• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uwashimuswe n’ingabo za Congo akabohozwa na Kagame yiyemeje kuzamutora

Uwashimuswe n’ingabo za Congo akabohozwa na Kagame yiyemeje kuzamutora

Editorial 25 Jul 2017 Mu Rwanda

Nsengimana Théophile, umuturage wo mu murenge wa Gikondo akarere ka Kicukiro, akaba na rwiyemezamirimo, aravuga imyato Umukandida w’Umuryago FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, kuko yatumye agaruka mu gihugu nyuma yo gushimutirwa i Goma yagiye kurangura.

Uyu mugabo yatanze ubuhamya bw’ukuntu yajyanwe gufungirwa i Kinshasa agakorerwa iyicarubozo imyaka ibiri umuryango we utazi ahantu yagiye ariko Paul Kagame akamugarura mu Rwanda.

Nsengimana Théophile yagize ati “Muri 2007 nagiye mu gihugu cy’abaturanyi cya Kongo, mu mujyi wa Goma ngiye kurangura, ngezeyo nshimutwa n’igisirikare cya Kongo banyita umusirikare mukuru w’u Rwanda.”

Akomeza avuga ko bahise bamufungira mu kigo cy’iperereza kitwa Tede, araramo umunsi umwe, bukeye ngo bamwambika imyenda ya gisirikare imwe yitwaga ‘Mukotanyi’ ibamo uturongo tumanutse, barangije bahamagara itangazamakuru rya Kongo, bati “Muze murebe Lieutenant w’u Rwanda twafashe.”

Yongeyeho ati “Iryo tangazamakuru ryaraje ariko ntiryigera rituma nisobanura uburyo nafashwe, bo ubwabo ni bo basobanuraga ibyo bashatse, bukeye bwaho banyurije indege, banjyana ntazi ahantu banjyanye bangeza i Kinshasa banyuriza imodoka ya gisirikare banjyana aho bita Etat Major Géneral ya Kongo Kinshasa, bansomera ibyaha bandega, bemeza ko ndi umusirikare mukuru mu Rwanda, bahita banjyana muri gereza nkuru ya Kongo.”

Nsengimana avuga ko haba ubuzima bubi cyane, aho urya ikiyiko kimwe cy’impungure mu minsi itatu.

Yakomeje agira ati “Umunsi umwe ngiye kumva numva barampamagaye bati hari umuntu ugushaka mu buyobozi bwa gereza, ngezeyo nahasanze umugabo, ansuhuza mu Kinyarwanda, ndikanga. Arambwira ati njyewe ndi umuntu uburanira abandi utagira umupaka, noherejwe na Perezidansi y’u Rwanda.

-7348.jpg

Umukandida Paul Kagame

Namaze kumva ayo magambo, ndaturika ndarira, ariko amarira y’ibyishimo, amarira akamye ndiyumvira mu mutima wanjye nti “Koko umubyeyi Paul Kagame ni we umpaye agaciro kangana gutya, ubwo ntangira kumubwira ubuzima bwanjye ukuntu nafashwe nshimuswe ambwira ko aje gukurikirana iby’idosiye yanjye, mubwira ko hari n’abandi banyarwanda bashimuswe. Twese twari 33 amaze kubabona yatangiye gukurikirana dosiye zacu.”
Akomeza avuga ko hashize nk’ukwezi kumwe hakaza imiryango mpuzamahanga irimo UNHCR, Droit de l’Homme na Croix Rouge. Guhera uwo munsi ngo ntibongeye gukorerwa iyicarubozo.

Nsengimana Théophile ati “Hashize nk’amezi atatu tubona wa mugabo aragarutse atubwira ko yoherejwe na Perezidansi y’u Rwanda kuduhumuriza, ko nta cyo tukibaye. Imvugo ni yo ngiro, Leta ya Kongo yarabyemeye isinya icyo bita ‘Amnestie conditionnel’ bemeza ko dufungurwa ariko mu gufungurwa tubura indege iducyura tumara hafi ukwezi ariko tubona ingabo z’umuryango w’abibumbye ziraje zivuga ko zoherejwe n’u Rwanda kuducyura. “

Navuyeyo mbwiye Abanyekongo nti “Wabyemera utabyemera Paul Kagame aruta abayobozi benshi.” Avuga ko yageze ku butaka bw’u Rwanda yumva ameze nk’urota.

Ati “Kagame wacu ni Mose bavuga muri Bibiliya, umwe warokoye ubwoko b’Abisirayeri kuko ni we wangejeje muri iki gihugu cy’u Rwanda.”

Akomeza avuga ko ageze mu Rwanda yahawe ubufasha bw’ibanze akaba akomeje urugamba rwo kwiteza imbere, atangira kurangura ibiribwa Nyabugogo, akorana n’ibimina, agurizwa ibihumbi 500, ayishyura neza.

Kuri ubu Nsengimana yaguze ikibanza cya miliyoni n’igice mu mujyi wa Rubavu, butike ye yabyaye indi ya kabiri. Ayo ibimina byamuhaye ngo ayashyira kuri konti ye kandi uko aranguye yizigama Frw 50 000.

Ubu amaze kuzuza inzu y’akataraboneka mu mujyi wa Gisenyi, inzu nziza y’amatafari ijyanye n’icyerekezo, afite gahunda yo kuyishyiramo amakaro meza agezweho. Ngo ni inzu ihagaze mu gaciro ka miliyoni 25 000 z’amafaranga y’u Rwanda.

Uretse ibi, ngo yavuguruye urutoki rwa hegitari 2 aho yeza igitoki kirenze ibilo 100, akora ubworozi. Byose abishimira imiyoborere myiza irangajwe imbere na Nyakubahwa Paul Kagame.

Ni muri urwo rwego Nsengimana Théophile ararikira Abanyagikondo ndetse n’Abanyarwanda bose kuzatora Paul Kagame bashyira igikumwe cyabo imbere y’igipfunsi kugira ngo bakomeze bibere mu Rwanda bifuza.

-7347.jpg

Nsengimana Théophile, umuturage muri Gikondo avuga ko Paul Kagame ari we wamukuye ishyanga ( Foto Mugisha B)

Source : Imvaho nshya

2017-07-25
Editorial

IZINDI NKURU

Umuhanzi Mr Nice wakunzwe mu ndirimbo zirimo Kikulacho yageze i Kigali -AMAFOTO

Umuhanzi Mr Nice wakunzwe mu ndirimbo zirimo Kikulacho yageze i Kigali -AMAFOTO

Editorial 24 Mar 2018
AMAFOTO – Ku bufatanye na SKOL, Rayon Sports yamuritse imyambaro n’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw bizakoresha mu isubukurwa rya shampiyona ya 2020-2021 .

AMAFOTO – Ku bufatanye na SKOL, Rayon Sports yamuritse imyambaro n’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw bizakoresha mu isubukurwa rya shampiyona ya 2020-2021 .

Editorial 24 Apr 2021
Rwamagana: Arakekwaho kwica umugore we utwite na we akitwikira mu nzu

Rwamagana: Arakekwaho kwica umugore we utwite na we akitwikira mu nzu

Editorial 12 Sep 2018
Umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Olivier Kwizera yasezeye umupira w’amaguru

Umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Olivier Kwizera yasezeye umupira w’amaguru

Editorial 22 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Canada : David Himbara yakomanyirijwe
ITOHOZA

Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Editorial 31 Oct 2017
“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR
Amakuru

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

Editorial 21 Dec 2024
Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR
Amakuru

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Editorial 09 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru