• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Itangazamakuru mu marembera : Abasimbuye Murama mu nama nkuru y’itangazamakuru urwishe yanka ruracyayirimo

Itangazamakuru mu marembera : Abasimbuye Murama mu nama nkuru y’itangazamakuru urwishe yanka ruracyayirimo

Ubwanditsi 20 Mar 2016 Mu Mahanga

Murama Patrice yahoze ayobora ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (Media High Council- MHC), abakoraga umwuga w’itangazamakuru icyo gihe bari barabuze amahoro, ariko bageze aho bamwifuza . Murama Patrice agiye abanyamakuru baketse ko ibintu bigiye kujya mu buryo, ariko ubu hari abifuza ko yagaruka kuko hari ibyo babona byasubiye inyuma kurusha mu gihe cye.

Mu isesengura Ikinyamakuru Umusingi cyakoze Kuwa 16 Werurwe 2016 ryagaragaje ko abamusimbuye bananiwe gukomereza aho yarageze kugira ngo uwo mwuga ukomeze utere imbere nk’uko turi bubibagaragarize.

Duhereye igihe Murama yayoboraga MHC icyo gihe ibinyamakuru bitandukanye byarakoraga ugasanga byibuze buri cyumweru hari ibinyamakuru bisohoka, abana bagacuruza nabo bakabona ikibatunga ndetse n’abanyiri ibyo binyamakuru bakabaho neza, ariko uyu munsi wasanga ukwezi gushira nta kinyamakuru gisohotse.

N’ubwo icyo kigo cyahinduriwe inshingano byakabaye ari byiza kurusha igihe cya Murama kuko ubu cyahawe inshingano zo kongerera ubushobozi itangazamakuru muri rusange.

Hari ibyo abakora umwuga w’itangazamakuru banenga iki kigo kandi bigaragara ndetse bifite ingaruka zituma itangazamakuru, cyane cyane iryigenga, ryandika risa ni rigiye gucika burundu mu Rwanda.

Igihe cya Murama hategurwaga ibikorwa byinshi bitandukanye byinjiriza ibitangazamakuru n’abarikora amafaranga ku buryo ibinyamakuru byasohokaga cyane kurusha ubu usanga ibikorwa bitegurwa ari mbarwa n’ababimenya usanga nabo ari imbarwa.

Muri ibyo bikorwa bike bitegurwa usanga abanyamakuru bazwi ko bakorera ibitangazamakuru bigerageza gusohoka nka Rushyashya, Umwezi, Umusingi, Ishema, Gasabo n’ Inganzi urabona ko ari imbarwa, bitabimenya, ikibazo ni ikihe ? haribazwa kongerara ubushobozi ibinyamakuru bigihanyanyaza. Iyi nshingano yo kongerera ibitangazamakuru ubushobozi iri muri MHC, ntizi nuko bibaho, isoko ry’ibinyamakuru ryarapfuye ( Igihugu kikahasebera ngo ntamuco wo gusoma ukibamo ) n’abagerageje gupiganirwa amasoko ya Leta Contrat zabarangiriyeho batabonye na Page nimwe ya Publicite muri Leta, ukibaza icyo MHC, ikora muri zanshingano zayo kikakuyobera ?

Uretse n’ibyo kongerera ubushobozi ibitangazamakuru ahubwo nicyo kigo gitegura amahugurwa kigisha banyiri ibinyamakuru ko bakwiye gushaka ibindi bakora ko ibinyamakuru bitakigezweho.

Ibyo byarabaye I Musanze aho abanyamakuru babyanditseho bigateza impaka ndende zaje kuvamo n’ibirego.

Birababaje kubona umuntu aza akakumvisha ko ibikorwa byawe cyangwa umwuga wawe ugutunze n’abawe n’abandi bawukoramo ko mukwiye kuwureka mugashaka ibindi kuruhande kandi uwo muntu ukubwira ariwe wakabaye akugira inama z’uburyo uwo mwuga wavugururwa ugatera imbere n’abawukora bagatera imbere.

Hari inkunga zitangwa na RGB, akenshi bikunze kugarukwaho kuko umunyamakuru yabona camera ,yabona recorder ,yabona Laptop cyangwa igikoresho icyo aricyo cyose umwuga uba utera imbere. Aho kumuha amafaranga akajya kwikorera Salon de Coiffure ntasohore n’ikinyamakuru.

Tubibutse ko ubu MHC iyobowe na Peacemaker Mbungiramihigo ukwiye kugaragaza ko ikigo ayobora gikora ibyo gikwiye gukora cyangwa Murama akagaruka kuko iyo umuyobozi agiye ibikorwa yakoraga bigasubira inyuma bigaragara ko uhari icyo gihe aba adakora neza. Ikibabaje n’uko Mbungiramihigo yakabaye izi uko itangazamakuru ryatezwa imbere kurusha abo yasimbuye kuko nawe yari umunyamakuru.

Hari ikindi kibazo cy’abakozi muri icyo kigo usanga bashyiramo amaranga mutima ugasanga bimwe mu bikorwa by’iki kigo hari abatabitumirwamo cyangwa bagatumirwa gake cyane ukibaza igikurikizwa kikakuyobera.

Nkubu hari misiyo yateguwe mu ibanga na komisiyo y’amatora ifatanije na MHC aho komisiyo y’amatora ishaka ko itangazamakuru rigaragaza uburyo amatora yagenze mu gihugu hose bikaba ari muri urwo rwego ibigo byombi bifatanije hakozwe umushinga wo kujyana abanyamakuru mu Ntara kugirango bagaragaze uko amatora yagenze(amatora y’inzego z’ibanze na Refandumu).Uburyo abanyamakuru n’ibitangazamakuru byatoranijwe harimo urujijo kuko nta kinyamakuru cyandika na kimwe kirimo uretse za website nazo zitazwi ,niyo baba abatumira za website n’ibinyamakuru byose ubu usanga bifite website ku buryo nazo zari gutumirwa nk’izo zatumiwe.Niba udatumiye ibinyamakuru bisohoka ,ntutumire ama radio ,ubwo butumwa bashaka ko bugera ku baturage buzabageraho gute ?

Hari akayabo ka mafaranga avugwa arimo guhabwa buri munyamakuru woherejwe na MHC angana n’ibihumbi magana abiri mirongo itanu (250.000Rfw) ariko kugeza ubu tutaramenya uburyo atangwamo naho yavuye.Ikinyamakuru Rushyashya cyashatse kubaza Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Inama nkuru y’Itangazamakuru Peacemaker Mbungiramihigo kuri Telephone ye igendanwa ariko atitaba.

Abakora ibi ntabwo baba bazi ko hanze ibyo bakora biba bigaragara ugasanga bisubiza inyuma umusaruro w’ikigo ndetse bigatuma n’abanyamakuru bakigiraho isura itari nziza kubera imikorere ya bamwe mu bakozi, ariko bamwe bakakubwira yuko iyo mikorere mibi ari iya bashebuja bo bakayitirirwa gusa !

N’uburyo imishinga itegurwamo harimo ikibazo bakwiye kumenya niba batakizi kuko umushinga usiga abanyamakuru bandikira ibitangazamakuru byandika bigasohoka kandi ukumva ngo hakozwe igikorwa runaka ibitangazamakuru bizwi bitarimo wakwibaza ikiba cyakurikijwe mu gutoranya abakigiyemo n’abagiye ari bande ,ubwo hirinzwe kuvuga za radio.

Bamwe bifuza ko Transparency nkuko yavuze ko mu itangazamakuru habamo ruswa yazasura iki kigo ikareba imikorere ya bamwe mu bakozi bacyo.

MHC yagakwiye kujya itanga amakuru ku bikorwa bateganya gukora abantu bakabimenya dore ko bafite na website kuko byagabanya urujije mu bitangazamakuru aho bimwe bishobora gutekereza ko bitagitumirwa cyangwa byaba byarahawe akato.

-2495.jpg

Peacemaker Mbungiramihigo

Si muri MHC gusa havugwa kudatumira abanyamakuru bose kuko usanga no munzego zo hejuru tutavuze hari iri vangura rishingiye kubushuti, aho kuri ubu ibinyamakuru byahejwe ugasanga hagaragara amasura amwe buri gihe mu ma Conference de presse . Abandi ukibaza aho bagiye bikakuyobera.

Umwanditsi wacu

2016-03-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarwanyi ba M23 baherutse guhungira mu Rwanda bimuriwe i Karongi

Abarwanyi ba M23 baherutse guhungira mu Rwanda bimuriwe i Karongi

Ubwanditsi 02 Feb 2017
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ubwanditsi 21 May 2025
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Ubwanditsi 18 Jun 2024
“Umuntu yakwibwira ko ubwo murangije amasomo ubuzima bugiye koroha. Ntabwo ari byo! – Perezida Kagame

“Umuntu yakwibwira ko ubwo murangije amasomo ubuzima bugiye koroha. Ntabwo ari byo! – Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 May 2019
Ibyanenzwe na Perezida Kagame m ‘Umushyikirano : ‘Imitangire ya serivisi mbi n’ abashima ibyagezweho  kandi umuntu adakwiye kubyirata’
Mu Mahanga

Ibyanenzwe na Perezida Kagame m ‘Umushyikirano : ‘Imitangire ya serivisi mbi n’ abashima ibyagezweho kandi umuntu adakwiye kubyirata’

Ubwanditsi 19 Dec 2016
Ibikorwa by’Abanyarwanda Nibyo bizaca Impaka mu Matora
Amakuru

Ibikorwa by’Abanyarwanda Nibyo bizaca Impaka mu Matora

Ubwanditsi 12 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru