• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Virginia : Byatahuwe ko Boniface Bensinge ataracyumvikana n’Umwami Kigeli

Virginia : Byatahuwe ko Boniface Bensinge ataracyumvikana n’Umwami Kigeli

Editorial 04 Jan 2017 ITOHOZA

Impaka zikomeje kuba ndende kubirebana naho Umugogo w’Umwami Kigeli uzatabarizwa ari nako amabanga amwe namwe akomeje kumeneka haba kuruhande rw’abajyanama be abagaragu be n’abo mumuryango we.

Uwari Umujyanama wa Kigeli V, Boniface Benzinge, yashimangiye ko Umwami yasize avuze ko atazatabarizwa mu Rwanda, mu gihe abo mu muryango w’Umwami uhagarariwe na Christine Mukabayojo bahakanaga iby’uko yanze kuzatabarizwa mu Rwanda

N’ubwo bimeze gutyo byatahuwe ko Boniface Benzinge ataracyumvikana n’Umwami Kigeli, kuva yamuta munzu akajya gushaka umugore nawe batamaranye igihe.

Amakuru ava i Virginia yatugezeho uyu munsi aravuga ko Benzinge yibye akayabo k’amafaranga y’Umwami yari yarabitse ndetse anyereza n’andi tutaramenya umubare muri Fondation bita “King Kigeli Foundation” ajya kugura inzu mu mujyi wa Oakton muri Leta ya Virginia aho Kigeli nawe yari atuye kugeza yitaba Imana. Iyo nzu Benzinge yayituyemo n’umugore we bivugwa ko yari akiri muto ugererenije n’imyaka y’umukambwe Boniface Benzinge , ari nayo mpamvu uwo mubano utarambye n’ubwo iyonzu yari yamaze kwandikwa k’umugore.

Nyuma rere yaho umugore yirukaniye Boniface Benzinge yahise ajya gutura munzu z’abasaza kugeza Umwami Kigeli atanga, bivugwa ko atigeze amenya amakuru ye kuko yaje nawe atabaye nk’abandi bose, n’ubwo Umwami yari yaramaze kumubabarira.

Uku kutumvikana hagati mu muryango niko kwatumye hitabazwa urukiko rwo muri Leta ya Virginia ngo rufate umwanzuro ku hazatabarizwa umugogo w’umwami. Kuva ejo kuwa kabiri tariki 3 Mutarama 2016 urwo rukiko rwatangiye kumva ubuhamya bw’abavandimwe b’umwami Kigali V Ndahindurwa.

Umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika wari mu rukiko yavuze ko hari hamaze kumvwa abantu babiri ariko nta cyemezo kirafatwa. Yakomeje avuga ko byagaragaraga ko impaka zitazagirwa umunsi umwe gusa.

Yavuze ko mu rukiko impande zombi zitumvikanaga ku ruhande rufite uburenganzira kurusha urundi mu gufata icyemezo cy’aho umugogo w’umwami watabarizwa. Uruhande rumwe ngo rwavugaga ko kuba umwami yaratangiye mu mahanga kandi akaba atarigeze agaragaza icyifuzo cy’uko yashyingurwa mu Rwanda, byemeza ko nta n’impamvu akwiye kujyanwayo.

Urundi ruhande rwavugaga ko umwami nk’Umunyarwanda wanze gufata ubwenegihugu bw’ikindi gihugu nka Amerika aho yabaga, ari uko yifuzaga ko yazataha mu Rwanda bikaba ariyo mpamvu bifuza ko uwo mugogo we watwarwa mu Rwanda ukahatabarizwa ari kumwe n’abavandimwe be.

Urukiko rwo muri Virginia nirwo rwitezweho gufata icyemezo cy’aho Umwami Kigeli V Ndahindurwa wazize uburwayi bw’izabukuru azatabarizwa.

-5254.jpg

Uko byagenda kose biraza gusobanuka niba umwami azatabarizwa i Mwima na Mushirarungu ku ivuko cyangwa se niba azatabarizwa muri Amerika.

Cyiza D.

2017-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

Ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse – Amb. Nduhungirehe avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda

Ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse – Amb. Nduhungirehe avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda

Editorial 22 Jun 2018
RDC: Urunturuntu mu nyeshyamba za Gumino zikorana n’iza Kayumba

RDC: Urunturuntu mu nyeshyamba za Gumino zikorana n’iza Kayumba

Editorial 09 Dec 2018
Busingye yasubije Abasenateri ba Amerika ku birego by’abo kwa Rwigara

Busingye yasubije Abasenateri ba Amerika ku birego by’abo kwa Rwigara

Editorial 02 Dec 2018
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa

Editorial 10 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu kurekura Abanyarwanda bafungiye muri Uganda bitazapfa koroha
INKURU NYAMUKURU

Impamvu kurekura Abanyarwanda bafungiye muri Uganda bitazapfa koroha

Editorial 25 Sep 2019
Kuki Uganda ikomeje gukoresha politiki y’ikinyoma ku kibazo cy’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Uganda ikomeje gukoresha politiki y’ikinyoma ku kibazo cy’u Rwanda

Editorial 03 Mar 2019
Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo
ITOHOZA

Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Editorial 31 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru