• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

Ubwanditsi 12 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ubwicanyi bukomeje gukaza umurego mu gihugu cya Uganda. Mu mpera z’ukwezi kwa Kanama, umudamu witwa Nagirinya n’umushoferi we Ronald Kitayimbwa barashimuswe nyuma baricwa. Tariki ya 6 Nzeli 2019, abantu babiri aribo Merina Tumukunde na Joshua Ntireho Ruhegyera biciwe ku muhanda munini uva Entebbe werekeza mu mugi wa Kampala

Abantu benshi bagarutse kuri ubu bwicanyi bumaze igihe muri Uganda bemeza ko butashoboka inzego z’umutekano zitabirimo urebye abantu bicwa uko baba bakomeye ndetse n’uburyo bikorwamo, bigaragara ko bikorwa nababa barabikoreye imyitozo.

Mbere yuko yicwa , Tumukunde n’umugabo we bari bitabiriye umuhango wo gushyingura uwahoze ari umukuru w’urukiko rw’ikirenga, Alfred Karokora yavuzeko yabwiwe ko ariwe uzicwa atungurwa no kubona umugore we ariwe bishe.

Umushakashatsi muri Kaminuza ya Makarere Yusuf Serunkuma Kajura, yabwiye Television yo muri Uganda NTV ati “Urebye uburyo ubwicanyi bukorwa, bigaragara ko inzego z’umutekano zananiwe inshingano cyangwa se akaba aribo babiri inyuma. Afande Kirumira mbere yuko yicwa yarabivugaga ati mu minsi mike nzicwa, Major Kigundu nawe ni uko, urebye amasasu yarashwe Afande Kawesi n’uburyo byakozwemo, ubona atari ibyakorwa n’abantu basanzwe, ni abantu bari hafi n’ubutegetsi kandi tubana nabo. Bazi neza uko umutekano wa Perezida Museveni uteye, bashobora kumviriza telephone, uhamagara Perezida utabaza nyuma ukazamahagarwa ntuzongere guhamagara Perezida ukundi, uwabikora ntabwo ari kure ya Perezida ari iruhande rwe. Abashimuta bakanica abantu ni abari mu imbere y’ubutegetsi”

Kubijyanye n’ubwicanyi bubera muri Uganda, Perezida Museveni yabwiye inteko ishinga amategeko tariki ya 18 Ukwakira 2018 ko igisubizo cyabonetse kuko bagiye gushyira cameras ahantu hose ku buryo ntawe uzaba acyitegembya ngo akore icyaha yigendere. Ibi byatwaye akayabo k’amafaranga kangana na miliyari 380 z’amashiringi ariko ntibyabuza ubwicanyi gukomeza. Hashize umunsi umwe Museveni asabye ko abashinzwe izo Cameras bakwirukanwa.

Museveni asuzuma camera zikoreshwa mu mihanda ya Kampala ahavugwa ubwicanyi ndenga kamere

Ikibazo si abashinzwe Cameras kuko niba abaregwa ubwicanyi ari abantu bamuri iruhande ntakabuza nta kizabihagarika. Igihe cyari kigeze ngo ubwicanyi muri Uganda buhagarare, ndetse na Uganda ihagarike gushyigikira imitwe y’iterabwoba iba ishaka gukora ibikorwa by’iterabwoma mu Rwanda cyane cyane RNC na FDLR.

2019-09-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen Kale Kayihura Yakuwe Aho Yari Afungiwe Mu Kigo Cya Gisirikare Asubira Iwe I Muyenga

Gen Kale Kayihura Yakuwe Aho Yari Afungiwe Mu Kigo Cya Gisirikare Asubira Iwe I Muyenga

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Mukuru wa Gérard Niyomugabo wo murubanza rwa Kizito nawe yafashe iy’ishyamba

Mukuru wa Gérard Niyomugabo wo murubanza rwa Kizito nawe yafashe iy’ishyamba

Ubwanditsi 16 May 2018
Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Ubwanditsi 17 Nov 2024
#RPF30: Abarenga igihumbi bitabiriye  inama Mpuzamahanga ku kwibohora

#RPF30: Abarenga igihumbi bitabiriye inama Mpuzamahanga ku kwibohora

Ubwanditsi 12 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IMYANZURO Y’UMWIHERERO WA 13 W’ABAYOBOZI
Mu Mahanga

IMYANZURO Y’UMWIHERERO WA 13 W’ABAYOBOZI

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano
Mu Mahanga

Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano

Ubwanditsi 10 Nov 2016
Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda
Mu Rwanda

Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 23 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru