• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

Editorial 13 Sep 2018 Mu Rwanda

Ikigo World Ventures cyatangaje ko kidakorera mu Rwanda kandi ko ukoresha izina ryacyo binyuranyije n’amategeko akwiye kubihanirwa.

Kibitangaje nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) gitangaje ko World Ventures iri gukorera mu Rwanda mu buryo butemewe.

Mu itangazo rya RDB, Umuyobozi Mukuru wayo, Clare Akamanzi, yasabye abaturage kwitondera gukorana n’icyo kigo.

Ati “World Ventures ntiyanditse mu bigo by’ubucuruzi mu Rwanda. Umuntu wese uzayigana azabikore yiteguye kwirengera ingaruka.”

RDB yavuze ko iki kigo gikora ubucuruzi bw’uruhererekane buzwi nka ‘Pyramid Scheme’ bukorwa ba nyir’ikigo bashishikariza umuntu gutanga cyangwa kwishyura umubare runaka w’amafaranga, akizwezwa ko nazana umubare uyu n’uyu w’abandi bantu batanga amafaranga angana nk’ayo yatanze azajya abona inyungu, bikamugeza ku bukire bwihuse.

Iki kigo cyo cyabikoraga mu buryo bwo kureshya abantu gutemberera mu bice bitandukanye by’Isi, bakagabanyirizwa igiciro cy’ingendo, aho barara n’ibindi bikenerwa ku muntu wagiye mu bukerarugendo, muri gahunda bise ‘Dream Trips’.

Nubwo byakorwaga nk’aborohereza ba mukererugendo, RDB ivuga ko icyari kibyihishe inyuma ari inyungu abantu babonamo kubera ko bagiye bazana bagenzi babo, ibintu bitemewe mu Rwanda.

Umuyobozi wungirije ushinzwe itumanaho muri Wolrd Ventures, Sophia Stoller, kuri uyu wa Gatatu yasohoye itangazo, avuga ko ikigo cyabo kidakorera mu Rwanda.

Ati “World Ventures ntabwo ikorera ubucuruzi mu Rwanda kandi yubahiriza amategeko y’ibihugu ikoreramo. Igikorwa cyose kitemewe cyitiriwe ibicuruzwa bya World Ventures gikwiye kugaragazwa mu ishami ribishinzwe kigakemurwa uko bikwiye.”

Stoller yavuze ko intego yabo ari ubucuruzi burambye kandi buciye mu mucyo ku buryo bazakomeza kugenzura igikorwa kitemewe cyakozwe mu izina ryabo aho ikorera hose.

RDB yatangiye gukora iperereza kuri iki kigo guhera muri Kamena uyu mwaka nyuma y’aho bamwe mu banyamuryango bacyo bagararije impungenge, kuko cyagendaga kibabwira ko gifite imikoranire na RDB.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi, abinyujije kuri Twitter yavuze ko na we abanyamuryango b’icyo kigo bamwegereye bashaka kumujyanamo akabihangiriza.

Ati “Ndashaka gusobanura ko ntateze kuba umwe mu bagize World Ventures cyangwa ubundi bucuruzi nk’ubwo. Nagiye nihangiriza abantu bashatse kubinyinjizamo cyangwa kubijyanamo RDB, mbamenyesha ko turi gukora iperereza kuri World Ventures. Mutugaragarize uwaba ari gukora ibihabanye n’ibi.”

Akamanzi avuga ko ikibazo cy’ubwo bucuruzi ari uko nta gicuruzwa kigaragara bagira cyo gucuruza, ahubwo “bakoresha inzira z’amanyanga mu kubona abakiliya.

Nubwo World Ventures nta burenganzira bwo gukorera mu Rwanda, RDB ivuga ko inabusabye itabuhabwa mu gihe intego yayo ari ‘pyramid scheme’.

Si ubwa mbere iki kigo cyangiwe gukorera mu gihugu runaka kuko umwaka ushize cyirukanwe muri Norvège.

U Bushinwa nabwo bwashwanye na bamwe mu banyamuryango bacyo ku bwo gukorera mu gihugu mu buryo butemewe.

2018-09-13
Editorial

IZINDI NKURU

Urukiko rw’Ubujurire rwashimangiye igifungo cya burundu ku mujenosideri Bernard Munyagishari, kubera amaraso y’inzirakarengane z’Abatutsi yamennye.

Urukiko rw’Ubujurire rwashimangiye igifungo cya burundu ku mujenosideri Bernard Munyagishari, kubera amaraso y’inzirakarengane z’Abatutsi yamennye.

Editorial 07 May 2021
Buri mwaka agiye kujya atanga icya cumi mu kwibuka abazize Jenoside -Senderi International Hit

Buri mwaka agiye kujya atanga icya cumi mu kwibuka abazize Jenoside -Senderi International Hit

Editorial 07 Apr 2017
Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi

Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi

Editorial 22 Jun 2017
Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu  Bubiligi

Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu Bubiligi

Editorial 28 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yavuze ku hazaza h’imishinga u Rwanda ruhuriyeho n’ibindi bihugu
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yavuze ku hazaza h’imishinga u Rwanda ruhuriyeho n’ibindi bihugu

Editorial 26 Jun 2018
Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe
SHOWBIZ

Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe

Editorial 06 May 2018
Akabaye icwende ntikoga
POLITIKI

Akabaye icwende ntikoga

Editorial 04 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru