• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: FDLR -Imbonerakure, imyitozo yo guhungabanya u Rwanda irarimbanije mu Intara ya Kirundo no mu ishyamba rya Murehe

Burundi: FDLR -Imbonerakure, imyitozo yo guhungabanya u Rwanda irarimbanije mu Intara ya Kirundo no mu ishyamba rya Murehe

Ubwanditsi 23 May 2019 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Amakuru ikinyamakuru Rushyashya gikesha ikinyamakuru ‘‘BurundiDaily’’.net, gikorera mu Burundi, cyanditse ko igisirikari gikorera mu kwaha kw’Ishyaka riri ku butegetsi I Bujumbura barimo Imbonerakure, bifatikanyije n’umutwe w’iterabwoba wasize ukoze Jenoside mu Rwanda ari wo FDLR.

Intego yo kwifatikanya ku iyo mitwe yombi, igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, aho bagaba ibitero ku abasivile banyuze mu Amajyepfo y’u Rwanda ndetse n’Amajyaruguru y’u Burundi,  izo ngo n’izo ngamba bafite zo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Nkuko icyo kinyamakuru cyakomeje kubivuga, ‘‘ubujura, ubwicanyi ni yo ntego y’iyo mitwe yombi yishyize hamwe ku mipaka uko ari ibiri, aho bashimuta amatungo, gusahura mu ingo z’abaturage, inzirakarengane zikahasiga ubuzima, ibyo bikorwa abayobozi bo mu Burundi barebera bakaruca bakarumira.

Umuryango w’Abibumbye (ONU) ntabwo utakomeje kugaragaza ko igisirikari cy’u Burundi cyahindutse uhereye mu mwaka wa 2015,  kuba igikoresho cya Perezida Petero Nkurunziza kugira ngo akomeze ubutegetsi bwe, birenze manda yari agenewe incuro ebyiri,  kuko byari biteganyijwe mu masezerano y’I Arusha.

Ingaruka zabaye ni uko icumu ryahise ritangira muri icyo gihugu, aho ibihumbi bahasize ubuzima naho ibihumbi 430. 000 bahungira mu bihugu byo hanze, ni mu gihe icyo gihugu cyari gifite miliyoni 11  by’abaturage.

Umutwe w’iterabwoba FDLR wo ubwawo, wamaze kumena amaraso y’inzirakarengane mu Burasirazuba bwa Kongo ku bwinshi, kuko ari ho biganje, banashinga ibirindiro, hakaba hashize imyaka 25, aho bamwe mu bahoze mu ingabo zatsinzwe hamwe n’Interahamwe, basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, muri abo miliyoni 1 irenga yarishwe y’Abatutsi muri miliyoni 8 y’abaturage yariho icyo gihe.

Izo ngabo zatsinzwe hamwe n’Interahamwe zakomereje imyitozo ya gisirikari mu Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Mu mpera za 2018, igisirikari cy’u Burundi bafatikanyije n’Imbonerakure boherejwe kwitoreza mu Burasirazuba bwa Kongo hafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, abo ni bo bagiye bagaba ibitero ku batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’i Bujumbura ku mpunzi zo muri Kivu.

Hafi Imbonerakure 200 bashobora kuba baragarutse mu igihugu cy’u Burundi mu intangiro za 2019, abo kandi bashobora kuba barazanye na mirongo itatu irenga z’umutwe wa FDLR.

Nkuko icyo kinyamakuru ‘‘BurundiDaily.net’’, cyakomeje kubivuga, ngo boherejwe mu Burundi ku mipaka ihana imbibi n’u Rwanda, aho ni nko mu Intara ya Kirundo no mu ishyamba rya Murehe.  Aho ni ho batangiye kugaba ibitero imbere mu Rwanda, bagamije gutwara inka n’ihene no kwibasira ingo z’abaturage.

Ntabwo ari abategetsi b’Abarundi barebereye gusa, ahubwo na Polisi y’u Burundi yabigizemo uruhare mu kubafasha, icyo kinyamakuru kigaragaza ko abasirikare 8 bafashwe ku wa 05 Gicurasi muri Busoni I Kirundo.

Nkuko nanone tubikesha ikinyamakuru Igihe, izindi Imbonerakure zari ziturutse muri Kongo, zagize uruhare mu bitero byo mu ishyamba rya Nyungwe mu Rwanda, bafatanyije na FDLR, ayo mahano akaba agomba gukurikiranwa n’Urukiko mpanabyaha mpuzamahanga CPI.

Mu  2017, Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa (AFP), berekana inkomoko y’ubutwererane, bagaragaje umubare w’ibihumbi 20. 000 w’Imbonerakure, aho bafashije igisirikari cyegamiye ishyaka riri ku butegetsi ari ryo CNDD-FDD, abo barwanyi bakaba baragize uruhare mu intambara za gisivile uhereye mu 1993 kugeza 2005, aho abantu ibihumbi 300. 000 bapfuye.

Intero y’urubyiruko rwibumbiye mu Ishyaka rya CNDD-FDD bagera kuri miliyoni 4 by’abanyamuryango, bagiraga bati ‘‘kugira ngo urobe ifi nyinshi…’’, nta kindi bakoresheje atari kwinjiza icumu mu abaturage.

Imbonerakure, barangaje imiryango mpuzamahanga, aho mu 2017, mu karasisi kahuje abasirikari n’Imbonerakure, bikirizanya mu indirimbo ibahamagarira ‘‘guhumbahumba abatuvuga rumwe n’ubutegetsi, kugira ngo bongere babyare izindi mbonerakure’’.

Ihuriro mpuzamahanga riharanira uburenganzira bwa Muntu (FIDH) , biboneye ikindi kimenyetso ko gusahura kwakoreshejwe mu Burundi nk’intwaro y’intambara, icyo n’icyaha mpanabyaha mpuzamahanga, gikurikiranwa n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (CPI).

2019-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

Ubwanditsi 12 Sep 2019
Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Oct 2022
Uko Abayobozi Ba FDLR Batwawe Ijoro Ryose Bajyanwa I Kampala N’ubutumwa Museveni Yabahaye

Uko Abayobozi Ba FDLR Batwawe Ijoro Ryose Bajyanwa I Kampala N’ubutumwa Museveni Yabahaye

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Malawi igiye kujuririra icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda Murekezi ukekwaho Jenoside

Malawi igiye kujuririra icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda Murekezi ukekwaho Jenoside

Ubwanditsi 10 Jan 2018

Igitekerezo kimwe

  1. kabisah
    May 23, 20192:40 pm -

    Ariko ko Umugore wa Sendashonga yatangaje ko koko Sendashonga yabonanye n’abajenerari i Nairobi muri Kenya( video on youtube), buriya sibo batanze itegeko yo kumwica cg sibo bamwishe? None se ko yemeye ibyo HE Kagame yavuze (ahereye kuri kiriya gitabo)! Bigaragaza ko HE ari umunyakuri kandi ko akurikira rwose. Uriya mugore yishyiriyemo confusion mu rubanza avuga ngo azakurikirana. Yabonanye n’abajenerali ashaka iki ko yari umusivilian? Ese byatangiye ryari? Ahubwo anavuga ko yatangiye kurwanya leta akiyirimo!(muri iyo video) Uriya mugore njye ndabona yivamo bikabije!. uretse ko byerekana ukuri ku abashatse kwigomeka no kuzana amacakubiri mu banyarwanda kugirango basahurire mu nduru! Nibyo HE arwanya bitarakomeretsa abaturagihugu abereye umuyobozi. MbEGA INKURU ITANGAJE!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.
INKURU NYAMUKURU

Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Ubwanditsi 09 May 2019
Kwinjira ku mukino wa Kiyovu SC na Rayon Sports ni ibihumbi 50 Frw mu myanya y’icyubahiro n’amafaranga ibihumbi bitanu ahasanzwe
Amakuru

Kwinjira ku mukino wa Kiyovu SC na Rayon Sports ni ibihumbi 50 Frw mu myanya y’icyubahiro n’amafaranga ibihumbi bitanu ahasanzwe

Ubwanditsi 09 Nov 2022
Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa
Amakuru

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Ubwanditsi 26 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru