• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uruzinduko rwa Perezida wa  Afurika y’epfo mu Rwanda rwaba rubaye urufunguzo rw’igaruka ry’imibanire myiza n’u Rwanda?

Uruzinduko rwa Perezida wa  Afurika y’epfo mu Rwanda rwaba rubaye urufunguzo rw’igaruka ry’imibanire myiza n’u Rwanda?

Editorial 20 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’uko Cyril Ramaphosa atorewe kuyobora Afurika y’epfo taliki ya 25 Gashyantare akanashyiraho guverinoma nshya, haravugwa ubushake  bwo kongera kubura umubano mwiza n’igihugu cy’u Rwanda.

Kuva k’ubutegetsi kwa Jacob Zuma wayoboraga Afurika y’epfo kuva 2009 , abanyarwanda benshi babibona nk’inkuru nziza ku gihugu cyabo.

Impinduka zose Ramaphosa amaze gukora ndetse n’uburyo yahuye na mugenzi we Paul Kagame ni bimwe mu bigenda bigaragaza ubushake k’urwego rwo hejuru mu kuzahura umubano hagati y’ibihugu byombi.

Umunyacyubahiro wa Afurika y’epfo uri kwitabira iyi nama yatangarije Jeune Afrique ko leta zombi  zafashe icyemezo cyo gusasa inzobe kugirango haboneke umuti w’ibibazo byari biriho kugirango umubano wongere ugaruke uko wahozeho mbere.

Ibi kandi byanagaragajwe n’igikorwa Perezida Paul Kagame yakoze ubwo yasohokaga mu nama y’ababacuruzi mu masaha ajya kwegera saa sita akerekeza ku kibuga cy’indege I Kanombe kwakira ubwe mugenzi we Cyril Ramaphosa ugeze mu Rwanda ubwa mbere nyuma yo gutorerwa kuyobora Afurika y’epfo.

Aba bayobozi bombi bitezwe kugirana ibiganiro birambuye ku bibazo ibihugu byombi bihuriyeho. Ibibazo bifatwa nk’ibikomeye bikaba byarasubije inyuma umubano w’ibihugu byombi.

 Ministiri w’ububanyi n’amahanga wa Afurika y’epfo Lindiwe Sisulu yabwiye Jeune Afrique ko igihe kigeze ku bihugu byombi kugarura umubano mwiza byahoranye.

Afurika y’Epfo yagiye ishinjwa kuba indiri y’abarwanya Leta y’u Rwanda

Mu mpera z’umwaka wa 2013, nibwo inkuru zacicikanye mu bitangazamakuru ko Gen. Kayumba n’umuherwe Rujugiro Tribert Ayabatwa ufite ibikorwa by’ ubucruzi i Brazzaville na Centre Afrika, bombi bari mu batoranijwe guherekeza Jacob Zuma Perezida wa Afurika y’Epfo mu ruzinduko yari yagiriye muri Congo Kinshasa.

Urwo ruzinduko rwavugwaga ko rwari rugamije kuganira kuri politike, ku bukungu ndetse n’ umufatanye mu bikorwa by’ umutekano hagamijwe kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo ndetse n’ akarere muri rusange, iki gihe Congo ikaba yari iri mu ntambara ikaze na M23.

Ubwo umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo watangiraga kuzamo agatotsi, u Rwanda rwashinjaga Afurika y’Epfo gucumbikira Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeye waje kwicirwayo, aba bombi bashinze ishyaka RNC rirwanya Leta y’u Rwanda. Afurika y’Epfo nayo igashinja Leta y’u Rwanda gushaka kugirira nabi aba bayihungiyemo.

N’ubwo biri kugaragazwa ko umubano ugiye kuzuka, kugeza n’ubu Afurika y’Epfo icumbikiye Kayumba nk’impunzi, bikaba binavugwa ko akomeje ibikorwa bya politiki mu ishyaka RNC,  Leta y’u Rwanda idahwema  kugaragaza ko rikorana na FDLR gushaka guhungabanya ubusugire bw’u Rwanda.

Kayumba Nyamwasa yakomeje gukorera mu kwaha kwa Maite Nkoana-Mashabane, wasimbujwe  ku mwanya wa Ministiri w’ububanyi n’amahanga agirwa  Ministiri ushinzwe amajyambere y’icyaro. Uyu Mashabane avugwaho kuba ari incuti y’akadasohoka  ya Jacob Zuma akaba yaranigeze kuba Ambasaderi w’igihugu cye muri India  ni naho yamenyaniye na Kayumba Nyamwasa nawe wahabaye Ambasaderi mbere yo guhunga.

Abasesenguzi muri politiki baravuga ko impinduka Ramaphosa yazanye muri guverinoma nshya y’ Afurika y’epfo zigaragaza ubushake bwo kugarurira isura nziza Afurika y’epfo yari imaza kwangirika kubera Jacob Zuma uvugwaho kuba yari amaze kunanirwa kuyobora igihugu cye.

Cyiza Davidson

2018-03-20
Editorial

IZINDI NKURU

Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Editorial 07 Nov 2024
Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19

Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19

Editorial 10 Apr 2020
Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Editorial 15 Sep 2018
Uko u Burundi na Uganda byafashije Kayumba Nyamwasa kurema umutwe wa gisirikare muri RDC

Uko u Burundi na Uganda byafashije Kayumba Nyamwasa kurema umutwe wa gisirikare muri RDC

Editorial 03 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gasabo: Uwitwa Rwigema Mike arasaba guhindura amazina hakongerwamo iry’umuryango
Mu Rwanda

Gasabo: Uwitwa Rwigema Mike arasaba guhindura amazina hakongerwamo iry’umuryango

Editorial 31 May 2018
Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe
ITOHOZA

Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Editorial 01 Jul 2016
Ingingo z’Ingenzi z’Impamvu yo Gusaba Guhinduza Amazina
Uncategorized

Ingingo z’Ingenzi z’Impamvu yo Gusaba Guhinduza Amazina

Editorial 11 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru