• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

Editorial 15 Jan 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Intebe aravuga ko Abanyarwanda bashima Imana ku byo yabagejejeho mu mwaka wa 2015, by’umwihariko bagashima uburyo bayobowe neza na Perezida Kagame.

Anastaze Murekezi aravuga ko umwaka wa 2015, urangiye Perezida Paul Kagame ari we rwego rwakunzwe n’abaturage cyane, ibi bikagaragazwa ngo n’uburyo referundumu yatowe kuri 98.3%.

Ibi yabivuze mu masengesho ngarukamwaka yo gusabira igihugu umugisha (National Prayer Breakfast) yabaye kuri iki cyumweru afite insanganyamatsiko igira iti “gushimangira umurage w’ubudashyikirwa mu miyoborere myiza.”

Minisitiri w’intebe Murekezi wari uhagarariye Perezida Kagame, yavuze ko Abanyarwanda bashima mu buryo bukomeye uko Imana yabafashije mu mwaka wa 2015, ukaba wararangiye u Rwanda ruri mu bihugu ntangarugero ku isi.

Uyu muyobozi wa guverinoma yabwiye imbaga yitabiriye aya masengesho ko uyu mwaka urangiye, Abanyarwanda bakoze igikorwa gikomeye kirimo no kuba barahinduye itegeko nshinga, bakemerera Perezida Kagame kuzongera kwiyamamaza muri 2017.

Mu kwerekana uko Perezida Kagame yaje imbere y’izindi nzego gukundwa cyane, yavuze ko yashingiye ku byegeranyo bitandukanye.

Yagize ati “Raporo y’ikigo cy’imiyoborere (RGB) ku ishusho y’imiyoborere n’uburyo iberereye abaturage, yagaraje ko muri rusange ugereranyije 2014 na 2015, abaturage bishimira serivise bahabwa n’inzego zibanze kuko byiyongereyo 11.5%, byavuye kuri 59.6% bigera kuri 71.1%.”

Yunzemo ati “Abaturage bishimiye imirimo ikorwa n’inzego za gisirikare na polisi ku rugero rwa 98%, naho Polisi bikaba 97%.”

Yakomeje agira ati “Kuri Perezida Kagame ho ni agahebuzo kuko Abanyarwanda hafi ya bose bamufitiye icyizere kuruta izindi nzego zose, murabizi na we ubwe burya ni urwego, ibi birashimangirwa n’umubare munini cyane w’abaturage bangana na 98.3% batoye yego muri referendumu yabaye mu Kuboza 2015.”

Murekezi yagaragaje kandi ibyo Imana yafashijemo u Rwanda

Minisitiri w’intebe kandi yongeye kugaragaza ko uretse kuba Abanyarwanda bafitiye icyizere abayobozi babo, ku rwego rw’isi naho umwaka 2015 warangiye u Rwanda ruri mu bihugu ntangarugero.

Agira ati “Icyegeranyo cya banki y’isi cyo Mukuboza 2015, cyagaragaje ko Umujyi wa Kigali uri mu mijyi 6 ya mbere ku isi ifite iterambere rirambye, ku rwego rw’Afurika raporo ya global competiveness yo mu Kwakira 2015 yashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere mu byerekeye guverinoma zikora neza muri Afurika, Raporo ya banki y’isi yo mu kwakira 2015, ku korohereza abashoramari yashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya Afurika.”

-1741.jpg

Anastase Murekezi Minisitiri w’Intebe

Mu bindi uyu muyobozi wa guverinoma avuga ko u Rwanda rushimira Imana, birimo ko raporo ya global competitiveness yo mu Gushyingo 2015, yashize u Rwanda muri Afurika ku mwanya wa mbere aho abagore bishimira kuba bameze neza, no ku mwanya wa 6 ku isi.

Muri rusange Abanyarwanda bakaba basabwa gukomeza no kurinda ibyo bamaze kugeraho, ku buryo ngo mu mwaka wa 2016 bakomeza kwiragiza Imana ngo ibafashe mu iterambere bifuza kugeraho.

Mu masengesho ngarukamwaka yo gusabira igihugu umugisha, abayobozi b’igihugu baboneraho umwanya wo guhura bakibukiranya inshingano zabo ari nako basaba Imana ngo ibafashe mu kazi kabo, iy’uyu mwaka ikaba yaranitabiriwemo n’inshuti z’u Rwanda ziturutse mu bihugu 10 hirya no hino ku isi.

Umwanditsi wacu

2016-01-15
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Editorial 28 Feb 2020
Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto

Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto

Editorial 19 Jan 2016
Inama y’umutekano y’intara y’amajyepfo yashyizeho ingamba zikomeye kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana

Inama y’umutekano y’intara y’amajyepfo yashyizeho ingamba zikomeye kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana

Editorial 30 Jun 2016
Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi

Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi

Editorial 29 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Barahigwa Bukware, bagategura umuhango wo kwibuka Karegeya i Johannesburg
INKURU NYAMUKURU

Barahigwa Bukware, bagategura umuhango wo kwibuka Karegeya i Johannesburg

Editorial 15 Feb 2019
Rayon Sports yambuye APR FC umwanya wa mbere yari yafashe by’Amasaha make – Ibyaranze umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League
Amakuru

Rayon Sports yambuye APR FC umwanya wa mbere yari yafashe by’Amasaha make – Ibyaranze umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League

Editorial 28 Apr 2025
Amafoto – Sir Lewis Hamilton uzwi mu gusiganwa ku mamodoka arishimira ibihe byiza yagiriye mu Rwanda ubwo yasuraga Ingagi
Uncategorized

Amafoto – Sir Lewis Hamilton uzwi mu gusiganwa ku mamodoka arishimira ibihe byiza yagiriye mu Rwanda ubwo yasuraga Ingagi

Editorial 12 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru