• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Sebarundi yabaye Semuhanuka arota atumaho abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza Pierre   |   24 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Ubwanditsi 16 Feb 2016 Mu Rwanda

Isinzi y’abantu benshi bazindukuye kuri Ambasade y’u Rwanda i Bujumbura bafite inyandiko zamagana Kagame n’ibyapa byanditseho ko ngo bamaganye u Rwanda mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Burundi.

Minisiteri y’Umutekano mu gihugu cy’u Burundi yahamagariye kuri uyu wagatandatu imyigaragambyo izahora iba buri munsi wa gatandatu w’icyumweru mu gihe cy’amezi abiri mu ma komini yose agize igihugu . Bamwe muri Leta y’u Burundi baravuga ko ari imyigaragambyo yo gushyigikira amahoro. Ariko ku kicaro cya ONU mu burundi bakabona ko ari imyigaragambyo ya politiki.

-2089.jpg

Kuri Ambasade y’u Rwanda

-2090.jpg

Muri iyo myigaragambyo iyobowe na Pascal Barandagiye, Minisitiri w’Umutekano mu Burundi yavugiye kuri Radio na Television by’u Burundi ko ari imyigaragambyo yo kwamagana Leta y’u rwanda ishinjwa kuba ifasha abashaka guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza, hamwe no kwamagana Majoro Pierre Buyoya wahoze ari umukuru w’igihugu cy’uburundi nawe ushinjwa gukorana na leta y’u Rwanda ngo kugirango ashobore kugaruka kubutegetsi.

-2083.jpg

Uwahoze ari umukuru w’u Burundi Pierre Buyoya uri muri misiyo ya EU mu gihugu cya Mali

Mu gihe Minisitiri w’umutakano mu Burundi yavuzeko iyo myigaragambyo yatangiye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 13 Gashyantare 2016 userukira ishyirahamwe mpuzamahanga ONU mu Burundi avuga ko ari imyigaragambyo ya Politiki bagasaba abakozi babo bose ko bagabanya ingendo zabo kuri uyu wa gatandatu kuva igihe cy’isaha imwe n’iminota mirongo itatu zomugitondo, kugeza bahawe irindi tegeko.

-2082.jpg

Pascal Barandagiye Minisitiri w’Umutekano mu Burundi

-2081.jpg

Abaturage b’u Burundi kuri Ambasade y’u Rwanda i Bujumbura

Nk’uko tubikura mu butumwa bwandikiwe abakozi bose bo mu ishyirahamwe mpuzamahanga ONU mu Burundi, Gabriel FAYE, umujyanama ushinzwe iby’umutekano yavuze ko amakuru bafite yemejwe n’ababikurikiranira hafi avuga ko iyi myigaragambyo yateguwe na Leta, ihishe indi migambi ya Politiki.

Umwanditsi wacu

2016-02-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugande  Andrew Mwenda,  yemeza ko  Perezida Kagame yari yasabye kuruhuka

Umugande Andrew Mwenda, yemeza ko Perezida Kagame yari yasabye kuruhuka

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Perezida Museveni  n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda

Perezida Museveni n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2017
Ingabo zikomeje kuvura abaturage indwara zari zarabazahaje

Ingabo zikomeje kuvura abaturage indwara zari zarabazahaje

Ubwanditsi 05 May 2018
Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi  wasuye  u Rwanda

Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi wasuye u Rwanda

Ubwanditsi 15 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryatangaje ko imiyoborere myiza ariyo yatumye kugeza ubu u Rwanda ruba intangarugero mu kurwanya Covid-19
Uncategorized

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryatangaje ko imiyoborere myiza ariyo yatumye kugeza ubu u Rwanda ruba intangarugero mu kurwanya Covid-19

Ubwanditsi 22 Sep 2021
Amakuru y’indiri ya Mudacumura yatanzwe n’abasirikari ba Kayumba Nyamwasa bafashwe na FARDC 
INKURU NYAMUKURU

Amakuru y’indiri ya Mudacumura yatanzwe n’abasirikari ba Kayumba Nyamwasa bafashwe na FARDC 

Ubwanditsi 20 Sep 2019
Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira  yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )
ITOHOZA

Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )

Ubwanditsi 01 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru