• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abaturage barasabwa kwitabira amatora y’abajyanama

Abaturage barasabwa kwitabira amatora y’abajyanama

Ubwanditsi 19 Feb 2016 Mu Mahanga

Ubuyobozi bwa komisiyo yamatora mu Rwanda buravuga ko hakwiye ubufatanye n’itangazamakuru kugirago abaturage barusheho kumenya no kwitabira igikorwa cy’Amatora yinzego z’ibanze kirimo kuba.

Oliva Kansanga uhagarariye amatora yabazayobora uturere 30 azaba 27 Gashyantare 2016, avuga ko abiyamamariza kuzatuyobora batangiye kwiyamamaza ariko iyo ugiye hirya no hino usanga abaturage batitabira icyo gikorwa kugira ngo bumve imihigo abiyamamariza kuzabayobora bazabagezaho mugihe bazaba bagiriwe icyizere bagatorwa.

Abakandida bose bujuje ibyagombwa byo kwiyamamariza kuzayobora uturere ndetse no kujya muri nyobozi yatwo bose ni 2000, kwiyamamaza kukaba kwaratangiye ku wa 6 Gashyantare 2016.Olive akomeza avuga ko hakwiye kubaho ubufatanye n’abanyarwanda bose by’umwihariko Itangazamakuru ryo mu Rwanda kugira ngo birusheho kumenyekana cyane hasi mu baturage.

Ati” twagiranye inama n”abakandida bose biyamamaza tuba imbonerahamwe yose bazakurikiza biyamamaza kugira ngo gahunda zabo zizagende neza kandi ntawishe itegeko n’amabwiriza yo kwiyamamaza mu Rwanda.”

Umuyobozi wa sosiyete siviri mu Rwanda Munyamariza Eduoard avuga ko bitangaje kubona nta muntu arabona yamanitse ibyapa byo kwiyamamaza ndetse go anabibone mu bitangazamakuru kuko ari bimwe mubigaragaza uwiyamamaza ndetse akanamenyekanisha ibyo ateganya kuzageza ku baturage mugihe azaba agiriwe icyizere cyo guhagararira akarere runaka.

Munyamariza ati “nk’ubu maze kubona ibyapa by’umuntu wiyamamaza umwe gusa ku bikuta no ku mamodoka kandi n’abandi barabyemerewe, nko mu mwaka wa 2011 amatora yari ashyushye cyane bitandukanye n’ubu rwose nihagire igikorwa kugira ngo yogere ashyuhe.” Munyamariza avuga ko hakwiye kugira igikorwa ku buryo abanyarwanda bose bibona muri aya matora y’inzego z’ibanze kuko aribo bakwiye kwihitiramo uzabayobora kandi ubabereye, kugira ngo n’igihe azaba ari mu buyobozi azajye akorana nabo bamwiyumvamo nk’umuntu wabo wa buri munsi.

Akomeza avuga ko nk’amatora yabanje aho abaturage bitoreraga abazabahagararira hasi ku midugudu yari ashyushye cyane kuko wasangaga abantu bamamaza abakandida babo abandi biyamamaza ku buryo buri wese yabaga afite amatsiko yo kuza kureba uza gutsinda undi.

Burasa Emmanuel umwe mu baturage bo mu murenge wa Kimironko, akarere ka Gasabo, yavuze ko we atazi iby’Amatora azakurikira kuko atazi abiyamamaza n’icyo biyamamariza ati “numva bavuga ngo bashyiraho abazayobora uturere ese ni bande bazashyirwaho se bavuye he? Rwose ngewe ntegereje uzaza kugira ngo anyobore njyewe ndumva nta ruhare mbifitemo na rumwe.”

Burasa avuga ko atarabona umuntu numwe aho atuye aho akorera ndetse no mu murenge atuyemo aza kwiyamamaza cyangwa se go abyumve mu bitangazamakuru byose kugira ngo agire amahirwe yo kubikurikirana yumve abayobozi bashya bazabayobora muri manda zitaha.

Safi Emmanuel

2016-02-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri

APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri

RUSHYASHYA 01 Aug 2026
Umunyarwanda TWIZERE Fideli ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika amaze kwamburwa ubwenegihugu yari yabonye mu buriganya

Umunyarwanda TWIZERE Fideli ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika amaze kwamburwa ubwenegihugu yari yabonye mu buriganya

Ubwanditsi 30 Oct 2021
Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Ubwanditsi 03 Dec 2024
Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Ubwanditsi 16 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uruganda  “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019
UBUKUNGU

Uruganda “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Ubwanditsi 01 Feb 2020
Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana
HIRYA NO HINO

Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana

Ubwanditsi 07 May 2018
Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda
Uncategorized

Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru