• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Urukiko rutegetse ko Robert Ndatimana arekurwa

Urukiko rutegetse ko Robert Ndatimana arekurwa

Editorial 02 Feb 2016 IMIKINO

Kuri uyu wambere tariki ya 02/02/2016 – Mu bujurire bwa Robert Ndatimana bwakiriwe n’Urukiko rukuru ku Kimihurura rutegetse kuri iki gicamunsi ko Robert Ndatimana atsinze urubanza yaregwagamo gutera inda umukobwa utarageza ku myaka y’ubukure kuko Urukiko rabonye ibimenyetso bishya ko uyu mukobwa ari mukuru.

-1980.jpg

Ndatimana ubwo aheruka imbere y’ubutabera kuwa 30 Ukuboza 2015

Robert Ndatimana yari afunze kuva tariki 18/12/2015 aho yari yashinjwe n’umwe mu babyeyi (se umubyayra) b’umukobwa witwa Keza Hornella ko yafashe ku ngufu uyu mwana akamutera inda atarageza imyaka y’ubukure.

Mu iburanisha ryabanje, Ubushinjacyaha bwavugaga ko uyu mukobwa afite gusa imyaka 16, bityo Ndatimana umukinnyi w’ikipe ya Police FC akaba yarafashe ku ngufu uyu mwana. Ibirego Ndatimana yakomeje guhakana ariko akatirwa kuba afunze iminsi 30 y’agateganyo.

Asoma imyanzuro mu bujurire, umucamanza yavuze ko hakurikikwe ingingo ya 106 igika cya kabiri ivuga ko iyo hari ibimenyetso bishya bigaragarijwe Urukiko mu iburanisha bishobora gutushingirwaho hakatwa urubanza.

Bityo ngo ibimenyetso bishya bagaragarijwe byerekana ko Keza Hornella afite imyaka y’ubukure bityo uregwa atafashe ku ngufu umwana ahubwo yaryamanye n’umuntu mukuru.

Ibi bimenyetso ngo ‘attestation de naissance’ yo kwa muganga y’uyu mukobwa utwite, igaragaza ko yavutse mu 1997, aho kuba mu 1999 nk’uko bayshinjwe Ndatimana.

Umucamanza yavuze koi bi bicuze ko kuba Ndatimana na Keza bemeza ko baryamanye mu kwezi kwa munani 2015 akamutera inda, iki gihe yari afite imyaka y’ubukure,18, aho kuba 16 nk’uko Ndatimana yabiregwaga.

Urukiko rwahise rwanzura ko uregwa ahita arekurwa.

Umushinjacyaha nyuma yo kubona ibyo bimenyetso bishya byatanzwe n’umubyeyi wundi (nyina) w’umwana no kuvma icyemezo cy’Urukiko yahise yemera ko atagomba gukoeza gukurikirana uwaregwaga.

Umukobwa utwite na nyina nibo bazanye ibimenyetso bishya, aba bombi bakaba batari bashyigikiye ikirego cyatanzwe na se w’umukobwa Keza Hornella, wari umaze igihe yitwa umwana.

Robert Ndatimana yaburanaga avuga ko ko atafashe ku ngufu uyu mukobwa, yemera umwana atwite kandi yemera no kumurera.

Ndatimana yari yaje gushyigikirwa na bamwe mu bakinnyi bakinanye mu ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 mu gikombe cy’isi muri Mexique(2011) nka Emery Bayisenge na Michel Rusheshangoga n’izindi nshuti.

Ubwo umucamanza yasomaga umwanzuro ko Ndatimana atsinze kandi ahita arekurwa, mu cyumba cy’iburanisha humvikanye urusaku rw’ibyishimo.

Ubwanditsi

2016-02-02
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC yaguye miswi na Kiyovu SC banganya 2-2, rutahizamu Mugenzi Bienvenue yigaragaza atsinda ibitego 2

APR FC yaguye miswi na Kiyovu SC banganya 2-2, rutahizamu Mugenzi Bienvenue yigaragaza atsinda ibitego 2

Editorial 23 Nov 2022
Nigeria yahaye Abanyafurika na Lionel Messi kumwenyura

Nigeria yahaye Abanyafurika na Lionel Messi kumwenyura

Editorial 23 Jun 2018
Niba uribwa mu nda mu gihe cy’imihango? Dore inama

Niba uribwa mu nda mu gihe cy’imihango? Dore inama

Editorial 02 Mar 2016
Ferwafa: Nkuko bisanzwe umugati watswe Bonie Mugabe utamikwa Emery Kamanzi

Ferwafa: Nkuko bisanzwe umugati watswe Bonie Mugabe utamikwa Emery Kamanzi

Editorial 10 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Simbuze aho kujya nyuma y’ iyi business ” Perezida Kagame
Mu Rwanda

“Simbuze aho kujya nyuma y’ iyi business ” Perezida Kagame

Editorial 23 Jun 2017
Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko
POLITIKI

Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Editorial 12 Mar 2016
Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira
INKURU NYAMUKURU

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Editorial 07 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru