• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Urubanza rw’ibura ry’umuriro muri Stade Huye: Urukiko rwanzuye ko umwe afungwa by’agateganyo

Urubanza rw’ibura ry’umuriro muri Stade Huye: Urukiko rwanzuye ko umwe afungwa by’agateganyo

Editorial 06 Feb 2016 IMIKINO

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 5 Gashyantare Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwategetse ko umwe mu baregwa, mu rubanza rwo kunyereza mazutu yari igenewe gukoreshwa ku mukino wa CHAN i Huye, arekurwa by’agateganyo undi agafungwa iminsi 30 y’agateganyo kubera ko hari ibimenyetso.

-2003.jpg

Aimable Rwabidadi umutekinisiye wa Minisiteri y’Umuco na Siporo wari ushinzwe gukurikirana ibya tekinike kuri Stade za Huye, Rubavu, Nyamirambo na Stade Amahoro, yagejejwe mu rukiko rwisumbuye rwa Huye ku wa kane tariki 4Gashyantare 2016, ashinjwa icyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta, gusa ibyo aregwa arabihakana.

Undi waregagwa muri iyi dosiye ni uwitwa Mbabarendore Doleon, umutechnitien wa kompanyi yitwa Smart Energy Solutions, kompanyi yiyambajwe na NPD-COTRACO (Stade Huye) ngo iyizanire moteri. Uyu Mbabarendore wazanye n’iyi moteri yashinjwaga ubufatanyacyaha mu guhishira unyereza umutungo wa Leta.

Kuri uyu wa gatanu tariki 5 Gashyantare, Urukiko Rwisumbuye rwa Huye, rwanzeye ko Aimable Rwabidadi ukorera Minisiteri y’Umuco na Siporo afungwa by’agateganyo iminsi 30, ngo kuko hari ibimenyetso bifatika ko hari mazutu yaguze agashaka kuyinyereza.

Umucamanza yavuze ko Rwabidadi yaguze mazutu idahagije kandi atari azi ubushobozi bwa moteri ndetse ngo hari ibimenyetso ko mazutu yari yaguzwe ntiyajyanwa aho yagombaga gukoreshwa mu mpamvu zo gushaka kuyirigisa.
Urukiko rwategetse ko Mbabarendore Doleon we aba arekuwe by’agateganyo kuko ngo nta bimenyetso bifatika byatuma afungwa.

Rwabidadi Aimable afite igihe cy’iminsi itanu yemererwa n’amategeko ngo abe yajuririra icyemezo cy’urukiko ariko ntiyahise abikora ubwo.

Imbere ya Camera z’amahanga, mu irushanwa nyafurika ry’amakipe y’abakinnyi bakina iwabo, hari ku wa kane tariki 21 Mutarama 2016 ubwo mu mukino wa kabiri wahuzaga Ethiopia na Cameroon, umuriro wabuze inshuro ebyiri kandi bwije, urahagarara mu minota igera kuri 12. Byavuzwe ko moteri yabuze mazutu kandi hatanzwe amafaranga yo kuyigura.

M.Fils

2016-02-06
Editorial

IZINDI NKURU

Mujonjora ryibanze ryo gutoranya nyampinga 2016 i Musanze hatambutse batanu

Mujonjora ryibanze ryo gutoranya nyampinga 2016 i Musanze hatambutse batanu

Editorial 09 Jan 2016
Perezida Paul Kagame yakiriye abakanyujijeho mu ikipe ya Arsenal Robert Pires na Ray Parlour basozaga uruzinduko rwabo mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yakiriye abakanyujijeho mu ikipe ya Arsenal Robert Pires na Ray Parlour basozaga uruzinduko rwabo mu Rwanda

Editorial 10 Feb 2022
Ibitego 44 nibyo byabonetse ku munsi wa mbere w’imikino y’amatsinda ya UEFA Champions League

Ibitego 44 nibyo byabonetse ku munsi wa mbere w’imikino y’amatsinda ya UEFA Champions League

Editorial 16 Sep 2021
Meddy yinjiye mu bahatanira ibihembo bya MTV Africa Music Awards, aho ahanganye n’abakomeye

Meddy yinjiye mu bahatanira ibihembo bya MTV Africa Music Awards, aho ahanganye n’abakomeye

Editorial 03 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa yeguye
IMIKINO

Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa yeguye

Editorial 16 Apr 2018
Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?
Amakuru

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Editorial 24 Aug 2024
Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda

Editorial 11 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru