• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: FDLR -Imbonerakure, imyitozo yo guhungabanya u Rwanda irarimbanije mu Intara ya Kirundo no mu ishyamba rya Murehe

Burundi: FDLR -Imbonerakure, imyitozo yo guhungabanya u Rwanda irarimbanije mu Intara ya Kirundo no mu ishyamba rya Murehe

Ubwanditsi 23 May 2019 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Amakuru ikinyamakuru Rushyashya gikesha ikinyamakuru ‘‘BurundiDaily’’.net, gikorera mu Burundi, cyanditse ko igisirikari gikorera mu kwaha kw’Ishyaka riri ku butegetsi I Bujumbura barimo Imbonerakure, bifatikanyije n’umutwe w’iterabwoba wasize ukoze Jenoside mu Rwanda ari wo FDLR.

Intego yo kwifatikanya ku iyo mitwe yombi, igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, aho bagaba ibitero ku abasivile banyuze mu Amajyepfo y’u Rwanda ndetse n’Amajyaruguru y’u Burundi,  izo ngo n’izo ngamba bafite zo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Nkuko icyo kinyamakuru cyakomeje kubivuga, ‘‘ubujura, ubwicanyi ni yo ntego y’iyo mitwe yombi yishyize hamwe ku mipaka uko ari ibiri, aho bashimuta amatungo, gusahura mu ingo z’abaturage, inzirakarengane zikahasiga ubuzima, ibyo bikorwa abayobozi bo mu Burundi barebera bakaruca bakarumira.

Umuryango w’Abibumbye (ONU) ntabwo utakomeje kugaragaza ko igisirikari cy’u Burundi cyahindutse uhereye mu mwaka wa 2015,  kuba igikoresho cya Perezida Petero Nkurunziza kugira ngo akomeze ubutegetsi bwe, birenze manda yari agenewe incuro ebyiri,  kuko byari biteganyijwe mu masezerano y’I Arusha.

Ingaruka zabaye ni uko icumu ryahise ritangira muri icyo gihugu, aho ibihumbi bahasize ubuzima naho ibihumbi 430. 000 bahungira mu bihugu byo hanze, ni mu gihe icyo gihugu cyari gifite miliyoni 11  by’abaturage.

Umutwe w’iterabwoba FDLR wo ubwawo, wamaze kumena amaraso y’inzirakarengane mu Burasirazuba bwa Kongo ku bwinshi, kuko ari ho biganje, banashinga ibirindiro, hakaba hashize imyaka 25, aho bamwe mu bahoze mu ingabo zatsinzwe hamwe n’Interahamwe, basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, muri abo miliyoni 1 irenga yarishwe y’Abatutsi muri miliyoni 8 y’abaturage yariho icyo gihe.

Izo ngabo zatsinzwe hamwe n’Interahamwe zakomereje imyitozo ya gisirikari mu Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Mu mpera za 2018, igisirikari cy’u Burundi bafatikanyije n’Imbonerakure boherejwe kwitoreza mu Burasirazuba bwa Kongo hafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, abo ni bo bagiye bagaba ibitero ku batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’i Bujumbura ku mpunzi zo muri Kivu.

Hafi Imbonerakure 200 bashobora kuba baragarutse mu igihugu cy’u Burundi mu intangiro za 2019, abo kandi bashobora kuba barazanye na mirongo itatu irenga z’umutwe wa FDLR.

Nkuko icyo kinyamakuru ‘‘BurundiDaily.net’’, cyakomeje kubivuga, ngo boherejwe mu Burundi ku mipaka ihana imbibi n’u Rwanda, aho ni nko mu Intara ya Kirundo no mu ishyamba rya Murehe.  Aho ni ho batangiye kugaba ibitero imbere mu Rwanda, bagamije gutwara inka n’ihene no kwibasira ingo z’abaturage.

Ntabwo ari abategetsi b’Abarundi barebereye gusa, ahubwo na Polisi y’u Burundi yabigizemo uruhare mu kubafasha, icyo kinyamakuru kigaragaza ko abasirikare 8 bafashwe ku wa 05 Gicurasi muri Busoni I Kirundo.

Nkuko nanone tubikesha ikinyamakuru Igihe, izindi Imbonerakure zari ziturutse muri Kongo, zagize uruhare mu bitero byo mu ishyamba rya Nyungwe mu Rwanda, bafatanyije na FDLR, ayo mahano akaba agomba gukurikiranwa n’Urukiko mpanabyaha mpuzamahanga CPI.

Mu  2017, Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa (AFP), berekana inkomoko y’ubutwererane, bagaragaje umubare w’ibihumbi 20. 000 w’Imbonerakure, aho bafashije igisirikari cyegamiye ishyaka riri ku butegetsi ari ryo CNDD-FDD, abo barwanyi bakaba baragize uruhare mu intambara za gisivile uhereye mu 1993 kugeza 2005, aho abantu ibihumbi 300. 000 bapfuye.

Intero y’urubyiruko rwibumbiye mu Ishyaka rya CNDD-FDD bagera kuri miliyoni 4 by’abanyamuryango, bagiraga bati ‘‘kugira ngo urobe ifi nyinshi…’’, nta kindi bakoresheje atari kwinjiza icumu mu abaturage.

Imbonerakure, barangaje imiryango mpuzamahanga, aho mu 2017, mu karasisi kahuje abasirikari n’Imbonerakure, bikirizanya mu indirimbo ibahamagarira ‘‘guhumbahumba abatuvuga rumwe n’ubutegetsi, kugira ngo bongere babyare izindi mbonerakure’’.

Ihuriro mpuzamahanga riharanira uburenganzira bwa Muntu (FIDH) , biboneye ikindi kimenyetso ko gusahura kwakoreshejwe mu Burundi nk’intwaro y’intambara, icyo n’icyaha mpanabyaha mpuzamahanga, gikurikiranwa n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (CPI).

2019-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi

Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi

Ubwanditsi 05 May 2025
Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.

Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Kabuga yoherezwa i Arusha muri Tanzania

Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Kabuga yoherezwa i Arusha muri Tanzania

Ubwanditsi 30 Sep 2020
APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

Ubwanditsi 13 Dec 2023

Igitekerezo kimwe

  1. kabisah
    May 23, 20192:40 pm -

    Ariko ko Umugore wa Sendashonga yatangaje ko koko Sendashonga yabonanye n’abajenerari i Nairobi muri Kenya( video on youtube), buriya sibo batanze itegeko yo kumwica cg sibo bamwishe? None se ko yemeye ibyo HE Kagame yavuze (ahereye kuri kiriya gitabo)! Bigaragaza ko HE ari umunyakuri kandi ko akurikira rwose. Uriya mugore yishyiriyemo confusion mu rubanza avuga ngo azakurikirana. Yabonanye n’abajenerali ashaka iki ko yari umusivilian? Ese byatangiye ryari? Ahubwo anavuga ko yatangiye kurwanya leta akiyirimo!(muri iyo video) Uriya mugore njye ndabona yivamo bikabije!. uretse ko byerekana ukuri ku abashatse kwigomeka no kuzana amacakubiri mu banyarwanda kugirango basahurire mu nduru! Nibyo HE arwanya bitarakomeretsa abaturagihugu abereye umuyobozi. MbEGA INKURU ITANGAJE!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abagore n’abakobwa bari Bafungiwe icyaha cyo gukuramo inda Perezida Kagame yabahaye Imbabazi
Mu Mahanga

Abagore n’abakobwa bari Bafungiwe icyaha cyo gukuramo inda Perezida Kagame yabahaye Imbabazi

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike
Amakuru

Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

RUSHYASHYA 18 Feb 2026
Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope
Mu Rwanda

Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope

Ubwanditsi 03 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru