• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika

Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika

Editorial 03 Apr 2017 ITOHOZA

Mu gihe muri Kanama uyu mwaka mu Rwanda hateganyijwe amatora ya Perezida wa Repubulika, undi munyarwanda yatangaje ko azahatanira uwo mwanya. Uwo ni uwahoze ari Depite Mbanda Jean Daniel. Yabaye umudepite mu nteko nshingamategeko kuva mu mwaka w’1994 kugeza mu w’1999.

Uyu Mbanda Jean Daniel umaze imyaka igera kuri 15 mu buhungiro yari umudepite w’Ishyaka PSD (Parti Social Démocrate), Ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage.

Bimwe mu byaranze Mbanda Jean Daniel

Muri 2014, Mbanda yiyamarije kuyobora FERWAFA birangira atsinzwe na Nzamwita Vincent de Gaule unakiyiyobora ubu. Mu majwi 38 y’abatoye, Nzamwita de Gaule yagize amajwi 19, yakurikiwe na Ntagungira Celestin wagize 13, Munyandamutsa Augustin yagize amajwi 3 naho Mbanda Jean na Raoul Ngenzi Gisanura buri wese agira ijwi rimwe rimwe.

Mbere gato ya jenoside, Mbanda yari Perezida w’Ishyirahamwe ryabakora Taxi Minibus ryitwaga“APROTAM”. Banyiri ayo mataxi baje kwigira inama yo kujya batumiza piece de rechange z’imodoka Dubai, igihe rero habaga jenoside 1994,container yarimo izo pieces de rechange yari igeze Dar-es Salaam, Mbanda yumvise ko indege ya Habyarimana yaguye, yihutiye kujya Tanzania-Dar-es salaam, ya container ayirira munzira itaragera I Kigali.

Nyuma y’aho igihugu kibohorejwe abanyamuryango ba APROTAM baje kwitabaza ubutabera, icyaha gihama Mbanda Jean, arafatwa arafungwa, ariko mugihe yari afunze akajya yikoma Leta.

-6194.jpg

Mbanda Jean Daniel

Mbanda wabaye Depite ku itike y’ishyaka PSD yari amaze kwirukanwa mu budepite kubera gukurura amacakubiri no guca ibice mubadepite, ariko we akavuga ko yazize ibaruwa yandikiye inteko ishingamategeko ku kibazo cy’indishyi z’abacitse ku icumu.
Yari amaze igihe kinini, ijwi rye ritumvikana nka mbere mu bikorwa bya politiki.

Asobanura ko icyo gihe cyamubereye umwanya wo kongera kwitegereza, gutekereza, gushishoza, no kugena uburyo bushya bwo gukora politiki. We n’abo babyumva kimwe, batekereje gushinga ishyaka rishya, babanza kuryita « Isibo y’Amahoro », cyakora nyuma basanga izina ryakumvikana neza kurushaho ari « Inzira y’Amahoro ». Mbanda avuga ko iri shyaka rizatangira ibikorwa ku mugaragaro mu mwaka w’2020.

Asobanura ko asanga amatora y’uyu mwaka afite uburemere bukomeye, ku buryo yiyemeje kuyitabira yiyamamaza kugira ngo abagaragarize umushinga wa politiki afite, nibumva ubanogeye bamutorere kuba Perezida wa Repupubulika.

Mbanda Jean Daniel abaye uwa kane nyuma ya Habineza Frank (Green party), Nahimana Thomas (Ishema party) na Mpayimana Philippe (Umukandida wigenga) uvuze ko ashaka kuziyamamariza kuba Perezida wa Repubulika w’u Rwanda mu matora ateganijwe muri Kanama 2017.

‪‬Cyiza D.

2017-04-03
Editorial

IZINDI NKURU

Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!

Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!

Editorial 01 Jul 2021
TUMENYE BAMWE MU BARWANYA LETA Y’U RWANDA ( Igice cya 7 )

TUMENYE BAMWE MU BARWANYA LETA Y’U RWANDA ( Igice cya 7 )

Editorial 22 Mar 2016
Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Editorial 23 Sep 2024
Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Editorial 11 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza  mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Editorial 24 Jun 2016
Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere
Amakuru

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Editorial 27 Oct 2017
Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0
Amakuru

Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Editorial 16 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru