• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Zimbabwe: Mugabe agiye guhabwa umwanya w’ubujyanama

Zimbabwe: Mugabe agiye guhabwa umwanya w’ubujyanama

Editorial 27 Nov 2017 HIRYA NO HINO

Umupadiri wayoboye ibiganiro ku kwegura kwa Robert Mugabe, Fidelis Mukonori, yatangaje ko uyu mukambwe wahoze ari perezida azahabwa umwanya ukomeye muri politiki y’icyo gihugu.

Padiri Mukonori, w’Umuyezuwiti, yavuze ko Mugabe azajya agira inama abayobozi bakuru ba Zimbabwe barimo n’uwamusimbuye Emmerson Mnangagwa nk’uko BBC ibitangaza.

Mugabe w’imyaka 93 yeguye ku wa kabiri w’icyumweru gishize nyuma y’uko igisirikare gifashe ubutegetsi n’abaturage bakigaragambya.

Mukonori ariko ntiyemeje niba Mugabe yarahawe amadorali miliyoni 10 ngo yemere kurekura ubutegetsi nk’uko bimaze iminsi bihwihwiswa.

Mnangagwa warahiriye gusimbura Mugabe ku wa Gatanu; yari asanzwe ari inshuti ye, yirukanwe mu ntangiriro z’uku kwezi bihita biteza imvururu ari nazo zatumye zatumye igisirikare gisaba Mugabe kwegura.

Padiri Fidelis Mukonori nawe ni inshuti ya hafi ya Mugabe ndetse yari umuhuza mu biganiro yagiranye n’igisirikare, yemeje ko Perezida Mnangagwa azajya agisha inama Mugabe.

Ati “Muri Afurika abasheshe akanguhe babereyeho kugishwa inama. Niba [Mnangagwa] arahira yaragize ati ‘Mugabe ni data, ni impfura kuri njye, ni icyitegererezo, wambwira ko azamugendera kure? Siko mbibona.”

Uyu mupadiri yavuze ko Mugabe n’umugore we bagumye mu rugo mu gihe cyose cyo guhererekanya ubutegetsi kandi ko batateganyaga guhunga.

Ati “Nta kintu na kimwe twamuhaye…. yeguye ku bw’inyungu za Zimbabwe.“

Yongeyeho ko kuva ku butegetsi ari cyo kintu cyiza kurusha ibindi Mugabe yakoze. Ku cyumweru umwishywa we Leo Mugabe yavuze ko ameze neza kandi yishimye.
Ati “Ategereje kwisanzura mu buzima bwe bushya, agahinga, akorora akaguma mu rugo rwe mu cyaro. Kwegura yabifashe neza.”

Leo yavuze ko Grace yatangiye gushyira ingufu mu kubaka Kaminuza yitiriwe Robert Mugabe izatwara miliyari y’amadorali, ahitwa Mazowe hafi ya Harare.

Hari impungenge ko Perezida Mnangagwa wafatanyije na Mugabe mu bwicanyi bwa Gukurahundi bwahitanye benshi kuva Zimbabwe yabona ubwigenge, atazazana impindukaza demokarasi abaturage b’icyo gihugu biteze.

Ariko Mukonori yemeza ko uyu mugabo wahoze ayoboye ubutasi muri icyo gihugu azi neza ko demokarasi ari ingenzi mu kuyobora Zimbabwe.

2017-11-27
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Editorial 13 Aug 2018
Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye

Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye

Editorial 02 Apr 2019
Ubuhamya bwa Ange  wonkejwe, akanarerwa n’uwamutoye muri Jenoside

Ubuhamya bwa Ange wonkejwe, akanarerwa n’uwamutoye muri Jenoside

Editorial 16 Apr 2017
Eh Abasore na Bagabo batera abakobwa Inda bakazihakana [ Akabo kashobotse ] Dore imyanzuro ikakaye igiye kubafatirwa vuba cyane

Eh Abasore na Bagabo batera abakobwa Inda bakazihakana [ Akabo kashobotse ] Dore imyanzuro ikakaye igiye kubafatirwa vuba cyane

Editorial 13 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.
Amakuru

Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.

Editorial 15 Jan 2021
Amakipe y’ibigugu mu burayi yanyagiwe imvura y’Ibitego muri shampiyona zabo
Amakuru

Amakipe y’ibigugu mu burayi yanyagiwe imvura y’Ibitego muri shampiyona zabo

Editorial 28 Sep 2020
Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe
UBUKERARUGENDO

Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe

Editorial 18 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru