• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Uncategorized»Nyuma yo kwegukana agace ka kabiri ka Tour du Rwanda, Umufaransa Alan Boileau yegukanye n’agace ka gatatu , Munyaneza Didier ntiyashoje isiganwa.

Nyuma yo kwegukana agace ka kabiri ka Tour du Rwanda, Umufaransa Alan Boileau yegukanye n’agace ka gatatu , Munyaneza Didier ntiyashoje isiganwa.

Ubwanditsi 04 May 2021 Uncategorized

Umufaransa w’imyaka 21 y’amavuko Alan Boileau akomeje kwekerekana ko ari umwe mu bakinnyi bafite ubushobozi bwo kwitwara neza mu mukino w’igare by’umwihariko muri Tour du Rwanda 2021 iri kuba ku ncuro ya 13 ari mpuzamahanga.

Ibi uyu mukinnyi usanzwe ukinira ikipe ya B&B HOTELS p/b KTM yo mu gihugu cy’Ubufaransa yabyekerezanye kuri uyu wa kabiri ubwo hakinwaga agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Huye mu ntara y’Amajyepfo kerekeza i Gicumbi mu ntara y’Amajyaruguru, uyu Mufaransa akaba ariwe wegukanye aka gace kareshyaga na Kilometero 171 na metero 600.

Ubwo abakinnyi bahagurukaga mu karere ka Nyanza bagendeye mu gikundi kimwe ari benshi ariko uko urugendo rukomeza kwicuma niko bagendaga bivangura bagakora amatsinda atadukanye, aha twavuga nka nyuma y’ibilometero 44, abakinnyi batatu banyonze amagare yabo basanga umukinnyi Teugels wari wabaye nkusiga ho abandi, mubamufashe bagakomezanya barimo Gautier (B&B Hotels), Goytom (Erythrée), Byukusenge Patrick (Benediction).

Ibi byakomeje kugenda uku ariko nyuma ho gato y’ibilometero bitari byinshi ubwo bari bageze ku kilometero cya 67 umukinnyi w’umunyarwanda Munyaneza Didier uzwi nka Mbappe ntiyahiriwe no kuba yakomeza iri siganwa kuko yagize ikibazo cy’igare ryatobotse nyuma baramuhindurira bamuha irindi ariko ntibyakomeza kumubera byiza kuko nawe umubiri wageze aho nawe uramunanira nk’ibyabaye kuri Areruya Joseph bakinana muri Benediction Ignite, ibi bikaba byatumye Munyaneza aba umukinnyi wa kabiri uvuye muri iri siganwa w’umunyarwanda.

Abasiganwa bakomeje kugenda mu byiciro kugeza ubwo bari bageze ku kilometero cya 141, abakinnyi babiri barimo Alana Boileau (B-B Hotels) wegukanye etape ya Kigali-Huye na Zerai ukinira Erythrée bacomotse mu bandi ariko igikundi gihita kibafata, ako kanya nibwo imvura yari itangiye kujojoba mu ntara y’Amajyaruguru.

Hasigaye ibilometero 16 gusa kugira ngo abakinnyi bari imbere bagere ahasorezwa isiganwa mu Mujyi wa Gicumbi, umukinnyi Quintero yashyizemo amasegonda 28 hagati ye n’igikundi ariko ntabwo byaje gutinda kuko umufaransa w’imyaka 21 Alan Boileau ukinira B&B Hotels yakomeje gusatira cyane ndetse biza no kumuhira agera i Gicumbi ariwe uyoboye bagenzi be basa naho bari barikumwe, barimo Quintero Carlos Julian wa Terrengganu.

Alan Boileau yegukanye aka gace ka Kilometero 171 na metero 600 bikurikira ko ari nawe wegukanye agace ka kabiri kavaga i Kigali kerekeza i Huye, kuri iyo ntera iruta izindi muri Tour du Rwanda ya 2021, yakoresheje amasaha 4 iminota 23 n’amasegonda 57.

Umukinnyi w’umunyarwanda waje hafi kuri aka gace ka gatatu ni Muhoza Eric ukinira ikipe y’u Rwanda akaba yashoje ku mwanya wa 24, naho ku rutonde rusange akaba ari nawe umunyarwanda uza imbere akaba ari ku mwanya wa 27.

Nyuma y’uduce dutatu twa Tour du Rwanda 2021, Sanches Vergara Byran Stiven niwe uyoboye abandi akaba agomba no guhagurukana umwenda w’umuhondo mu gace ka kane kazakinwa kuri uyu wa gatatu tariki ya 6 Gicurasi 2021 ubwo abasiganwa bazava i Kigali berekeza i Musanze ku ntera y’ibilometero 123 na metero 900.

Kudasoza kwa Munyaneza Didier Mbappe biratuma ikipe ya Benediction Ignite imwe mu makipe ahagarariye u Rwanda asigarana abakinnyi batatu dore ko na Areruya Joseph ku munsi w’ejo bitamugendekeye neza akaba yaravuye mu irushanwa.

2021-05-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri Playoffs, Patriots yatsinze APR BBC imibare iba myinshi ku makipe yombi anganya imikino 2-2

Muri Playoffs, Patriots yatsinze APR BBC imibare iba myinshi ku makipe yombi anganya imikino 2-2

Ubwanditsi 19 Sep 2024
Chris Froome watwaye Tour de France enye, yemeje ko azitabira Tour du Rwanda isiganwa rizazenguruka igihugu muri Gashyantare 2023

Chris Froome watwaye Tour de France enye, yemeje ko azitabira Tour du Rwanda isiganwa rizazenguruka igihugu muri Gashyantare 2023

Ubwanditsi 16 Jan 2023
Volleyball: Police VC na APR WVC niyo makipe yegukanye irushanwa ryo Kwibuka Rutsindura Alphonse

Volleyball: Police VC na APR WVC niyo makipe yegukanye irushanwa ryo Kwibuka Rutsindura Alphonse

Ubwanditsi 12 Jun 2023
Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Ubwanditsi 19 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yanganyije na Muhazi United, Rayon Sports itsinda Mukura VS ibyaranze umunsi wa 25 wa shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

APR FC yanganyije na Muhazi United, Rayon Sports itsinda Mukura VS ibyaranze umunsi wa 25 wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Mar 2024
Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo
Mu Rwanda

Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Maj. Gen. Muganga yasimbuye Gen Ibingira nk’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara
INKURU NYAMUKURU

Maj. Gen. Muganga yasimbuye Gen Ibingira nk’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara

Ubwanditsi 20 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru