• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

Ubwanditsi 12 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ubwicanyi bukomeje gukaza umurego mu gihugu cya Uganda. Mu mpera z’ukwezi kwa Kanama, umudamu witwa Nagirinya n’umushoferi we Ronald Kitayimbwa barashimuswe nyuma baricwa. Tariki ya 6 Nzeli 2019, abantu babiri aribo Merina Tumukunde na Joshua Ntireho Ruhegyera biciwe ku muhanda munini uva Entebbe werekeza mu mugi wa Kampala

Abantu benshi bagarutse kuri ubu bwicanyi bumaze igihe muri Uganda bemeza ko butashoboka inzego z’umutekano zitabirimo urebye abantu bicwa uko baba bakomeye ndetse n’uburyo bikorwamo, bigaragara ko bikorwa nababa barabikoreye imyitozo.

Mbere yuko yicwa , Tumukunde n’umugabo we bari bitabiriye umuhango wo gushyingura uwahoze ari umukuru w’urukiko rw’ikirenga, Alfred Karokora yavuzeko yabwiwe ko ariwe uzicwa atungurwa no kubona umugore we ariwe bishe.

Umushakashatsi muri Kaminuza ya Makarere Yusuf Serunkuma Kajura, yabwiye Television yo muri Uganda NTV ati “Urebye uburyo ubwicanyi bukorwa, bigaragara ko inzego z’umutekano zananiwe inshingano cyangwa se akaba aribo babiri inyuma. Afande Kirumira mbere yuko yicwa yarabivugaga ati mu minsi mike nzicwa, Major Kigundu nawe ni uko, urebye amasasu yarashwe Afande Kawesi n’uburyo byakozwemo, ubona atari ibyakorwa n’abantu basanzwe, ni abantu bari hafi n’ubutegetsi kandi tubana nabo. Bazi neza uko umutekano wa Perezida Museveni uteye, bashobora kumviriza telephone, uhamagara Perezida utabaza nyuma ukazamahagarwa ntuzongere guhamagara Perezida ukundi, uwabikora ntabwo ari kure ya Perezida ari iruhande rwe. Abashimuta bakanica abantu ni abari mu imbere y’ubutegetsi”

Kubijyanye n’ubwicanyi bubera muri Uganda, Perezida Museveni yabwiye inteko ishinga amategeko tariki ya 18 Ukwakira 2018 ko igisubizo cyabonetse kuko bagiye gushyira cameras ahantu hose ku buryo ntawe uzaba acyitegembya ngo akore icyaha yigendere. Ibi byatwaye akayabo k’amafaranga kangana na miliyari 380 z’amashiringi ariko ntibyabuza ubwicanyi gukomeza. Hashize umunsi umwe Museveni asabye ko abashinzwe izo Cameras bakwirukanwa.

Museveni asuzuma camera zikoreshwa mu mihanda ya Kampala ahavugwa ubwicanyi ndenga kamere

Ikibazo si abashinzwe Cameras kuko niba abaregwa ubwicanyi ari abantu bamuri iruhande ntakabuza nta kizabihagarika. Igihe cyari kigeze ngo ubwicanyi muri Uganda buhagarare, ndetse na Uganda ihagarike gushyigikira imitwe y’iterabwoba iba ishaka gukora ibikorwa by’iterabwoma mu Rwanda cyane cyane RNC na FDLR.

2019-09-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inyandiko ya Bobi Wine isobanura uko yakorewe iyicarubozo kugeza no kubabazwa ubugabo

Inyandiko ya Bobi Wine isobanura uko yakorewe iyicarubozo kugeza no kubabazwa ubugabo

Ubwanditsi 04 Sep 2018
Nkurunziza akomeje guhamagarira abayobozi muri leta ye kwikoma u Rwanda

Nkurunziza akomeje guhamagarira abayobozi muri leta ye kwikoma u Rwanda

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Uganda : Umuryango wa Nteireho wicanwe n’uwiswe Umunyarwandakazi wigaragambije, banga kumushyingura

Uganda : Umuryango wa Nteireho wicanwe n’uwiswe Umunyarwandakazi wigaragambije, banga kumushyingura

Ubwanditsi 07 Sep 2019
Abatatiye amahame ya FPR bishyize mu kangaratete – Kagame

Abatatiye amahame ya FPR bishyize mu kangaratete – Kagame

Ubwanditsi 14 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018
UBUKUNGU

Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Ubwanditsi 31 Dec 2018
Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Abakobwa 20 bari mu mwiherero i Nyamata babuze uko bahura n’abakunzi babo kuri St valentin
SHOWBIZ

Abakobwa 20 bari mu mwiherero i Nyamata babuze uko bahura n’abakunzi babo kuri St valentin

Ubwanditsi 15 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru