• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19

Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19

Editorial 04 Aug 2020 IMIKINO

Kuri uyu wa Mbere tariki 03 Kanama 2020 inkuru dukesha urubuga rwa Internet rw’Ikipe yatwaye Igikombe cya Champion uyu mwaka APR FC, mu cyumba cy’inama Cy’iyi kipe y’igisirikare cy’uRwanda, Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwari buhagarariwe na Visi Perezida wayo Maj Gen Mubarakh Muganga bwaganiririje abakinnyi bayo bubamurikira intego zayo z’umwaka utaha w’imikino 2020-21 ndetse bunaboneraho kongera kubibutsa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19.

Visi Perezida wa APR FC yatangiye ashimira abakinnyi ko akurikije uko ababona nta n’umwe wongereye ibiro nyuma y’amezi agera kuri atanu badakina kubera ikibazo cya Covid-19, akomeza abagezaho intego z’ikipe z’umwaka utaha.

Yagize ati: “Mbere na mbere ndagira ngo mbanze mbashimire ko mwabashije gukurikiza amabwiriza ya Leta yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, kandi ndabona mwarakomeje no gukora imyitozo ku giti cyanyu ndetse muhagaze neza ntimwongereye ibiro mukomereze aho kuko mu gihe imikino izaba isubukuwe bitazabasaba akazi kenshi kugira ngo musubire ku murongo.”

Visi Perezida wa APR FC yakomeje avuga ko ”Impamvu nyamukuru yaduhurije aha, ni ukugira ngo tugire ibyo tuganiraho bijyanye n’intego dufite umwaka utaha w’imikino, turifuza kwitwara neza hano iwacu nk’uko mwabikoze umwaka ushize ariko cyane cyane nditsa ku mikino nyafurika ari nayo ntego yacu nyamukuru. Umwaka utaha turifuza kugera mu matsinda y’imikino nyafurika, kwegukana ibikombe by’imikino yo mu karere (CECAFA) tutibagiwe n’andi marushanwa yose akinirwa hano mu Rwanda.

Umuyobozi wungirije wa APR F.C kandi yaboneyeho kwakira abakinnyi bashya, kugeza ku ikipe ubutumwa bw’abayobozi ba RDF ndetse n’umuyobozi w’icyubahiro wa APR F.C General James Kabarebe bwari bwiganjemo impanuro zubaka abakinnyi, kwirinda icyakoma mu nkokora umwuga wabo harimo ababarangaza bashaka kubahagararira babatesha umwanya ko ngo bazabagurisha mu makipe akomeye nyamara ubuyobozi bw’ikipe bwarashyizeho uburyo bwo kubarambagiriza abakinnyi n’andi mahirwe bwabashakira ahandi bukabaha iterambere ryisumbuyeho.

Mu butumwa bwihariye bw’umuyobozi w’icyubahiro, akaba yasoje abibutsa gukomeza gukurikiza amabwiriza ya Leta yo kwirinda ikwirakwiza icyorezo cya Corona virus.

Iyi nama kandi yaje ikurikira amakuru adafite gihamya(impuha) Avuga ko Afande Mubarakh yaba Yamaze kuba Perezida wa APR FC asimbuye uwari uri uwusanzweho Afande Jacques Musemakweri,Gusa ntibyatinze mu makuru mu kinyarwanda yatambutse kuri Radio Rwanda ubwe Afande Mubarakh Muganga yemeje ko ayo makuru atari yo akomeje kuba Visi Perezida kandi Intego za APR FC zikomeje

              (Photo: Ntare Julius/APR FC)

Ibiganiro byasojwe no kwiyemeza no guhiga k’umutoza mukuru wa Adil Mohammed Erradi, Kapiteni Manzi Thierry bemeza ko intego z’ikipe bazigize izabo. Basezeranya abakunzi n’ abafana ba APR FC ko bazakomeza kubaha ibyishimo,Iyi nama ikaba yakozwe hakurikijwe amabwiriza ya Leta yo kwirinda icyorezo cya COVID-19,

2020-08-04
Editorial

IZINDI NKURU

Ubuyobozi bwa Arsenal bwakuriye inzira ku murima Minisitiri Therese Kayikwamba uharanira gusiga icyasha u Rwanda

Ubuyobozi bwa Arsenal bwakuriye inzira ku murima Minisitiri Therese Kayikwamba uharanira gusiga icyasha u Rwanda

Editorial 17 Feb 2025
APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6

APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6

Editorial 13 Jul 2021
AMAFOTO: Serumogo Omar yongereye amasezerano muri Rayon Sports, Rushema Chris na Tambwe Gloire basinya amasazerano mashya

AMAFOTO: Serumogo Omar yongereye amasezerano muri Rayon Sports, Rushema Chris na Tambwe Gloire basinya amasazerano mashya

Editorial 28 Jun 2025
U Rwanda rutsinzwe na Mozambique 2-0, amahirwe yo kujya mu gikombe cy’Afurika 2023 ahita ayoyoka

U Rwanda rutsinzwe na Mozambique 2-0, amahirwe yo kujya mu gikombe cy’Afurika 2023 ahita ayoyoka

Editorial 18 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urugo rwa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila  rwatwitswe i Bukavu
INKURU NYAMUKURU

Urugo rwa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila rwatwitswe i Bukavu

Editorial 26 Dec 2017
“Abagenda bafata abantu bakabita aba –scouts, bakabanyuza mu karere babita aba-scouts kandi ari interahamwe -Kagame
ITOHOZA

“Abagenda bafata abantu bakabita aba –scouts, bakabanyuza mu karere babita aba-scouts kandi ari interahamwe -Kagame

Editorial 22 Dec 2018
Canada : Umunyarwanda Robert Kayinamura  ufite abavandimwe muri FDLR yitabye Imana ( Yavuguruwe )
ITOHOZA

Canada : Umunyarwanda Robert Kayinamura ufite abavandimwe muri FDLR yitabye Imana ( Yavuguruwe )

Editorial 13 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru