• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bujumbura iragerageza uko yahenda ubwenge EU ngo iyirye Amadovize

Bujumbura iragerageza uko yahenda ubwenge EU ngo iyirye Amadovize

Ubwanditsi 17 Mar 2016 Mu Rwanda

Nyuma yuko umuryango w’ibihugu by’u Bulayi (EU) uhagarikiye inkunga wageneraga leta y’u Burundi, ubutegetsi muri icyo gihugu buragerageza kureba uko bwakoresha iyo nkunga mu bundi buryo.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru EU yatangaje yuko ihagaritse inkunga yatangaga mu ngengo y’imari ( Budget –Bije) ya leta y’u Burundi nko guhana ubutegetsi buriho muri icyo gihugu kubera ibibazo uwo muryango ibona yuko yakururiye abaturage.

Kuva muri Mata umwaka ushize mu Burundi hakomeje kuvugwa ubwicanyi, ifungwa ry’abantu n’ihunga ryabo kandi EU igahamya yuko ibyo byose byatewe n’ubutegetsi muri icyo gihugu kwica amasezerano y’amahoro ya Arusha kimwe n’itegeko nshinga.

Inkunga EU yateraga leta y’u Burundi muri buje yayo yanganaga na 20 %. EU, igizwe n’ibihugu by’u Bulayi 28 yari yarateganyirije leta y’u Burundi imfashanyo inga na miliyoni 430 z’amayero, bihwanye n’amadolari miliyoni 480. Iyo nkunga yari gukoreshwa mu myaka itanu uhereye muri 2015 kugeza muri 2020.

Nk’uko ariko ushinzwe ububanyi n’amahanga muri EU, Federica Mogherini, yabitangaje inkunga zahagaritswe ni izinyura muri leta n’aho izigera ku baturage ubutegetsi butazikojejeho intoki zizakomeza.

Izo nkunga zizajya zinyuzwa mu miryango itegamiye kuri leta naho izigenewe impunzi zinyuzwe muri UNHCR.

Iyo nkunga EU yahagaritse ni inkuru mbi cyane kuri leta y’u Burundi kuko ubu ifite ibibazo bikomeye cyane by’amafaranga. Ubutegetsi bwa Nkurunziza kugerageza kureba yuko nibura butaviramo aho bwategetse yuko ayo mafaranga EU ibwambuye ikayatwara mu baturage atanyuze mu maboko ya leta, agomba kuzajya anyura muri Banki nkuru y’igihugu.

Ibi hari ibintu bibiri bishobora kuba bisobanuye. Icya mbere n’uko ayo mafaranga anyuze muri Banki nkuru y’igihugu leta ishobora kwanga yuko asohoka mu gihe izaba ibona yuko agenewe imiryango cyangwa amashyirahamwe ayirwanya.

Icya kabiri kandi gishobora kuba icyingenzi kurushaho n’uko ayo mafaranga nubwo yaba atagenewe leta y’u Burundi ariko yaza mu mafaranga y’amahanga ( mu madovize) naho abo agenewe bakayakura muri banki nkuru y’igihugu mu marundi. Icyo gihe leta yaba niyiboneye amadovize ikeneye cyane. Ibi EU igomba kuba ibibona ku buryo Bujumbura itayihenda ubwenge.

-2503.jpg

Bujumbura rero niyanga kuva ku izima ngo mpaka izo nk’unga zinyure muri Banki nkuru y’igihugu, ntabwo bigaragara yuko EU yabyemera kuko na none yaba iteye inkunga leta kandi ishaka kuyihana. Icyo EU yakora ni uguhagarika burundu inkunga yajyaga mu Burundi, abaturage bakahahombera na none kubera ubutegetsi bwa Nkurunziza. Ibyo bibaye ubutegetsi bwaba bwiyongerera abanzi kurushaho.

Kayumba Casmiry

2016-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer  Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 28 Jul 2024
Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ubwanditsi 07 Dec 2016
Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Ubwanditsi 12 Aug 2017
Amagare yahinduye ubuzima bwa benshi muri Afurika” – Perezida Kagame

Amagare yahinduye ubuzima bwa benshi muri Afurika” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Musoni James Yakuwe Muri Guverinoma
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri Musoni James Yakuwe Muri Guverinoma

Ubwanditsi 08 Apr 2018
Mu Rwanda hagiye kuzajya hateranyirizwa imodoka zo mu bwoko bwa Polo, VW Passat na Teramon
Mu Rwanda

Mu Rwanda hagiye kuzajya hateranyirizwa imodoka zo mu bwoko bwa Polo, VW Passat na Teramon

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira
Amakuru

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Ubwanditsi 17 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru