• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bujumbura iragerageza uko yahenda ubwenge EU ngo iyirye Amadovize

Bujumbura iragerageza uko yahenda ubwenge EU ngo iyirye Amadovize

Ubwanditsi 17 Mar 2016 Mu Rwanda

Nyuma yuko umuryango w’ibihugu by’u Bulayi (EU) uhagarikiye inkunga wageneraga leta y’u Burundi, ubutegetsi muri icyo gihugu buragerageza kureba uko bwakoresha iyo nkunga mu bundi buryo.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru EU yatangaje yuko ihagaritse inkunga yatangaga mu ngengo y’imari ( Budget –Bije) ya leta y’u Burundi nko guhana ubutegetsi buriho muri icyo gihugu kubera ibibazo uwo muryango ibona yuko yakururiye abaturage.

Kuva muri Mata umwaka ushize mu Burundi hakomeje kuvugwa ubwicanyi, ifungwa ry’abantu n’ihunga ryabo kandi EU igahamya yuko ibyo byose byatewe n’ubutegetsi muri icyo gihugu kwica amasezerano y’amahoro ya Arusha kimwe n’itegeko nshinga.

Inkunga EU yateraga leta y’u Burundi muri buje yayo yanganaga na 20 %. EU, igizwe n’ibihugu by’u Bulayi 28 yari yarateganyirije leta y’u Burundi imfashanyo inga na miliyoni 430 z’amayero, bihwanye n’amadolari miliyoni 480. Iyo nkunga yari gukoreshwa mu myaka itanu uhereye muri 2015 kugeza muri 2020.

Nk’uko ariko ushinzwe ububanyi n’amahanga muri EU, Federica Mogherini, yabitangaje inkunga zahagaritswe ni izinyura muri leta n’aho izigera ku baturage ubutegetsi butazikojejeho intoki zizakomeza.

Izo nkunga zizajya zinyuzwa mu miryango itegamiye kuri leta naho izigenewe impunzi zinyuzwe muri UNHCR.

Iyo nkunga EU yahagaritse ni inkuru mbi cyane kuri leta y’u Burundi kuko ubu ifite ibibazo bikomeye cyane by’amafaranga. Ubutegetsi bwa Nkurunziza kugerageza kureba yuko nibura butaviramo aho bwategetse yuko ayo mafaranga EU ibwambuye ikayatwara mu baturage atanyuze mu maboko ya leta, agomba kuzajya anyura muri Banki nkuru y’igihugu.

Ibi hari ibintu bibiri bishobora kuba bisobanuye. Icya mbere n’uko ayo mafaranga anyuze muri Banki nkuru y’igihugu leta ishobora kwanga yuko asohoka mu gihe izaba ibona yuko agenewe imiryango cyangwa amashyirahamwe ayirwanya.

Icya kabiri kandi gishobora kuba icyingenzi kurushaho n’uko ayo mafaranga nubwo yaba atagenewe leta y’u Burundi ariko yaza mu mafaranga y’amahanga ( mu madovize) naho abo agenewe bakayakura muri banki nkuru y’igihugu mu marundi. Icyo gihe leta yaba niyiboneye amadovize ikeneye cyane. Ibi EU igomba kuba ibibona ku buryo Bujumbura itayihenda ubwenge.

-2503.jpg

Bujumbura rero niyanga kuva ku izima ngo mpaka izo nk’unga zinyure muri Banki nkuru y’igihugu, ntabwo bigaragara yuko EU yabyemera kuko na none yaba iteye inkunga leta kandi ishaka kuyihana. Icyo EU yakora ni uguhagarika burundu inkunga yajyaga mu Burundi, abaturage bakahahombera na none kubera ubutegetsi bwa Nkurunziza. Ibyo bibaye ubutegetsi bwaba bwiyongerera abanzi kurushaho.

Kayumba Casmiry

2016-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye

Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye

Ubwanditsi 04 Apr 2021
Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 29 Dec 2021
Sagashya wari Gitifu w’Umujyi wa Kigali yirukanwe

Sagashya wari Gitifu w’Umujyi wa Kigali yirukanwe

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Musanze: Uwishe mugenzi we amukubise ibuye mu mutwe yakaniwe urumukwiye

Musanze: Uwishe mugenzi we amukubise ibuye mu mutwe yakaniwe urumukwiye

Ubwanditsi 07 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho
INKURU NYAMUKURU

Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Ubwanditsi 26 Dec 2019
Burundi: FDLR -Imbonerakure, imyitozo yo guhungabanya u Rwanda irarimbanije mu Intara ya Kirundo no mu ishyamba rya Murehe
INKURU NYAMUKURU

Burundi: FDLR -Imbonerakure, imyitozo yo guhungabanya u Rwanda irarimbanije mu Intara ya Kirundo no mu ishyamba rya Murehe

Ubwanditsi 23 May 2019
Uganda: Imvururu zishingiye ku butaka zaguyemo umwe, inzu 100 ziratwikwa
Mu Mahanga

Uganda: Imvururu zishingiye ku butaka zaguyemo umwe, inzu 100 ziratwikwa

Ubwanditsi 19 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru