• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Editorial 02 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Interahamwe n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihugu cy’Ububiligi bibumbiye mu ishyaka FDU Inkingi ryashinzwe na Victoire Ingabire bateguye igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gufasha Ingabire Victoire, washinze iryo shyaka ngo akomeze ibikorwa bya politiki mu Rwanda bigamije kuryanisha Abanyarwanda.

Icyo gikorwa kizaba mu nama yiryo ngirwa shyaka izaba ku cyumweru  taliki 01/12/2024 kuri Rue Marcq 25  I Buruseri mu Bubiligi.

Iyo nama yatumiwe mu izina rya Straton NDUWAYEZU ukuriye FDU Inkingi mu Bubiligi. Ubwo FDLR/RUD Urunana yagabaga igitero mu Kinigi mu mwaka wa 2019, kigahitana inzirakarengane 14 abandi 18 bagakomereka bikabije, byaje kugaragara ko FDU inkingi yari mu ihuriro na FDLR/RUD Urunana yagize uruhare muri ibyo bitero. Ingabire Victoire yahise yitanguranwa ashinga irindi shyaka aryita DALFA Umurinzi. Byaje kugaragara ko yabikoze mu rwego rwo guhunga ubutabera atabazwa ibitero byo mu Kinigi ariko RIB yaramutumije atanga amakuru menshi kuri ibyo bitero.

Ikigaragara Ingabire Victoire wayoboye RDR yashingiwe mu nkambi z’impunzi muri 1995, igahuza abari muri Guverinoma y’abajenosideri igahinduka ALiR nyuma ikaba FDLR, bigaragara ko atigeze ahindura ingengabitekerezo ya Jenoside agenderaho ko ajijisha agahindura amazina gusa.

Ingabire Victoire yaje mu Rwanda muri 2009 nk’iturufu ya nyuma, kuko ibyo bari bizeye harimo kwisubiza u Rwanda binyuze mu mbaraga za gisirikari byari byanze, bagakoresha itangazamakuru nabyo bigafata ubusa, Ingabire yafashe icyemezo cyo kuza mu Rwanda imbere kuko kubwejagurira hanze byari byanze.

Ingabire yazengurutse uburayi ahabwa akayabo k’amafaranga ngo aje kuyobora u Rwanda. Yakomeje gukorana nabo ariko inkuta z’ubutabera n’inzego z’umutekano abura aho anyura ngo akomeze ibikorwa by’iterabwoba imbere mu gihugu.

Ingabire agomba kumenya ko u Rwanda rw’ubu rutandukanye n’u Rwanda yifuza mu gihe cya MRND na CDR. Abamukusanyiriza amafaranga baracyari muri MRND na CDR ariko icyo bifuza ko ayo mafaranga azakora ntazabigeraho.

Ingabire kandi agomba kumenya ko u Rwanda rugizwe na 75% by’abavutse nyuma ya Jenoside, bakuze batazi ingengabitekerezo ya Hutu Pawa ashaka kwimiriza imbere. Bazamuhe amafaranga ayarye ariko kuyakoresha ibikorwa by’iterabwoba, ntabwo bizashoboka.

2024-12-02
Editorial

IZINDI NKURU

Mahombi wamamaye mu ndirimbo “Coconut Tree” ari mu Rwanda aho aje kwitabira imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League BAL.

Mahombi wamamaye mu ndirimbo “Coconut Tree” ari mu Rwanda aho aje kwitabira imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League BAL.

Editorial 15 May 2021
Impamvu u Rwanda rwafashe umwanzuro wo kuva k’umupaka uhuriweho (One Stop Border Post) n’abarundi wa Ruhwa

Impamvu u Rwanda rwafashe umwanzuro wo kuva k’umupaka uhuriweho (One Stop Border Post) n’abarundi wa Ruhwa

Editorial 21 Feb 2018
Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe

Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe

Editorial 06 Dec 2025
Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio

Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio

Editorial 29 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23
Amakuru

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Editorial 16 Feb 2023
Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”
INKURU NYAMUKURU

Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Editorial 27 Aug 2019
Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia
Amakuru

Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Editorial 04 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru