gushyira mu bikorwa inshingano zacu cyane cyane iza gipolisi mu butumwa bw’amahoro.”

Yongeyeho ati:” Mu ishyirwa mu bikorwa ry’izo ngamba , twatangiiye kureba uburyo twakorera hamwe mu kubahiriza amategeko, gukorana n’abanyapolitiki mu gufasha irangizwa ry’amakimbirane no gushyira mu buzima busanzwe ibihugu biyavuyemo.”

Yakomeje avuga ko bashyize ahagaragara ibigomba gukosorwa muri ubu butumwa birebana n’igipolisi, impamvu z’ubutumwa ndetse n’ingamba n’imikorere.

Umwiherero w’iminsi itatu wari uhuje ba Komiseri b’abapolisi , abajyanama bakuru, abayobozi b’ibice bya Polisi n’abashinzwe ibikorwa muri ibyo bice n’abandi ba ngombwa mu butumwa bwa UNMISS(Sudani y’Epfo), UNAMID(Darfur) na UNSFA(Abyei).

Komiseri wa Polisi muri UNAMID, Priscilla Mukotose ukomoka muri Zimbabwe yavuze ko ubu butumwa butatu busangiye politiki ishingiye ku miterere y’ibihugu aho yagize ati:” Uretse ko dufite Abanyarwanda benshi muri ubu butumwa bwose, ariko twanasanze ibibazo duhura nabyo mu butumwa byitabwaho hano mu Rwanda.”

Yongeyeho ati:” Kugirira umwiherero mu Rwanda , byatumye twemeze ko, nyuma yo gusura ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyigisha abajya mu butumwa bw’amahoro, impamvu duhora twakira abapolisi bashoboye kandi bazi icyo bakora bavuye mu Rwanda, bikaba byari bisanzwe ariko binazwi ko abapolisi b’u Rwanda bakora cyane kandi bafite imyitwarire myiza.”

Yashoje agira ati:” Ntawe byatangaza amaze kubona aho baba baturutse,..ni aho bakura ubumenyi n’ubushobozi bituma baba indakemwa mu butumwa bwose bakora.”

Basuye n’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Hagati aho kandi, iri tsinda ryanasuye urwibutso rwa jenoside rwa Kigali, aho bunamiye miliyoni irenga y’inzirakarengane zishwe muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuyobozi wa Polisi muri UNAMID yashimye intambwe u Rwanda rugezeho rwiyubaka nyuma ya jenoside yari yarusize rusenyutse

Yagize ati:” Turashima u Rwanda, rwavuye kure cyane…ntawatekereza ko abaturage bakora ibi. Twe nk’abakora mu butumwa bw’amahoro, turifuza ko amahoro mwagezeho akomeza kandi mugakomeza kwereka isi yose ko mwivanye mu mahano ya jenoside.”

Yashoje agira ati:” Buri wese ashobora kubona ibyo murimo gukora n’aho mwavuye kandi ndizera ko ibindi bihugu byabigira ho ko bidakwiye kugira amakimbirane ageza kuri jenoside.”

Mugenzi we ukorera muri Abyei, Assistant Commissioner of Police (ACP) Mohamed F. Suray ukomoka muri Ghana yagize ati:” Twigiye byinshi ku byo Polisi y’u Rwanda yagezeho mu kwigisha abaturage kwicungira umutekano , mu mutekano wo mu muhanda , ku mutekano muri rusange cyane cyane nijoro ; ni ikintu kigaragarira buri wese, umujyi uratekanye, uracyeye, ni ikintu n’indi mijyi ikwiye kwigana.”

-6473.jpg

-6472.jpg

-6471.jpg

Source : RNP

2017-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Igisobanuro cy’Ifoto yabonywe n’Abanyamakuru  Perezida Kagame   agenda ku igare i Rubavu

Igisobanuro cy’Ifoto yabonywe n’Abanyamakuru Perezida Kagame agenda ku igare i Rubavu

Editorial 12 Sep 2017
Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021

Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021

Editorial 28 Sep 2021
Dian Forsey “Nyiramacibiri” amaze imyaka 36 ahitanywe na Leta ya Yuvenali Habyarimana

Dian Forsey “Nyiramacibiri” amaze imyaka 36 ahitanywe na Leta ya Yuvenali Habyarimana

Editorial 28 Dec 2021
Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Editorial 04 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Himbara  ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda
ITOHOZA

Himbara ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda

Editorial 28 Apr 2019
Amerika yahaye ibyangombwa  Amb.Eugene Gasana, ukekwaho kuba mu mutwe w’iterabwoba wa RNC
INKURU NYAMUKURU

Amerika yahaye ibyangombwa Amb.Eugene Gasana, ukekwaho kuba mu mutwe w’iterabwoba wa RNC

Editorial 31 Mar 2019
Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso
Amakuru

Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Editorial 02 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru