• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Dore Urutonde rw’ Ibyamamare Nyarwanda Byabihiwe Cyane n’ Umwaka wa 2017

Dore Urutonde rw’ Ibyamamare Nyarwanda Byabihiwe Cyane n’ Umwaka wa 2017

Ubwanditsi 17 Dec 2017 SHOWBIZ

Umwaka wa 2017 urabura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ugere ku musozo, mu Isi y’imyidagaduro yo mu Rwanda habayemo byinshi bitandukanye aho bamwe bawurangije bicinya icyara ku byo bagezeho, abandi mu gahinda k’ibibi byabayeho.

Kuva muri Mutarama 2017, kugera mu Kuboza 2017 hari benshi mu byamamare bateye intambwe ishimishije, abahanzi bakoze indirimbo zigakundwa,  abakoze  ibitaramo bikitabirwa n’ibindi. Gusa ntitwakwirengagiza ko hari abahuye n’ibizazane bitandukanye muri uyu mwaka, cyane cyane abagejejwe mu gihome bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye.

Muri uru rutonde turagezaho ibyamamare mu ngeri zitandukanye, byagiye bihura n’ibizazane bitandukanye muri uyu mwaka wa 2017.

Senderi Internation Hit

Uyu mugabo usanzwe azwiho kuba umunyadukoryo dutandukanye. Uyu mwaka wa 2017 ntiwamuhiriye na gato kuko ibikorwa bye muzika byasubiye inyuma ku buryo bugarara.  Byatangiye yangirwa guhatana mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super azizwa ko arengeje imyaka 35.

Senderi yahise agenda arazimira ntiyongera gusohora indirimbo, amaze iminsi atangaje ko ubukene bumereye nabi ku buryo yabuze n’ayo gukoresha indirimbo. Imodoka ye yamaze igihe iparitse ku muhanda mu gace ka Kimisagara akavuga ko nabwo yabuze amafaranga yo kuyikoresha nyuma y’impanuka ikomeye yakoze.

Miss Sandra Teta

Uyu mukobwa wabaye igisonga cya kabiri cya Nyampinga w’Icyahoze ari Ishuri ry’Ubukungu n’Amabanki (SFB), ni umushabitsi mu bijyanye no gutegura ibitaramo bitandukanye. Uyu mwaka ntiwamubereye mwiza kuko yatawe muri yombi muri Werurwe 2017 akurikiranyweho icyaha cyo gutanga sheki itazigamiwe.

Sandra Teta wamaze amezi atatu muri gereza yaje kuburana akatirwa igifungo cy’amezi atandatu asubitswe ahita arekurwa.

Karekezi  Olivier

Uyu mugabo arazwi cyane kuko yakiniye ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru igihe kinini. Kuri ubu ni umutoza w’ikipe ya Rayon Sports.  Yatangiye umwaka neza ariko bigeze mu Ugushyingo 2017 yatawe muri yombi akekwaho icyaha cyo kugambanira ikipe y’igihugu ngo itsindwe.

Karekezi yaje kurekurwa nyuma y’ibyumweru 2 hamaze kuboneka ko nta bimenyetso bigize icyaha akurikiranyweho bigaragara.

Urban Boys

Iri tsinda kuri ubu rigizwe n’abasore babiri ariko mbere bahoze ari batatu rirazwi cyane mu Rwanda no mu Karere. Rimaze imyaka 10 ririmba indirimbo zitandukanye zakunzwe n’abanyarwanda benshi.

Uyu mwaka wabaye mubi cyane kuri ryo kuko ni bwo umwe mu bari barigize ari we Safi yitandukanyije na ryo, ku mpamvu yasobanuye ko nta ntumbero ryari rifite. Uku gutandukana Kwababaje abakunzi baryo ndetse  bamwe bakeka  ko  ryaba rigiye guhinduka amateka n’ubwo bakomeje gukora ariko nabwo intege zikiri zazindi za mbere.

Itsinda rya TBB

Itsinda rya TBB ni rimwe mu matsinda yigaragaje cyane mu mwaka wa 2016 ndetse bitabiriye irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya 6.

Uyu mwaka wa 2017 usize iri tsinda ribaye amateka kuko ubu bose bamaze gutandukana buri umwe akaba akora ku giti cye.

P FLA

Hakizimana Murerwa Amani nawe ari mu byamamare bitahiriwe n’umwaka wa 2017 dore ko yawutangiriye mu buroko aho yazize gukoresha ikiyobyabwenge cyizwi nka Mugo.

Yarekuwe muri uku kwezi k’ukuboza 2017 ubwo yari amaze kurangiza igihano yakatiwe.

Gisa cy’Inganzo.

Uyu ni umusore uri mu bahanzi bo mu Rwanda bafite ijwi rihogoza benshi, ariko yaje kwishora mu biyobyabwenge bituma umuziki we usubira inyuma.

Kuri ubu uyu musore ari muri gereza ya Gasabo aho azira icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, nawe akaba atabura mu babihiwe na 2017.

2017-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Juliana Kanyomozi afata umuziki wa Charly na Nina bagiye gukorana igitaramo

Uko Juliana Kanyomozi afata umuziki wa Charly na Nina bagiye gukorana igitaramo

Ubwanditsi 01 Dec 2017
“Bwiza bwirabura” indirimbo nshya ya Nick Dimpoz wo muri City Maid

“Bwiza bwirabura” indirimbo nshya ya Nick Dimpoz wo muri City Maid

Ubwanditsi 14 May 2018
Ibintu 10 MusoreMukobwa bitera ibyago  uramutse urekeye aho  gutera akabariro mu gihe wakamenyereye

Ibintu 10 MusoreMukobwa bitera ibyago uramutse urekeye aho gutera akabariro mu gihe wakamenyereye

Ubwanditsi 14 Jan 2017
Ibintu byakwereka ko umukobwa mukundana azavamo umugore utazagutera kwicuza

Ibintu byakwereka ko umukobwa mukundana azavamo umugore utazagutera kwicuza

Ubwanditsi 26 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Agathon Rwasa Yashinze Irindi Shyaka
POLITIKI

Burundi: Agathon Rwasa Yashinze Irindi Shyaka

Ubwanditsi 13 Sep 2018
‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame
Mu Rwanda

‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia
Mu Mahanga

Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia

Ubwanditsi 03 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru