• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi   |   07 Jun 2025

  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Dore Urutonde rw’ Ibyamamare Nyarwanda Byabihiwe Cyane n’ Umwaka wa 2017

Dore Urutonde rw’ Ibyamamare Nyarwanda Byabihiwe Cyane n’ Umwaka wa 2017

Editorial 17 Dec 2017 SHOWBIZ

Umwaka wa 2017 urabura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ugere ku musozo, mu Isi y’imyidagaduro yo mu Rwanda habayemo byinshi bitandukanye aho bamwe bawurangije bicinya icyara ku byo bagezeho, abandi mu gahinda k’ibibi byabayeho.

Kuva muri Mutarama 2017, kugera mu Kuboza 2017 hari benshi mu byamamare bateye intambwe ishimishije, abahanzi bakoze indirimbo zigakundwa,  abakoze  ibitaramo bikitabirwa n’ibindi. Gusa ntitwakwirengagiza ko hari abahuye n’ibizazane bitandukanye muri uyu mwaka, cyane cyane abagejejwe mu gihome bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye.

Muri uru rutonde turagezaho ibyamamare mu ngeri zitandukanye, byagiye bihura n’ibizazane bitandukanye muri uyu mwaka wa 2017.

Senderi Internation Hit

Uyu mugabo usanzwe azwiho kuba umunyadukoryo dutandukanye. Uyu mwaka wa 2017 ntiwamuhiriye na gato kuko ibikorwa bye muzika byasubiye inyuma ku buryo bugarara.  Byatangiye yangirwa guhatana mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super azizwa ko arengeje imyaka 35.

Senderi yahise agenda arazimira ntiyongera gusohora indirimbo, amaze iminsi atangaje ko ubukene bumereye nabi ku buryo yabuze n’ayo gukoresha indirimbo. Imodoka ye yamaze igihe iparitse ku muhanda mu gace ka Kimisagara akavuga ko nabwo yabuze amafaranga yo kuyikoresha nyuma y’impanuka ikomeye yakoze.

Miss Sandra Teta

Uyu mukobwa wabaye igisonga cya kabiri cya Nyampinga w’Icyahoze ari Ishuri ry’Ubukungu n’Amabanki (SFB), ni umushabitsi mu bijyanye no gutegura ibitaramo bitandukanye. Uyu mwaka ntiwamubereye mwiza kuko yatawe muri yombi muri Werurwe 2017 akurikiranyweho icyaha cyo gutanga sheki itazigamiwe.

Sandra Teta wamaze amezi atatu muri gereza yaje kuburana akatirwa igifungo cy’amezi atandatu asubitswe ahita arekurwa.

Karekezi  Olivier

Uyu mugabo arazwi cyane kuko yakiniye ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru igihe kinini. Kuri ubu ni umutoza w’ikipe ya Rayon Sports.  Yatangiye umwaka neza ariko bigeze mu Ugushyingo 2017 yatawe muri yombi akekwaho icyaha cyo kugambanira ikipe y’igihugu ngo itsindwe.

Karekezi yaje kurekurwa nyuma y’ibyumweru 2 hamaze kuboneka ko nta bimenyetso bigize icyaha akurikiranyweho bigaragara.

Urban Boys

Iri tsinda kuri ubu rigizwe n’abasore babiri ariko mbere bahoze ari batatu rirazwi cyane mu Rwanda no mu Karere. Rimaze imyaka 10 ririmba indirimbo zitandukanye zakunzwe n’abanyarwanda benshi.

Uyu mwaka wabaye mubi cyane kuri ryo kuko ni bwo umwe mu bari barigize ari we Safi yitandukanyije na ryo, ku mpamvu yasobanuye ko nta ntumbero ryari rifite. Uku gutandukana Kwababaje abakunzi baryo ndetse  bamwe bakeka  ko  ryaba rigiye guhinduka amateka n’ubwo bakomeje gukora ariko nabwo intege zikiri zazindi za mbere.

Itsinda rya TBB

Itsinda rya TBB ni rimwe mu matsinda yigaragaje cyane mu mwaka wa 2016 ndetse bitabiriye irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya 6.

Uyu mwaka wa 2017 usize iri tsinda ribaye amateka kuko ubu bose bamaze gutandukana buri umwe akaba akora ku giti cye.

P FLA

Hakizimana Murerwa Amani nawe ari mu byamamare bitahiriwe n’umwaka wa 2017 dore ko yawutangiriye mu buroko aho yazize gukoresha ikiyobyabwenge cyizwi nka Mugo.

Yarekuwe muri uku kwezi k’ukuboza 2017 ubwo yari amaze kurangiza igihano yakatiwe.

Gisa cy’Inganzo.

Uyu ni umusore uri mu bahanzi bo mu Rwanda bafite ijwi rihogoza benshi, ariko yaje kwishora mu biyobyabwenge bituma umuziki we usubira inyuma.

Kuri ubu uyu musore ari muri gereza ya Gasabo aho azira icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, nawe akaba atabura mu babihiwe na 2017.

2017-12-17
Editorial

IZINDI NKURU

Davido yigaramye umugore umushinja ko bafitanye umwana w’imyaka ine

Davido yigaramye umugore umushinja ko bafitanye umwana w’imyaka ine

Editorial 22 Mar 2017
Umunyamakuru Rutamu Joel yasezeye mw’itangazamakuru nkuko yabivuze,yerekeje iburayi

Umunyamakuru Rutamu Joel yasezeye mw’itangazamakuru nkuko yabivuze,yerekeje iburayi

Editorial 30 Jul 2018
Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Editorial 07 Jun 2021
Ben Kayiranga yahishuye uko yasabwe kureka kuririmba injyana gakondo, akabwirwa kuririmba indirimbo zijya gusa n’izabafaransa ngo nizo zicuruza

Ben Kayiranga yahishuye uko yasabwe kureka kuririmba injyana gakondo, akabwirwa kuririmba indirimbo zijya gusa n’izabafaransa ngo nizo zicuruza

Editorial 03 Mar 2021
Davido yigaramye umugore umushinja ko bafitanye umwana w’imyaka ine

Davido yigaramye umugore umushinja ko bafitanye umwana w’imyaka ine

Editorial 22 Mar 2017
Umunyamakuru Rutamu Joel yasezeye mw’itangazamakuru nkuko yabivuze,yerekeje iburayi

Umunyamakuru Rutamu Joel yasezeye mw’itangazamakuru nkuko yabivuze,yerekeje iburayi

Editorial 30 Jul 2018
Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Editorial 07 Jun 2021
Ben Kayiranga yahishuye uko yasabwe kureka kuririmba injyana gakondo, akabwirwa kuririmba indirimbo zijya gusa n’izabafaransa ngo nizo zicuruza

Ben Kayiranga yahishuye uko yasabwe kureka kuririmba injyana gakondo, akabwirwa kuririmba indirimbo zijya gusa n’izabafaransa ngo nizo zicuruza

Editorial 03 Mar 2021
Davido yigaramye umugore umushinja ko bafitanye umwana w’imyaka ine

Davido yigaramye umugore umushinja ko bafitanye umwana w’imyaka ine

Editorial 22 Mar 2017
Umunyamakuru Rutamu Joel yasezeye mw’itangazamakuru nkuko yabivuze,yerekeje iburayi

Umunyamakuru Rutamu Joel yasezeye mw’itangazamakuru nkuko yabivuze,yerekeje iburayi

Editorial 30 Jul 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru