• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bujumbura iragerageza uko yahenda ubwenge EU ngo iyirye Amadovize

Bujumbura iragerageza uko yahenda ubwenge EU ngo iyirye Amadovize

Editorial 17 Mar 2016 Mu Rwanda

Nyuma yuko umuryango w’ibihugu by’u Bulayi (EU) uhagarikiye inkunga wageneraga leta y’u Burundi, ubutegetsi muri icyo gihugu buragerageza kureba uko bwakoresha iyo nkunga mu bundi buryo.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru EU yatangaje yuko ihagaritse inkunga yatangaga mu ngengo y’imari ( Budget –Bije) ya leta y’u Burundi nko guhana ubutegetsi buriho muri icyo gihugu kubera ibibazo uwo muryango ibona yuko yakururiye abaturage.

Kuva muri Mata umwaka ushize mu Burundi hakomeje kuvugwa ubwicanyi, ifungwa ry’abantu n’ihunga ryabo kandi EU igahamya yuko ibyo byose byatewe n’ubutegetsi muri icyo gihugu kwica amasezerano y’amahoro ya Arusha kimwe n’itegeko nshinga.

Inkunga EU yateraga leta y’u Burundi muri buje yayo yanganaga na 20 %. EU, igizwe n’ibihugu by’u Bulayi 28 yari yarateganyirije leta y’u Burundi imfashanyo inga na miliyoni 430 z’amayero, bihwanye n’amadolari miliyoni 480. Iyo nkunga yari gukoreshwa mu myaka itanu uhereye muri 2015 kugeza muri 2020.

Nk’uko ariko ushinzwe ububanyi n’amahanga muri EU, Federica Mogherini, yabitangaje inkunga zahagaritswe ni izinyura muri leta n’aho izigera ku baturage ubutegetsi butazikojejeho intoki zizakomeza.

Izo nkunga zizajya zinyuzwa mu miryango itegamiye kuri leta naho izigenewe impunzi zinyuzwe muri UNHCR.

Iyo nkunga EU yahagaritse ni inkuru mbi cyane kuri leta y’u Burundi kuko ubu ifite ibibazo bikomeye cyane by’amafaranga. Ubutegetsi bwa Nkurunziza kugerageza kureba yuko nibura butaviramo aho bwategetse yuko ayo mafaranga EU ibwambuye ikayatwara mu baturage atanyuze mu maboko ya leta, agomba kuzajya anyura muri Banki nkuru y’igihugu.

Ibi hari ibintu bibiri bishobora kuba bisobanuye. Icya mbere n’uko ayo mafaranga anyuze muri Banki nkuru y’igihugu leta ishobora kwanga yuko asohoka mu gihe izaba ibona yuko agenewe imiryango cyangwa amashyirahamwe ayirwanya.

Icya kabiri kandi gishobora kuba icyingenzi kurushaho n’uko ayo mafaranga nubwo yaba atagenewe leta y’u Burundi ariko yaza mu mafaranga y’amahanga ( mu madovize) naho abo agenewe bakayakura muri banki nkuru y’igihugu mu marundi. Icyo gihe leta yaba niyiboneye amadovize ikeneye cyane. Ibi EU igomba kuba ibibona ku buryo Bujumbura itayihenda ubwenge.

-2503.jpg

Bujumbura rero niyanga kuva ku izima ngo mpaka izo nk’unga zinyure muri Banki nkuru y’igihugu, ntabwo bigaragara yuko EU yabyemera kuko na none yaba iteye inkunga leta kandi ishaka kuyihana. Icyo EU yakora ni uguhagarika burundu inkunga yajyaga mu Burundi, abaturage bakahahombera na none kubera ubutegetsi bwa Nkurunziza. Ibyo bibaye ubutegetsi bwaba bwiyongerera abanzi kurushaho.

Kayumba Casmiry

2016-03-17
Editorial

IZINDI NKURU

Abajya mu butumwa bw’amahoro bakwiye gushyira imbere ubumuntu – Lt Gen Dallaire

Abajya mu butumwa bw’amahoro bakwiye gushyira imbere ubumuntu – Lt Gen Dallaire

Editorial 11 Oct 2017
Igisobanuro cy’Ifoto yabonywe n’Abanyamakuru  Perezida Kagame   agenda ku igare i Rubavu

Igisobanuro cy’Ifoto yabonywe n’Abanyamakuru Perezida Kagame agenda ku igare i Rubavu

Editorial 12 Sep 2017
M.I Entertainment yatandukanye n’itsinda rya Vestine na Dorcas bazwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana

M.I Entertainment yatandukanye n’itsinda rya Vestine na Dorcas bazwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana

Editorial 07 Jul 2021
Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Editorial 26 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatuye muri Huye bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abatuye muri Huye bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge

Editorial 23 Feb 2016
Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.
Amakuru

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Editorial 05 May 2021
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru Abarundi 12 bafashwe bagiye gucuruzwa muri Aziya
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru Abarundi 12 bafashwe bagiye gucuruzwa muri Aziya

Editorial 23 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru