• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»umuhanzi konshens yashimye uburyo abanyarwanda ba mwakiriye

umuhanzi konshens yashimye uburyo abanyarwanda ba mwakiriye

Ubwanditsi 02 Jan 2016 IMIKINO

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Mutarama 2016, umuhanzi w’icyamamare ku Isi Konshens yakoreye igitaramo mu Mujyi wa Kigali afatanyije n’abahanzi bo mu Rwanda King James , Urban Boyz, Bruce Melody na Allioni.

-1598.jpg
Ku nshuro ya mbere mu mateka ya Konshens yakoreye igitaramo ku butaka bw’u Rwanda ataha abakunzi be banyuzwe.
-1597.jpg

Uyu Munya-Jamaica yazengurutse amahanga aririmba, ku Mugabane wa Afurika yakoreye ibitaramo muri Kenya, Afurika y’Epfo, Uganda n’ahandi.

Mu gitaramo yakoreye mu Mujyi wa Kigali, Konshens yagiye agaruka ku byo yabonye mu Rwanda , icyamusigaye mu mutwe ni uko yasuye Urwibutso rwa Jenoside ku Gisozi abona ‘ubugome ndengakamere bwakoreshejwe mu gutsemba Abatutsi’ ,ati ariko “u Rwanda ruri heza!”

Yagize ati “Nitwa Konshens nturuka muri Jamaica iba mu Caraibe kandi ifitanye isano n’Afurika ,tubyina injyana za dancehall ndetse na Afro beat mbese twese turi bamwe.”

Konshens yongeye gushima u Rwanda

Saa yine n’iminota 20, Konshens yasesekaye ku rubyiniro. Abafana hafi ya bose bavugije induru z’ibyishimo, abafite ibyo kunywa babimenanaho, abagufi bahagarara ku ntebe bongera uburebure bwabo, abari kure y’urubyiniro begera imbere maze atangira kubaririmbira abagifite akabaraga bakaraga umubyimba.

-1603.jpg
King James muri ‘Ni iki utabona’

Yasabye ko amatara yose bayazimya maze afatanya n’abafana mu gihe cy’umunota yunamira uyu muhanzi waririmbaga mu njyana ya Dancehall.
-1601.jpg

Konshens na J Capri bakoranye indirimbo yitwa Pull Up To Mi Bumper

Konshens yariririmbye mu gihe cy’isaha n’iminota 20. Yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze nshya ndetse n’izakunzwe mu bihe byo hambere. I Kigali yaririmbye izirimo Couple Up, Bounce Like A Ball, Gal Dem Ah Talk, Bad Gal, Shake, Bring It Come, We No Worry ’ Bout Them. Konshens & Romain Virgo, Walk And Wine, Simple Song, Gal A Bubble n’izindi.
-1600.jpg
Igitaramo cyaranzwe n’ubwitabire bushimishije nubwo butari bushamaje cyane gusa abafana bari benshi ndetse benshi batashye bizihiwe ku bw’ibyo umuhanzi Konshens yakoze.
-1604.jpg

-1602.jpg

M.Fils

2016-01-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwongeye gusubira inyuma ku rutonde rwa FIFA

U Rwanda rwongeye gusubira inyuma ku rutonde rwa FIFA

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Amafoto yerekana umuhanzi Sheeber Karungi ageze ku kibuga cy’indege cya  Kigali

Amafoto yerekana umuhanzi Sheeber Karungi ageze ku kibuga cy’indege cya Kigali

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Ubwanditsi 06 Apr 2021
Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Ubwanditsi 19 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka ya Col. Muammar Gaddafi ndetse nuko yakojeje agati mu ntozi aca umurongo utukura mu nyanja ngo ahangane na Amerika
HIRYA NO HINO

Amateka ya Col. Muammar Gaddafi ndetse nuko yakojeje agati mu ntozi aca umurongo utukura mu nyanja ngo ahangane na Amerika

Ubwanditsi 22 Jan 2018
IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside
ITOHOZA

IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside

Ubwanditsi 17 Sep 2018
Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo
Mu Mahanga

Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo

Ubwanditsi 20 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru