• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uwahoze ari Maneko mu gisirikare cy’u Burundi aragaragaza ko mu barinda Nkurunziza harimo abo muri FDLR

Uwahoze ari Maneko mu gisirikare cy’u Burundi aragaragaza ko mu barinda Nkurunziza harimo abo muri FDLR

Editorial 09 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Umwe mu bahoze mu mutwe w’igisirikare cy’u Burundi urinda Umukuru w’Igihugu no mu rwego rushinzwe iperereza, yavuye imuzi uburyo Perezida w’icyo gihugu, Pierre Nkurunziza, yinjije mu bamurinda Interahamwe zo mu mutwe wa FLDR ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko atacyizera Ingabo z’Abarundi.

Uyu mugabo ubu uri mu buhungiro, yavuze ko umutekano wa Perezida Nkurunziza, umuryango we i Ngozi n’abayobozi bakomeye muri icyo gihugu, ucunzwe n’Interahamwe.

Mu buhamya bwe buheruka gutambuka mu bitangazamakuru binyuranye, uyu musirikare utarashyizwe hanze amazina ye ahamya ko Interahamwe zinjiye mu Burundi bwa mbere kuwa 1 Kanama 2015, zinjira ari 17.

Ni nyuma gato y’ipfuba ry’umugambi wo guhirika Perezida Nkurunziza wari umaze kuburizwamo muri Gicurasi 2015, urangajwe imbere n’abasirikare bayobowe na Gen. Maj Godefroid Niyombare ugishakishwa.

Icyo gihe ngo Interahamwe zaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, maze abagiye kuzifata bahurira nazo Uvira, ziturutse mu duce dutatu two muri teritwari ya Fizi, aritwo Kilembwe, Minembwe na Kafulo.

Ngo binjiye mu Burundi bakorewe uburinzi bukomeye bukuriwe na Gen Gervais Nderakobuca uzwi nka Ndakugarika.

Amwe mu mazina yabo yagarutsweho ni Ndimurwimo Jean Paul, Kwizera Leonard, Madefu Benoit, Barukwege Pascal, Masabo Egide, Habarugira Benjamin, Nsabimana Samuel, Hatungimana Jean, Hakizimana Ildephonse, Gilbert Bayubahe, Byamungu Victor, Bahati Juma, Barekebavuge Jean Bosco, Sefu Bora, Rukusha Salif na Kananga Luc.

Gusa ngo si yo mazina yabo bwite, ahubwo bajya kwinjizwa mu gisirikare cy’u Burundi bahawe indangamuntu nshya.

Uwo musirikare anakomoza no ku mazina y’abantu babafashije kwinjira mu gisirikare barimo Gen Alain Guillaume Bunyoni (Umukuru w’Igipolisi), Pascal Barandagiye (Minisitiri w’umutekano), Marius Ngendabanga, Audace Nduwumunsi, Aloys Ntakarutimana uzwi nka Wakenya, Willy Nyamitwe, Steve Ntakarutimana (Ukuriye iperereza), Gen Ndakugarika na Gahomera uyobora ikigo cya gisirikare cya Mujejuru.

Uyu mugabo yavuze ko iyo urebye abasirikare baba bari hafi ya Perezida Nkurunziza udashobora gusangamo abasirikare “b’Abarundi barenze batatu cyangwa bane, abasigaye bose ni Interahamwe yizaniye ubwe kuko ntabwo acyizeye igisirikare cy’u Burundi.”

Yakomeje agira ati “Amakuru dufite ni uko Bunyoni arabafite, Pascal Barandagiye, Marius Ngendabanga, Prudence Nduwumunsi, Wakenya, Willy Nyamitwe, Ndakugarika, Gahomera, muri ayo mazina yose nakubwiye nta n’umwe utagendana nabo kuko n’ibikorwa bapanga babipangira hamwe. Navuga ko ari nka ba sebuja. Nibo batumye binjizwa kuko binjijwe bahari, bambitswe umwambaro bahari.”

Uretse kuba Interahamwe zicunga umutekano w’abantu bakomeye mu Burundi, uyu wahoze ari umusirikare avuga ko zinakorera mu bigo bya gisirikare bikomeye muri icyo gihugu.

Yakomeje agira ati “Uyu munsi inkambi zirimo interahamwe ni nk’inkambi ya Muzinda, Mujejuru, no muri iki gisirikare kirinda umukuru w’igihugu.”

Muri abo bakomeye mu Nterahamwe, ngo harimo abitwa Barukwege Pascal, Sefu Bora na Rukusa Salif bayoboye abandi. Salif ngo ntava iruhande rwa Perezida Nkurunziza ndetse ngo ntagira ikiruhuko, uretse yarwaye.

Uwo musirikare yakomeje agira ati “Abo batatu bose bafite amapeti rya Lieutenant Colonel, bari mu gisirikare cy’u Bururndi, nibo batanga amategeko kuri bene wabo, ni na bo babahagararira kugira ngo amafaranga yabo aboneke kuko ni ikiraka barimo, ikiraka nikirangira bazisubirirayo.”

Yakomeje agira ati “Abo batatu bose bagendana n’Umukuru w’Igihugu, aho ari hose baba bari kumwe, bari mu bafasha gutegura ibikorwa bitandukanye, ntabwo bo bashinzwe gucunga Nkurunziza gusa bashinzwe no gutegura ‘operations’ zitandukanye zigiye gukorwa.”

Hari ibikorwa bashinjwa kugiramo uruhare

Kimwe mu bikorwa izi nterahamwe zishinjwa kugiramo uruhare, ni ubwicanyi bwakorewe urubyiruko rwamaganaga umwanzuro wa Nkurunziza wo kwiyamamariza manda ya gatatu, mu 2015.

Uwo musirikare yakomeje agira ati “Bari mu bantu babishe cyane urubozo, ndetse twe nk’abantu twari hafi yabo twageraga aho tukagira n’ubwoba ngo bazavuga ko ahari ari abarundi bari kubica. Kuko twari tumenyereye ko nta Murundi wica undi amutemye umutwe akawuca mo kabiri, ko nta Murundi wica undi amutemye ijosi cyangwa akamuca ibice by’umubiri, twe ntabwo twari tubimenyereye uretse aba bazanye!”

Ubwo bwicanyi ngo babukoreye cyane mu duce twa Musaga, Nyakabiga, Cibitoke, Mutakura na Jabe. Uyu musirikare yanavuze ko izo Nterahamwe zifatwa nk’abasirikare b’igihugu kandi atari bo.

Yakomeje agira ati “Uyu munsi amafaranga yabo nta nubwo aca kuri konti, bayabaha mu ntoki. Nta konti uzasanga bafite mu gihugu. Amafaranga yabo bayabaha mu ntoki bakayoherereza imiryango yabo, bivuze ko bari ku biraka nta kindi kintu cyabazanye.”

Amakuru y’uko hari Interahamwe mu Burundi yavuzwe cyane nyuma y’imyigaragambyo yakurikiye ubwo Nkurunziza yashakaga kwiyamamariza manda ya gatatu.

Gusa u Burundi bwarabihakanye, kuko Perezida Nkurunziza aheruka kuvuga ko nyuma y’ibyo birego bikomeza kuzamurwa n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, yatanze uburenganzira kuri Afurika Uunze Ubumwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ngo babigenzure.

Ati “Kugeza ubu ibihugu byo muri Afurika y’iburasirazuba twategereje icyo batubwira ariko ntacyo baratangaza.”

2018-01-09
Editorial

IZINDI NKURU

 Bujumbura ‘‘mpagereranya n’ituze ryo ku irimbi’’- Charles Makaza

 Bujumbura ‘‘mpagereranya n’ituze ryo ku irimbi’’- Charles Makaza

Editorial 19 Jul 2019
Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Editorial 06 Sep 2024
Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Editorial 03 May 2023
CMI yongeye gufatirwa mucyuho: Abanyarwanda 40 bafatiwe muri Uganda bashaka kwambuka kujya muri DR.Congo

CMI yongeye gufatirwa mucyuho: Abanyarwanda 40 bafatiwe muri Uganda bashaka kwambuka kujya muri DR.Congo

Editorial 05 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?
UBUKUNGU

Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?

Editorial 08 Mar 2019
U Burundi bwiyemeje kwiyegereza  abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwiyemeje kwiyegereza abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare

Editorial 31 Jan 2018
Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Ndikumana Katauti
Mu Rwanda

Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Ndikumana Katauti

Editorial 15 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru