• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Zimbabwe: Mugabe agiye guhabwa umwanya w’ubujyanama

Zimbabwe: Mugabe agiye guhabwa umwanya w’ubujyanama

Ubwanditsi 27 Nov 2017 HIRYA NO HINO

Umupadiri wayoboye ibiganiro ku kwegura kwa Robert Mugabe, Fidelis Mukonori, yatangaje ko uyu mukambwe wahoze ari perezida azahabwa umwanya ukomeye muri politiki y’icyo gihugu.

Padiri Mukonori, w’Umuyezuwiti, yavuze ko Mugabe azajya agira inama abayobozi bakuru ba Zimbabwe barimo n’uwamusimbuye Emmerson Mnangagwa nk’uko BBC ibitangaza.

Mugabe w’imyaka 93 yeguye ku wa kabiri w’icyumweru gishize nyuma y’uko igisirikare gifashe ubutegetsi n’abaturage bakigaragambya.

Mukonori ariko ntiyemeje niba Mugabe yarahawe amadorali miliyoni 10 ngo yemere kurekura ubutegetsi nk’uko bimaze iminsi bihwihwiswa.

Mnangagwa warahiriye gusimbura Mugabe ku wa Gatanu; yari asanzwe ari inshuti ye, yirukanwe mu ntangiriro z’uku kwezi bihita biteza imvururu ari nazo zatumye zatumye igisirikare gisaba Mugabe kwegura.

Padiri Fidelis Mukonori nawe ni inshuti ya hafi ya Mugabe ndetse yari umuhuza mu biganiro yagiranye n’igisirikare, yemeje ko Perezida Mnangagwa azajya agisha inama Mugabe.

Ati “Muri Afurika abasheshe akanguhe babereyeho kugishwa inama. Niba [Mnangagwa] arahira yaragize ati ‘Mugabe ni data, ni impfura kuri njye, ni icyitegererezo, wambwira ko azamugendera kure? Siko mbibona.”

Uyu mupadiri yavuze ko Mugabe n’umugore we bagumye mu rugo mu gihe cyose cyo guhererekanya ubutegetsi kandi ko batateganyaga guhunga.

Ati “Nta kintu na kimwe twamuhaye…. yeguye ku bw’inyungu za Zimbabwe.“

Yongeyeho ko kuva ku butegetsi ari cyo kintu cyiza kurusha ibindi Mugabe yakoze. Ku cyumweru umwishywa we Leo Mugabe yavuze ko ameze neza kandi yishimye.
Ati “Ategereje kwisanzura mu buzima bwe bushya, agahinga, akorora akaguma mu rugo rwe mu cyaro. Kwegura yabifashe neza.”

Leo yavuze ko Grace yatangiye gushyira ingufu mu kubaka Kaminuza yitiriwe Robert Mugabe izatwara miliyari y’amadorali, ahitwa Mazowe hafi ya Harare.

Hari impungenge ko Perezida Mnangagwa wafatanyije na Mugabe mu bwicanyi bwa Gukurahundi bwahitanye benshi kuva Zimbabwe yabona ubwigenge, atazazana impindukaza demokarasi abaturage b’icyo gihugu biteze.

Ariko Mukonori yemeza ko uyu mugabo wahoze ayoboye ubutasi muri icyo gihugu azi neza ko demokarasi ari ingenzi mu kuyobora Zimbabwe.

2017-11-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byari amarira n’agahinda mu gusezeraho bwa nyuma Alexia Mupende wishwe atewe icyuma mu ijosi-AMAFOTO

Byari amarira n’agahinda mu gusezeraho bwa nyuma Alexia Mupende wishwe atewe icyuma mu ijosi-AMAFOTO

Ubwanditsi 13 Jan 2019
Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Ubwanditsi 25 Jun 2021
Col. Nizeyimana bita ‘Ruhambabazima’ wo muri FDLR yishyikirije FARDC

Col. Nizeyimana bita ‘Ruhambabazima’ wo muri FDLR yishyikirije FARDC

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Ubwanditsi 29 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twagiramungu yabuze ayo acira nayo amira mu gihe umutwe avugira wacitse umutwe n’imizi
INKURU NYAMUKURU

Twagiramungu yabuze ayo acira nayo amira mu gihe umutwe avugira wacitse umutwe n’imizi

Ubwanditsi 21 Jan 2020
Rubavu: Havumbuwe Imbunda mu  Inzu y’ Abajyanama b’Ubuzima
ITOHOZA

Rubavu: Havumbuwe Imbunda mu Inzu y’ Abajyanama b’Ubuzima

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Juventus yarokokeye kuri za Penalite maze isanga Miran AC ku mukino wa nyuma Copa Italia
IMIKINO

Juventus yarokokeye kuri za Penalite maze isanga Miran AC ku mukino wa nyuma Copa Italia

Ubwanditsi 03 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru