• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Editorial 15 Feb 2018 POLITIKI

Kuri iki gicamunsi  Hailemariam Desalegn wari Minisitiri w’intebe yatangaje ko yeguye ku mirimo ye no ku buyobozi bw’ishyaka EPRDF riri ku butegetsi. 

Yavuze ko nubwo yeguye akomeza kuba Minisitiri w’intebe kugeza asimbuwe mu nzira ya Demokarasi. Desaleign yeguye nyuma y’imyaka irindwi ari Minisitiri w’intebe

Amakuru aravuga ko uyu mugabo w’imyaka 53 yatanze ibaruwa y’ubwegure bwe uyu munsi ku ishyaka riri ku butegetsi yari anabereye umuyobozi. Nyuma yahise ajya kuri Televiziyo y’igihugu atangaza ibyo kwegura kwe.

Hailemariam yavuze ko abayobozi mu ishyaka rye bemeye ubwegure bwe. Ngo ibyo kugenda kwe bizanozwa neza mu inama y’ishyaka vuba.

Kwegura kwe avuga ko biri bworohereze impinduka ziri gukorwa muri Ethiopia. Asaba ko habaho guhererekanya ubutegetsi mu mahoro.

Hailemariam wahoze ari umwalimu muri kaminuza, kuva mu 2014 Guverinoma ye yugarijwe n’ibibazo bikomeye by’imyigaragambyo y’abatavuga rumwe na Leta.

Yavuze ko nubwo yeguye akomeza kuba Minisitiri w’intebe kugeza asimbuwe mu nzira ya Demokarasi asaba abaturage na cyane cyane urubyiruko gushishikarira amahoro n’iterambere by’igihugu.

Byari biteganyijwe ko azasimburwa ku buyobozi bw’ishyaka EPRDF mu mpeshyi y’uyu mwaka ariko ahise yegura mbere.

Yahise ajya kuri Televiziyo y'igihugu atangaza kwegura kwe

Yahise ajya kuri Televiziyo y’igihugu atangaza kwegura kwe

Hailemariam niwe Minisitiri w’intebe wa mbere wa Ethiopia weguye ku mirimo, kwegura kwe ariko ngo byari byitezwe n’ab’imbere mu ishyaka rye.

Uzamusimbura biteganyijwe ko azava mu ishyaka Peoples’ Democratic Organization (OPDO) ishyaka riyobora Leta ya Oromia, leta ituwe kurusha izindi muri Ethiopia.

Desalegn yari Minisitiri w’intebe wa Ethiopia kuva 2012 aho yasimbuye Meles Zenawi witabye Imana.

Ethiopia imaze imyaka ibiri yugarijwe cyane n’imyigaragambyo, imidugararo n’amakimbirane ashingiye ku moko. Abantu ibihumbi bahasize ubuzima abandi ibihumbi amagana bava mu byabo.

Ibi byatumye ishyaka riri ku butegetsi ryemera ko Leta ya Ethiopia yugarijwe no gutembazwa n’izi mvururu ziri imbere cyane muri rubanda.

Ibi bibazo biri guhungabanya ubukungu bwa Ethiopia bwari bumaze igihe buzamuka kandi bwifashe neza.

Inzobere muri Politiki zemeza ko amakimbirane ari imbere muri Ethiopia ashingiye ku miyoborere y’igihugu ishingiye kuri Leta n’amoko azituye.

 

2018-02-15
Editorial

IZINDI NKURU

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Editorial 29 Aug 2024
Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Editorial 25 Jun 2025
Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Editorial 22 Jan 2018
Zimbabwe: Umukandida wa MDC yatangiye gushakisha amajwi yitwaje perezida Kagame

Zimbabwe: Umukandida wa MDC yatangiye gushakisha amajwi yitwaje perezida Kagame

Editorial 29 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe
Amakuru

Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe

Editorial 29 Nov 2024
Afrifame Pictures yongereye ‘Drone Phantom 4’ mu bikoresho izifashisha muri 2017
Mu Mahanga

Afrifame Pictures yongereye ‘Drone Phantom 4’ mu bikoresho izifashisha muri 2017

Editorial 03 Jan 2017
Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango
Amakuru

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Editorial 23 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru